Ababyeyi benshi bahura n’ikibazo cyo kubwira abana babo gukora ikintu runaka ariko ntibagikore cyangwa bakagikora nyuma y’igihe kinini. Hari ababyeyi bavuga ko bagera aho basubiramo amagambo amwe inshuro nyinshi mbere y’uko umwana ayumvira. Ibi bishobora gutera umunaniro, uburakari ndetse rimwe na rimwe bikangiza umubano mwiza wari ukwiye kuba hagati y’umwana n’umubyeyi.
Nubwo bamwe batekereza ko kutumva kw’umwana biterwa no kutubaha cyangwa kwinangira, impuguke mu by’imikurire y’abana zigaragaza ko akenshi biba bifitanye isano n’uburyo ubwonko bwe bukura, uburyo yamenyereye guhabwa amabwiriza ndetse n’ibimukikije buri munsi. Gusobanukirwa izi mpamvu bishobora gufasha ababyeyi gukemura ikibazo batifashishije gutaka cyangwa ibihano bikabije.
Kumvira ni ubushobozi umwana yubaka buhoro buhoro
Kimwe mu bintu ababyeyi bakwiye kumenya ni uko kumvira atari ikintu umwana avukana. Ni ubushobozi yubaka uko agenda akura. Abana bato cyane cyane baba bataragira ubushobozi buhamye bwo kugenzura ibitekerezo byabo, kwibanda ku kintu kimwe cyangwa guhita bahindura ibyo bari gukora ngo bakurikize amabwiriza bahawe.
Ni yo mpamvu ushobora gusanga umwana ari gukina cyane cyangwa areba filime akabwirwa gukora ikintu ariko ntahite abyitaho. Ibi ntibivuze ko aba akwima amatwi nkana, ahubwo akenshi biba biterwa n’uko ibitekerezo bye biba byibanze ku kindi kintu.
Kwirengagiza amabwiriza ni imwe mu myitwarire ikunze kugaragara
Abana benshi bagaragaza imyitwarire yo kutita ku mabwiriza bahabwa. Umubyeyi ashobora kuvuga ati: “Jya gukaraba” cyangwa “Tegura ibitabo byawe,” ariko umwana agakomeza ibyo yari ari gukora nk’aho nta cyo yumvise.
Ibi bikunze kubaho cyane iyo umwana aba yibereye mu mukino umushimishije cyangwa mu bindi bikorwa bimukurura kurusha ibyo asabwe. Hari n’igihe aba yumvise neza ariko akumva nta mpamvu yo guhita ahagarika ibyo akora.
Iyo umubyeyi amenyereye gusubiramo amabwiriza menshi, umwana agenda amenyera ko ubutumwa bwa mbere budasaba ko ahita akora icyo yasabwe.
Abana bamwe bakora ibyo basabwe ari uko batakiwe
Mu ngo nyinshi, usanga umwana yumvira gusa igihe umubyeyi yatangiye kurakara cyangwa kuvuga mu ijwi riranguruye. Ibi bishobora gutuma ababyeyi bumva ko gutaka ari bwo buryo bwonyine bukora.
Nyamara ikibazo gikunze kuba kiri mu buryo ibintu byamenyerejwe. Niba umwana azi ko azabwirwa inshuro eshanu mbere y’uko habaho ingaruka, ashobora gutegereza kugeza igihe cya nyuma. Uko igihe kigenda, akamenyera ko amabwiriza ya mbere atari ngombwa kuyubahiriza ako kanya.
Abahanga mu by’uburere bavuga ko ari byiza kuvuga ikintu rimwe cyangwa kabiri gusa, hanyuma umubyeyi agakurikiza ibyo yavuze mu ituze aho gukomeza kubisubiramo.
Kwibagirwa inshingano na byo bishobora kuba impamvu
Hari abana bahora bibagirwa ibintu bagombaga gukora. Bashobora kwibagirwa gukora umukoro, gutegura ibikoresho by’ishuri cyangwa no gukora indi mirimo basanzwe bahawe mu rugo.
Nubwo hari igihe ababyeyi babyita ubunebwe, akenshi biterwa n’uko abana baba bataragira ubushobozi buhamye bwo gutegura no gukurikirana inshingano zabo. Ni yo mpamvu gahunda zanditse, urutonde rw’ibikorwa cyangwa kwibutswa mu buryo bwubaka bishobora kubafasha.
Ingimbi n’abangavu bo bakunze gushaka ubwigenge
Iyo abana bageze mu bugimbi cyangwa ubwangavu, ikibazo cyo kutumva gifata indi sura. Muri iki cyiciro, benshi baba batangiye gushaka kwifatira ibyemezo no kugaragaza ko bafite ubwigenge.
Ni yo mpamvu bashobora kujya impaka ku mabwiriza yose bahabwa cyangwa bakagaragaza ko badashaka gutegekwa. Umubyeyi ashobora gusanga aho kumvira ako kanya, umwana atangiye kubaza impamvu cyangwa agashaka kuganira ku cyemezo cyafashwe.
Ibi ntibivuze ko aba ari umwana mubi. Ahubwo ni igice cy’imikurire ye. Icyakora, bisaba ko ababyeyi baganira na bo mu buryo bububaha kandi bukabafasha gufata inshingano ku byemezo byabo.
Uko ababyeyi bashobora gufasha abana kumvira neza
Impuguke zigaragaza ko uburyo bwiza bwo gufasha umwana kumvira atari ugutaka cyangwa kumuhana buri gihe. Ahubwo ni ugushyiraho uburyo buhamye kandi bumvikana.
Ababyeyi bagirwa inama yo kubanza kwiyegereza umwana mbere yo kumuha amabwiriza, bakamureba mu maso kandi bakoresha amagambo magufi kandi asobanutse. Ni na ngombwa kwirinda gutanga amabwiriza menshi icyarimwe kuko bishobora kumurenga.
Gushiraho gahunda ihamye ya buri munsi nabyo bifasha cyane. Iyo umwana azi igihe cyo gukina, gukora umukoro, kurya no kuryama, bituma habaho kutumvikana guke.
Ikindi ni ugushimira umwana igihe yakoze neza. Gushima imyitwarire myiza bituma yifuza kuyisubiramo kurusha uko ibihano byonyine byamufasha guhinduka.
Kutumva kw’umwana si ikimenyetso gihita cyerekana ko ari umwana utubaha cyangwa ufite imyitwarire mibi. Akenshi biterwa n’imikurire ye, ibimurangaza cyangwa uburyo yamenyereye guhabwa amabwiriza. Iyo ababyeyi basobanukiwe ibi kandi bakamwigisha mu buryo butuje kandi budahindagurika, umwana agenda yubaka ubushobozi bwo kumvira no gufata inshingano ze.
Kubaka uwo muco bisaba igihe n’ubwihangane, ariko iyo bikorwa neza bituma mu rugo harangwa ituze, ubwumvikane n’umubano mwiza hagati y’abana n’ababyeyi babo.











