Nk’uko iAfrica yabitangaje, Afurika y’Epfo ntiri ku ikarita ya Banki y’Isi (World Bank) igaragaza ibihugu bifite ingamba z’igihugu zigenga ikoreshwa ry’Ubwenge Buhangano (Artificial Intelligence – AI), nyuma y’uko muri Mata 2026 Guverinoma ikuyeho umushinga wayo wa politiki yari yarateguye kubera amakosa akomeye yari yawugaragayemo.
Ibi byatangajwe muri raporo ya World Development Report 2026: The Promise of Artificial Intelligence, yashyizwe ahagaragara na Banki y’Isi. Muri iyo raporo, hasobanurwa ko Afurika y’Epfo itabarwa mu bihugu bifite ingamba za AI kuko umushinga wa politiki wari watangajwe waje gukurwaho muri Mata 2026.
Raporo igaragaza ko kugeza muri Kamena 2026, ibihugu birenga 80 byari bimaze gutangaza ingamba zabyo za AI, ariko kandi bikavugwa ko mu bihugu 25 bikennye kurusha ibindi ku isi, u Rwanda ari rwo rwonyine rwari rufite ingamba z’igihugu za AI zatangajwe ku mugaragaro.
Ibi bivuze ko u Rwanda rugaragara kuri uru rutonde, ibyananiye Afurika y’Epfo, n’ubwo ifite ubukungu n’urwego rw’ikoranabuhanga bikomeye muri Afurika, itarugaragaraho.
Impamvu Afurika y’Epfo yakuwe kuri uru rutonde

Ku wa 26 Mata 2026, Minisitiri w’Itumanaho n’Ikoranabuhanga, Solly Malatsi, yafashe icyemezo cyo gukuraho umushinga wa politiki ya AI nyuma y’igenzura ryagaragaje ko inyandiko yifashishaga amasoko menshi atabaho.
Iyo nyandiko y’impapuro 86 yari yaratangajwe ku wa 10 Mata 2026, yari irimo inyandiko zifashishijwe (references) zigera kuri 67. Icyakora, byaje kugaragara ko zimwe mu nyandiko za siyansi zavugwagamo zitigeze zibaho, bikekwa ko zaba zarahimbwe n’ubwenge buhangano (AI) maze ntizigenzurwe mbere yo gushyirwa muri politiki y’igihugu.
Minisitiri Malatsi yavuze ko ayo makosa yangije icyizere n’ubuziranenge bw’iyo politiki, bituma ashyiraho itsinda ry’impuguke ryari riyobowe na Prof. Benjamin Rosman wo muri Wits University, kugira ngo ritegure indi nyandiko nshya.
Politiki nshya iracyategerejwe
Nk’uko Minisiteri y’Itumanaho n’Ikoranabuhanga yabimenyesheje Inteko Ishinga Amategeko, raporo y’itsinda ry’impuguke itegerejwe muri Kanama 2026.
Nyuma yayo, umushinga mushya uzashyikirizwa Guverinoma muri Ugushyingo 2026, hanyuma uzashyirwe mu bitekerezo by’abaturage muri Mutarama 2027.
Ibi bivuze ko Afurika y’Epfo ishobora kutagira politiki yemewe ya AI mbere ya 2027, mu gihe gahunda yo kuyitegura yatangiye kuva muri Mata 2024.
Banki y’Isi yagaragaje n’ibindi bibazo bikibangamiye AI muri Afurika y’Epfo
Raporo ya World Bank yanagarutse ku kibazo cy’amashanyarazi muri Afurika y’Epfo, ivuga ko ibibazo by’ihagarara ry’amashanyarazi (load shedding) byagiye bituma igihugu kidakurura ishoramari rinini mu bigo bikoresha AI n’ibigo bibika amakuru (data centres).
Nubwo bimeze bityo, muri iki gihe hari ibimenyetso by’iterambere, aho Umujyi wa Cape Town uherutse kwemerera kubakwa ibigo bibiri binini bibika amakuru bizakoresha megawati 174 z’amashanyarazi, ndetse Microsoft ikaba yarashoye amafaranga arenga miliyari 26 z’Ama-Rand mu kwagura ibikorwa byayo bya data centres muri Afurika y’Epfo.
Banki y’Isi yongeye gusaba ibihugu gushora imari mu bikorwa remezo
Raporo isoza ivuga ko kugira ngo AI igire uruhare mu iterambere ry’ibihugu, hakenewe gushorwa imari mu mashanyarazi yizewe, internet yihuta, uburezi n’ubumenyi bw’ibanze abaturage bakeneye kugira ngo babashe gukoresha neza iri koranabuhanga.
Kugeza ubu, Afurika y’Epfo iracyategereje politiki yayo nshya ya AI, mu gihe ibindi bihugu birimo u Rwanda bikomeje gushyira mu bikorwa ingamba zabyo zo guteza imbere ikoreshwa ry’ubwenge buhangano.

Src: iAfrica










