Kuri uyu wa Gatandatu tariki 20, Kamena, 2026, Iran yatangaje ko yafunze Umuhora wa Hormuz naho Amerika yo ivuga ko ugikora nk’uko bisanzwe. Iran yatangaje ko yafunze uyu muhora mu rwego rwo kwamagana no kwihimura ku bitero bya Israel byagabwe mu majyepfo ya Lebanon.
Ubuyobozi bw’Ingabo zidasanzwe za Iran bwaburiye amato ko atagomba gukoresha uwo muhora. Icyakora, ubuyobozi bw’ingabo za Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati bwahakanye ayo makuru, buvuga ko urujya n’uruza rw’amato rukomeje kandi ko uwo muhora utarafungwa.
Amerika yavuze ko ikomeje gukurikirana umutekano muri ako gace kugira ngo ibikorwa by’ubwikorezi bwo mu nyanja bikomeze nta nkomyi.
Aya makuru aje mu gihe kuri iki Cyumweru tariki 21 Kamena,2026, hateganyijwe ibiganiro bikomeye hagati ya Amerika na Iran biraza kubera mu Busuwisi. Ibi biganiro bigamije kuganira ku masezerano y’amahoro, gahunda ya nikeleyeri ya Iran ndetse no guhagarika imirwano iri kubera muri Lebanon.
Visi Perezida wa Amerika, JD Vance, yagize ati: “Nizeye ko ibiganiro bizatanga umusaruro ku kibazo cya nikeleyeri no gushimangira agahenge hagati y’impande ziri mu makimbirane muri Lebanon.
Ibiganiro biteganyijwe kubera mu Busuwisi byitezweho kurangiza iyi ntambara yateje ikibazo k’ibura ry’ibikomoka kuri peteriloli kuva yatangira kuwa, 28 Gashyantare 2026.











