Shema Ngoga yasabiwe gufungwa iminsi 30 ku byaha bifitanye isano na sheki za $600,000

Ubushinjacyaha bw’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge bwasabiye Umunyemari akaba na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Shema Ngoga Fabrice, gufungwa iminsi 30 y’agateganyo, mu rubanza aregwamo ibyaha bibiri bifitanye isano no gutanga sheki zitazigamiye zifite agaciro ka $600,000. Shema yaburanye ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo kuri uyu wa Kane, tariki ya 27 Kanama 2026, nyuma y’iminsi…

Soma inkuru yose

FERWAFA Yemeje Amakipe Ane Azahatana muri Super Cup 2026

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje amakipe ane azitabira irushanwa rya Super Cup 2026, rizahuza amakipe akomeye yitwaye neza mu mwaka w’imikino wa 2025/2026. Nk’uko byatangajwe na FERWAFA, amakipe yemerewe kwitabira iri rushanwa ni APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu Sports. Icyakora, APR FC yasabye kutaryitabira, bityo umwanya wayo uhabwa Mukura Victory…

Soma inkuru yose

Minisitiri Mukazayire yavuze icyihutirwa mu kubaka Amavubi akomeye

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yatangaje ko imwe mu ntego z’ibanze Minisiteri ayoboye yihaye ari ukubaka ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru, Amavubi, ishobora guhatana ku rwego mpuzamahanga no kongera kwitabira amarushanwa akomeye. Yabigarutseho ku wa Kabiri mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, cyagarutse ku isesengura ry’umwaka w’imikino ushize, ibyagezweho ndetse n’ibiteganyijwe mu bihe biri imbere. Mukazayire yavuze ko…

Soma inkuru yose

Amavubi akomereje imyiteguro muri Misiri nyuma y’ihagarikwa ry’imikino ya gicuti yari kubera muri Maroc

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, yakomereje umwiherero wayo i Cairo mu Misiri nyuma y’uko imikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga yari iteganyijwe kubera muri Maroc ihagaritswe ku mpamvu z’umutekano n’iz’ubuzima. Amavubi yari yateganyijwe gukina n’Ikipe y’Igihugu ya Comores ku wa 6 Kamena 2026 ndetse na Tanzania ku wa 9 Kamena 2026, mu mikino yari kubera mu…

Soma inkuru yose