Muhanga: Polisi y’u Rwanda yasabye urubyiruko rw’abakorerabushake kugira uruhare mu gukumira ibyaha

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yakanguriye urubyiruko rw’abakorerabushake gukomeza kugira uruhare rugaragara mu gukumira ibyaha no kubungabunga umutekano, ishimangira ko ari bamwe mu bafatanyabikorwa b’ingenzi mu kubaka igihugu gitekanye. Ibi byagarutsweho kuri uyu wa 05 Kamena 2026 mu bukangurambaga bwabereye kuri Muhanga Regional Stadium mu Karere ka Muhanga, bwahuje Polisi y’u Rwanda, ubuyobozi…

Soma inkuru yose

Ruhango: Umugore akurikiranyweho gukata ubugabo bw’umugabo we

Umugabo witwa Bwanakweli wo mu Mudugudu wa Kanyinya, Umurenge wa Mbuye, Akarere ka Ruhango, yavuze ko yahuye n’uruva gusenya nyuma y’uko umugore we amukase ubugabo akoresheje urwembe mu ijoro bari baryamye. Ibi byabaye ku wa 2 Kanama 2026. Nyuma yo gukomereka bikomeye, Bwanakweli yahise ajyanwa kwa muganga aho ari gukurikiranirwa.Abaturage baturanye n’uyu muryango bavuga ko…

Soma inkuru yose

Kamonyi: Umusore yafashwe amaze kwiba ihene eshatu z’umuturage

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo, ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano ndetse n’abaturage, ikomeje ibikorwa bigamije gukumira no kurwanya ubujura bw’amatungo hagamijwe kubungabunga umutekano w’abantu n’ibyabo. Muri urwo rwego, kuri uyu wa 31 Gicurasi 2025, mu Karere ka Kamonyi, Umurenge wa Nyamiyaga, Akagari ka Ngoma, hafatiwe mu cyuho umusore wari umaze kwiba ihene eshatu…

Soma inkuru yose

Ruhango: Polisi yafashe umugabo wari umaze kwiba miliyoni 1.7 Frw

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo, ku bufatanye n’abaturage, ikomeje ibikorwa byo gukumira no kurwanya ibyaha bitandukanye, cyane cyane ubujura buhungabanya umutekano w’abaturage n’ibyabo. Muri urwo rwego, kuwa 27 Gicurasi 2026, Polisi ikorera mu Karere ka Ruhango mu Murenge wa Bweramana yafatiye mu cyuho umugabo wari umaze kwiba umucuruzi amafaranga asaga miliyoni imwe n’ibihumbi…

Soma inkuru yose

Huye: Polisi yasabye abakora mu ibagiro gukaza ingamba zo kurwanya ubujura bw’amatungo

Kuri uyu wa 27 Gicurasi 2026, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yakomeje ibikorwa by’ubukangurambaga bigamije gukumira ibyaha no gushimangira uruhare rw’abaturage mu kubungabunga umutekano. Muri urwo rwego, mu Karere ka Huye mu Murenge wa Ngoma, abakora mu ibagiro rya Matyazo basabwe kongera imbaraga mu gukumira ubujura bw’amatungo, cyane cyane harebwa inkomoko y’amatungo yose…

Soma inkuru yose

Rutsiro: Abaturage basabwe gukaza amarondo nyuma y’ikorwa ry’ubujura bw’Ibendera ry’Igihugu

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Manihira mu Karere ka Rutsiro bwongeye gusaba abaturage gukaza amarondo no kurushaho kwita ku mutekano, nyuma y’uko Ibendera ry’Igihugu ryari rimaze iminsi ryibwe ribonetse rirambuye mu ishyamba hafi y’umugezi wa Rutsiro. Iri bendera ryari ryaribwe ku biro by’Akagari ka Muyira, mu Murenge wa Manihira, aho amakuru y’ikorwa ry’ubujura yamenyekanye mu gitondo cyo…

Soma inkuru yose

Nyanza: Hafashwe umugabo ukekwaho gucuruza inyama z’imbwa mu baturage

Inzego z’umutekano n’ubuyobozi bwo mu Karere ka Nyanza zata muri yombi umugabo ukekwaho kubaga no gucuruza inyama z’imbwa mu baturage. Uyu mugabo witwa Banguwiha uzwi ku izina rya Mugoyi, afite imyaka 44 y’amavuko. Yafatiwe mu Murenge wa Busasamana, Akagari ka Nyanza, mu Mudugudu wa Kavumu. Amakuru yatangajwe n’abaturage avuga ko uyu mugabo yafashwe nyuma y’uko…

Soma inkuru yose

Huye: Umwana umwe yapfuye abandi babiri barakomereka mu nkongi y’umuriro yatewe n’amashanyarazi

Agahinda n’ihungabana ni byinshi mu Mudugudu wa Nyarurembo, Akagari ka Gitwa mu Murenge wa Tumba, Akarere ka Huye, nyuma y’inkongi y’umuriro yafashe inzu abana batatu barimo, umwe muri bo agahita ahasiga ubuzima mu gihe abandi babiri bakomeretse bikomeye. Iyi nkongi yabaye mu masaha ya saa mbili z’umugoroba ku wa 14 Gicurasi 2026, aho abaturage bavuga…

Soma inkuru yose

Ngoma: Abakekwaho kwica umusaza bamushakaho amafaranga batawe muri yombi

Inzego z’umutekano mu Karere ka Ngoma zatangaje ko zataye muri yombi abantu bakekwaho kugira uruhare mu bwicanyi bwakorewe umusaza wo mu Murenge wa Gashanda, wishwe nyuma yo kuburirwa irengero iminsi itari mike. Umurambo w’uyu musaza wabonetse ku wa Gatatu tariki 6 Gicurasi 2026, mu murima wo muri uwo murenge, ariko uboneka hari ibice by’umubiri byawuburagaho….

Soma inkuru yose