Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ryatangaje ko umuntu umwe wari waranduye icyorezo cya Ebola mu Mujyi wa Goma yakize neza, asezererwa mu bitaro nyuma yo guhabwa ubuvuzi.
Iri huriro ryavuze ko uwo murwayi yakurikiranwe n’inzego z’ubuzima kugeza igihe yemejwe ko yakize burundu, mbere yo gusezererwa.

Aya makuru aje nyuma y’impungenge zari zavutse ku kuba hari umuntu wari wanduye Ebola muri Goma, umwe mu mijyi minini yo mu burasirazuba bwa RDC, aho abaturage benshi bagenda binjira banasohoka buri munsi.
Abayobozi bavuga ko bakomeje gukaza ingamba zo gukurikirana no gukumira ikwirakwira ry’iki cyorezo, harimo gukurikirana abantu bose baba barahuye n’uwanduye ndetse no kongera ibikorwa byo kwigisha abaturage uburyo bwo kwirinda.
Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko umugore wari waranduye icyorezo cya Ebola mu Mujyi wa Goma yakize neza, asezererwa mu bitaro bya Heal Africa kuwa 3 Kamena 2026.
Uyu murwayi yari yabonetse ku wa 17 Gicurasi 2026. Nk’uko AFC/M23 yabitangaje, ni umugore w’umugabo wari uherutse kwicwa na Ebola mu gace ka Bunia, mu Ntara ya Ituri.
Nyuma yo kumenya ko yanduye, inzego z’ubuzima zahise zimwohereza kwa muganga ndetse zitangira gushakisha abantu bose bashobora kuba barahuye na we. Abantu 255 ni bo bakurikiranywe, ariko kugeza ubu nta n’umwe uragaragaraho ibimenyetso cyangwa ngo yemezweho ubwandu bwa Ebola.

Umuyobozi w’itsinda rishinzwe kurwanya Ebola muri AFC/M23, Dr. Freddy Kaniki, yavuze ko uyu mugore yamaze gukira burundu kandi ko yasubiye mu muryango we ameze neza.
Yagize ati: “Imiryango y’i Goma iri kwiruhutsa nyuma y’aho umurwayi wa mbere akize Ebola. Yasubiye mu muryango we ameze neza kuwa 3 Kamena 2026.”
Umwe mu bagize umuryango we yashimiye abaganga bamwitayeho, avuga ko bagaragaje ubutwari n’ubwitange nubwo na bo bari bafite ibyago byo kwandura.
Ku ruhande rwe, Umuyobozi ushinzwe ubuzima muri Kivu y’Amajyaruguru, Dr. Biya Kizinkiko, yatangaje ko kuva kuwa 3 Kamena nta murwayi wa Ebola ukiri i Goma, ariko asaba abaturage gukomeza kwitwararika no kubahiriza amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo.
Yanasabye abaturage kwakira neza uyu mugore no kutamushyira mu kato cyangwa kumuheza, kuko atakiri umuntu urwaye Ebola.
Imibare ya Minisiteri y’Ubuzima ya RDC igaragaza ko kugeza kuwa 2 Kamena 2026, abantu 363 bamaze kwandura Ebola muri icyo gihugu, benshi muri bo bakaba bakomoka mu Ntara ya Ituri. Muri abo, 62 bamaze kwitaba Imana naho batandatu bamaze gukira.
Isuzuma ryakozwe rigaragaza ko iki cyorezo kiri kwica abantu ku gipimo cya 17,1%.
Ebola kandi yamaze kugera muri Uganda iturutse muri Ituri, aho kugeza kuwa 2 Kamena abantu 15 bari bamaze kuyandura muri Kampala, umwe muri bo akaba yaritabye Imana.










