Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje amakipe ane azitabira irushanwa rya Super Cup 2026, rizahuza amakipe akomeye yitwaye neza mu mwaka w’imikino wa 2025/2026.
Nk’uko byatangajwe na FERWAFA, amakipe yemerewe kwitabira iri rushanwa ni APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu Sports. Icyakora, APR FC yasabye kutaryitabira, bityo umwanya wayo uhabwa Mukura Victory Sports & Loisirs (Mukura VS&L), yabaye iya gatanu muri shampiyona ya BK Pro League ya 2025/2026.
Iri rushanwa rizatangira ku wa 27 Kanama 2026 kuri Kigali Pelé Stadium, aho amakipe azahurira mu mikino ya 1/2 cy’irangiza. Saa cyenda z’amanywa (15h00), Kiyovu Sports izacakirana na Mukura VS&L, mu gihe saa kumi n’ebyiri n’igice z’umugoroba (18h30), Rayon Sports izakina na Police FC.
Amakipe azatsinda iyo mikino yombi azahura ku mukino wa nyuma uteganyijwe ku wa 30 Kanama 2026 saa cyenda z’amanywa (15h00), nawo ukazabera kuri Kigali Pelé Stadium.
FERWAFA yatangaje ko amatike n’amabwiriza ajyanye n’iri rushanwa bizatangazwa mu minsi iri imbere. Abakunzi b’umupira w’amaguru bakomeje gutegereza iri rushanwa rizaba ribimburira umwaka mushya w’imikino, rikaba ari n’umwanya wo kureba urwego amakipe agezeho mbere yo gutangira shampiyona.
Super Cup isanzwe iba irushanwa rihuza amakipe yitwaye neza kurusha andi mu mwaka ushize w’imikino, kandi rikaba rifatwa nk’intangiriro y’umwaka mushya wa ruhago mu Rwanda.











