Hunter Biden yavuze ko kanseri ya Joe Biden yakwirakwiriye mu magufa ikomeje kumutera ububabareHunter Biden, umuhungu wa Joe Biden wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko kanseri ya prostate yibasiriye se yakwirakwiriye mu magufa no mu bindi bice by’umubiri, ibintu bikomeje kumutera ububabare bukomeye.
Mu kiganiro yagiranye na BBC, Hunter Biden yavuze ko ubuzima bwa se buri kumugora cyane ndetse ko kubona ameze atyo bibabaza umuryango wose.
Yagize ati: “Kanseri yakwirakwiriye mu magufa no mu bindi bice by’umubiri. Irababaza cyane kandi imuca intege mu buryo bwinshi.”
Joe Biden w’imyaka 83 y’amavuko yatangaje ko arwaye kanseri muri Gicurasi 2025, nyuma y’amezi make avuye ku mwanya wa Perezida wa Amerika. Kuva icyo gihe, yakomeje gukurikiranwa n’abaganga ndetse n’umuryango we.
Hunter Biden yavuze ko yifuza ko se yajyaga agaragaza neza uko amerewe aho kugerageza kwihangana no guhisha ububabare bwe.Yagize ati: “Birababaje cyane kubibona.
Icyo navuga ku buzima bwa data ni uko nifuza ko yajyaga agaragaza uko amerewe, kuko si byiza.”Nubwo ubuzima bwe butameze neza, Joe Biden akomeje kugira uruhare mu biganiro byerekeye ibibazo bitandukanye bireba igihugu cye.
Nk’uko umuhungu we yabivuze, Biden aracyafite ukwizera gukomeye ku hazaza ha Amerika kandi akomeje kuvugira mu ruhame ibyo yemera.
Muri icyo kiganiro, Hunter Biden yanavuze ku mbabazi za Perezida yahawe na se mbere yo kuva ku butegetsi, agaragaza ko yabashimiye cyane nubwo icyo cyemezo cyanenzwe n’abatari bake.
Joe Biden kandi ateganya gusohora igitabo cy’amateka y’ubuzima bwe cyiswe “Promise Me, America” nyuma y’amatora y’abadepite ateganyijwe muri Amerika.
Aya makuru aje mu gihe benshi bakomeje gukurikirana ubuzima bwa Joe Biden, umwe mu banyapolitiki bafite amateka akomeye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.










