Iran yakajije ibikorwa bya gisirikare mu Burasirazuba bwo Hagati, igaba ibitero ku bihugu bitandatu birimo Qatar, Oman, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), Jordan, Bahrain na Kuwait, mu gihe amakimbirane hagati yayo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika akomeje gufata indi ntera.
Ibi bitero byakurikiye guhererekanya misile na drones hagati ya Iran na Amerika. Ibihugu byibasiwe byatangaje ko byashoboye kuburizamo ibisasu n’indege zitagira abapilote byari bigamije ibirindiro bya gisirikare n’ibikorwa bya Amerika biri ku butaka bwabyo.
Iran yavuze ko yibasiye ibikorwa bya gisirikare bya Amerika muri ibyo bihugu, birimo ibigo biyobora ibikorwa bya gisirikare, ahabikwa drones, radar, ibikoresho bya misile n’ahakorerwa ibikorwa byo gufasha indege za gisirikare.
Qatar yatangaje ko abantu batatu bakomerekeye muri ibyo bitero nyuma y’uko ibisigazwa by’ibisasu byaguye mu bice bituwe, mu gihe UAE, Bahrain na Jordan byavuze ko ingabo zabyo zahagaritse byinshi mu bitero byari byoherejwe na Iran.
Ku rundi ruhande, Amerika na yo yakomeje kugaba ibitero mu bice bitandukanye bya Iran, ibintu byarushijeho gukaza umwuka mubi hagati y’impande zombi.
Muri uwo mwuka w’intambara, Iran yatangaje ko yafunze Umuhora wa Hormuz, inzira y’ingenzi inyuzwamo hafi kimwe cya gatanu cya peteroli ikoreshwa ku Isi. Tehran yavuze ko yafashe iki cyemezo nyuma yo kurasa ubwato bwanyuze mu nzira itemewe.
Gusa Amerika yahakanye ko uwo muhora wafunzwe, ivuga ko ubwato bukomeje kuwunyuramo nk’ibisanzwe. Ubuyobozi bw’Ingabo za Amerika muri ako karere ndetse na Perezida Donald Trump bashimangiye ko Hormuz ikiri nyabagendwa ku bwato bw’ubucuruzi.
Ibi bibaye mu gihe impungenge ku mutekano w’ubwikorezi bwa peteroli zikomeje kwiyongera, bituma ibiciro byayo ku isoko mpuzamahanga bizamuka ku kigero kirenga 4%.










