Ababyeyi benshi bahangayikishwa n’imirire y’abana babo. Hari abatinya ko abana babo barya bike cyane, abandi bagahangayikishwa n’uko barya byinshi cyangwa bakunda ibiryo byongera ibiro. Kubera urukundo bakunda abana babo n’icyifuzo cyo kubarinda ibibazo by’ubuzima, bamwe bahora babahatira kurya cyangwa bakababuza kurya ibiryo runaka.
Nyamara, abahanga mu mikurire n’imirire y’abana bavuga ko guhatira umwana kurya cyangwa kumubuza kurya ibiryo bimwe na bimwe bishobora kugira ingaruka mbi ku mubano we n’ibiryo. Ahubwo, bashimangira ko icy’ingenzi ari ugushyiraho gahunda ihamye y’amafunguro no kubaka icyizere hagati y’umwana n’umubyeyi.
Guhatira umwana kurya bishobora gutanga umusaruro mubi

Iyo umwana ahora asabwa kurangiza ibyo yahawe cyangwa agahatirwa kurya ibiryo adashaka, igihe cyo kurya gishobora guhinduka isoko y’amakimbirane aho kuba umwanya wo kwishimira amafunguro.
Ubushakashatsi bwagaragaje ko abana bahatirwa kurya ibiryo runaka akenshi barushaho kubyanga. Mu buryo nk’ubwo, iyo babujijwe kurya ibiryo bakunda, bishobora gutuma babikunda kurushaho no kubishaka cyane igihe babibonye.Ibi bishobora gutuma umwana atamenya neza igihe ashonje cyangwa igihe ahaze, ahubwo akishingikiriza ku mabwiriza y’abakuze aho gukurikira ibyo umubiri we umubwira.
Gahunda ihamye ifasha umwana kugira imirire myiza
Abana bakenera gahunda iboneye mu buzima bwabo bwa buri munsi, kandi ibyo bireba n’amafunguro. Iyo amafunguro n’utunyamunwa bitangwa mu masaha amwe buri munsi, umwana amenya igihe cyo kurya kandi akumva afite umutekano ko azabona ibiryo igihe gikwiye.Ibi bimufasha kwirinda guhora asaba ibyo kurya hagati y’amafunguro no kubaka uburyo bwiza bwo kumenya inzara n’ihaza.
Abahanga bavuga kandi ko ababyeyi badakwiye guhangayikishwa cyane n’ingano y’ibyo umwana arya kuri buri funguro. Hari igihe umwana ashobora kurya byinshi ku mafunguro amwe, andi akarya bike. Mu gihe cy’iminsi cyangwa ibyumweru, umubiri we usanzwe ushobora kuringaniza ibyo ukeneye.
Uruhare rw’umubyeyi n’urw’umwana
Mu rwego rwo gufasha umwana kugira imirire myiza, umubyeyi afite inshingano zo guhitamo ibiryo bitegurwa, igihe bitangirwa n’aho bifatirwa. Naho umwana agahabwa ubwisanzure bwo guhitamo niba ashaka kurya n’ingano y’ibyo arya.
Ibi bifasha umwana kubaka icyizere mu bushobozi bwe bwo kumva ibyo umubiri we ukeneye. Nanone bituma igihe cyo kurya kirangwa n’amahoro aho kurangwa no guhatirana.
Kurira hamwe nk’umuryango bifite akamaro

Kurira hamwe nk’umuryango ni kimwe mu bintu bifasha abana kugira imyitwarire myiza ku mafunguro. Iyo ababyeyi n’abana basangiye amafunguro, habaho kuganira no gusabana, bikagabanya amakimbirane akunze kuvuka igihe cyo kurya.
Ubushakashatsi butandukanye bugaragaza ko abana bakurira mu miryango isangira amafunguro kenshi bagira amahirwe menshi yo kugira imirire myiza no kubaka umubano mwiza n’ibiryo.
Kumenyereza umwana ibiryo bishya bisaba igihe
Hari igihe ababyeyi bacika intege iyo umwana yanze ibiryo bishya inshuro imwe cyangwa ebyiri. Ariko abahanga bavuga ko umwana ashobora gukenera kubonana n’ibiryo bishya inshuro nyinshi mbere yo kubyakira.
Aho kumuhatira kubirya, ni byiza gukomeza kubimutegurira no kubimuha amahirwe yo kubigerageza igihe yumva yiteguye. Uko agenda abimenyera ni ko amahirwe yo kubyakira yiyongera.
Imirire myiza yubakwa buhoro buhoro
Imirire myiza y’umwana ntishingira ku funguro rimwe cyangwa ku munsi umwe. Ahubwo yubakwa mu gihe kirekire binyuze mu mafunguro atandukanye kandi aringaniye.
Ababyeyi bakwiye kwibanda ku gutegura amafunguro afite intungamubiri zitandukanye no gushyiraho gahunda ihamye, aho kwibanda cyane ku kugenzura buri kintu umwana ashyira mu kanwa.
Abana bakeneye ubuyobozi n’urugero rwiza biturutse ku babyeyi babo, ariko ntibakenera igitutu mu gihe cyo kurya. Iyo umwana ahawe amafunguro ateguwe neza, akayafatira mu gihe gihoraho kandi mu mwuka mwiza, aba afite amahirwe menshi yo gukura akunda ibiryo bitandukanye kandi afite umubano mwiza n’imirire ye. Gushyiraho gahunda, kubaka icyizere no kwihangana ni byo bifasha kurusha guhatira umwana kurya cyangwa kumubuza ibiryo bimwe na bimwe.











