Umusifuzi mwiza wa Afurika mu mwaka 2025-2026, Omar Artan, yahawe kuyobora umukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup izakinwa ku wa 7 Kanama 2026 i Kigali, mbere y’iminsi itanu ngo asifure umukino wa UEFA Super Cup uzahuza Paris Saint-Germain na Aston Villa ku wa 12 Kanama 2026 i Salzburg. Ibintu bigaragaza icyizere gikomeye ari kugirirwa n’inzego z’umupira w’amaguru ku mugabane wa Afurika no ku Isi.

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika y’Iburasirazuba n’iyo Hagati (CECAFA) ryatangaje ko umunya-Somalia Omar Abdulkadir Artan, wegukanye igihembo cy’umusifuzi mwiza wa Afurika mu bagabo mu mwaka wa 2025-2026, ari we uzasifura umukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2026 iri kubera i Kigali.
Iyi gahunda ishimangira uburyo CECAFA yifashishije umwe mu basifuzi beza ku mugabane, cyane ko Artan ari no mu bazayobora umukino wa UEFA Super Cup uzahuza Paris Saint-Germain, yegukanye UEFA Champions League, na Aston Villa, yegukanye UEFA Europa League.
Ni icyizere gikomeye ku marushanwa ya CECAFA Kagame Cup kuba finale yayo izayoborwa n’umusifuzi ufite urwego mpuzamahanga, mbere y’uko ajya gusifura umwe mu mikino ikomeye ku ngengabihe ya UEFA muri uyu mwaka.











