Perezida Kagame yasabye ko Ikinyarwanda kirushaho kwigishwa mu nzego z’umutekano

Perezida Paul Kagame yasabye ko Ikinyarwanda kirushaho guhabwa umwanya mu mahugurwa ahabwa abasirikare n’abapolisi, agaragaza ko gukoresha neza ururimi rw’Igihugu ari imwe mu nkingi zo kubungabunga umuco n’indangagaciro z’Abanyarwanda. Yabitangaje kuri uyu wa 28 Nyakanga 2026 ubwo yaganiraga n’Intore 769 zigize icyiciro cya 16 cy’Indangamirwa, ziri gutozwa mu Kigo cy’Imyitozo cya Gabiro giherereye mu Karere…

Soma inkuru yose

RDF Yashimiye Abasirikare Basezerewe ku Murimo, Ishima Uruhare Bagize Mu Kurinda Igihugu

Ingabo z’u Rwanda (RDF) zashimiye ba Ofisiye baherutse kujya mu kiruhuko cy’izabukuru n’abarangije amasezerano y’akazi, zibashimira uruhare bagize mu kubaka no guteza imbere igisirikare cy’u Rwanda no kurinda ubusugire bw’igihugu. Uyu muhango wabereye ku Cyicaro Gikuru cya RDF ku Kimihurura, uyobowe na Minisitiri w’Ingabo, Juvénal Marizamunda, witabiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo, General Mubarakh Muganga, n’abandi bayobozi…

Soma inkuru yose

Nyamagabe: Inzego z’Ubuyobozi n’Umutekano Zasabye Abaturage Gufatanya Mu Kurwanya Ibyaha

Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo bufatanyije n’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego, bwakanguriye abaturage bo mu Karere ka Nyamagabe kurushaho kugira uruhare mu gukumira ibyaha, kubungabunga ibidukikije no gukomeza gufatanya n’inzego z’umutekano mu rwego rwo kubungabunga amahoro n’iterambere. Ubu bukangurambaga bwari buyobowe na Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi, wari kumwe n’abayobozi b’Ingabo na Polisi,…

Soma inkuru yose

Mu Ntara y’Amajyepfo Hatashywe Ibikorwa by’Iterambere Byakozwe n’Ingabo na Polisi Mu Kwizihiza Kwibohora32

Mu rwego rwo gusoza ibikorwa by’Ingabo z’u Rwanda (RDF) na Polisi y’u Rwanda byo gufasha abaturage no kwizihiza ku nshuro ya 32 Umunsi wo Kwibohora, mu Ntara y’Amajyepfo hafunguwe ku mugaragaro ibikorwa bitandukanye by’iterambere byubatswe mu bufatanye n’abaturage. Ibi bikorwa byabereye mu turere dutandukanye tw’Intara y’Amajyepfo, aho abayobozi bakuru mu nzego za Leta, iz’umutekano n’abaturage…

Soma inkuru yose

Kirehe: RDF yasoje amahugurwa y’amezi 4 yo kongerera ubushobozi abasirikare bo muri Brigade ya 8

Ingabo z’u Rwanda (RDF) zasoje amahugurwa y’amezi ane yari agamije kongerera ubushobozi abasirikare bo muri Brigade y’Ingabo zirwanira ku butaka Icyiciro cya 8, mu rwego rwo kurushaho kubategura guhangana n’inshingano z’umutekano z’iki gihe. Aya mahugurwa yabereye mu Kigo cy’Amahugurwa cya Gisirikare cya Nasho giherereye mu Karere ka Kirehe, asoza ku wa 23 Kamena 2026 mu…

Soma inkuru yose