Rayon Sports ishobora kubuzwa gukina CAF Confederation Cup kubera amadeni ya Daffé na Lotfi

Perezida wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko iyi kipe yamenyeshejwe n’Impuzamashyirahamwe ya Ruhago muri Afurika (CAF) ko itemerewe gukina irushanwa rya CAF Confederation Cup mu gihe itarishyura amafaranga ibereyemo uwahoze ari umukinnyi wayo Souleymane Daffé ndetse n’uwahoze ari umutoza wayo Afahmia Lotfi.

Kuva muri Werurwe 2026, Rayon Sports iri ku rutonde rw’amakipe yabujijwe kwandikisha abakinnyi bashya muri FIFA nyuma yo gutsindwa zimwe mu manza yarezwemo n’abari abakozi bayo.

Murenzi Abdallah yavuze ko ubuyobozi bushya bwasanze ikipe ifite ibibazo byinshi birimo imanza zayiganishije muri CAF na FIFA.

Yagaragaje ko kuva batangira inshingano zabo bamaze kwishyura hafi miliyoni 30 Frw z’amadeni y’abakinnyi n’abatoza basezerewe mu buryo bwateye amakimbirane.

Yavuze ko Souleymane Daffé, wakiniye Rayon Sports amezi atandatu gusa, agomba kwishyurwa miliyoni 23 Frw nyuma yo kurega iyi kipe kubera kutubahirizwa kw’amasezerano yari afitanye na yo.

Ati: “CAF yatumenyesheje ko tudashobora kwemererwa gukina CAF Confederation Cup tutarakemura ikibazo cya Daffé.”

Rayon Sports kandi ifitanye ikibazo n’uwahoze ari umutoza wayo Afahmia Lotfi, na we ugomba kwishyurwa hafi miliyoni 20 Frw. Perezida wa Rayon Sports yavuze ko bagerageje kugirana ibiganiro na we kugira ngo bumvikane, ariko ikibazo cy’amikoro make gituma bitagenda neza, bituma dosiye igera muri CAF.

Mu rwego rwo gushaka ibisubizo birambye by’amikoro, Rayon Sports yamaze kugirana amasezerano y’ubufatanye na Banki ya Kigali (BK) azamara imyaka itanu. Aya masezerano ategerejweho gufasha iyi kipe gukemura ibibazo by’amadeni ndetse no kongera ubushobozi bwayo mu bikorwa bya buri munsi.

Ubuyobozi bwa Rayon Sports buvuga ko kuri ubu nta mukinnyi n’umwe wo mu makipe y’abagabo n’abagore uberewemo imishahara, uretse uduhimbazamushyi dutandukanye tutarishyurwa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *