RDC iracyahanganye n’icyorezo cya Ebola kimaze kwica abarenga 820.

Minisiteri y’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko kugeza kuwa 15 Nyakanga 2026, abantu 2.124 bamaze kwemezwa ko banduye Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo, mu gihe 828 muri bo bamaze guhitanwa n’iki cyorezo.

Intara ya Ituri ni yo ikomeje kugaragaramo umubare munini w’abanduye kurusha izindi ntara enye iki cyorezo cyagezemo, nubwo ubuyobozi bwatangaje ko bwakajije ingamba zo kugikumira no kugihashya.

Muri Kivu y’Amajyaruguru, ibikorwa byo gusuzuma abantu bafite ibimenyetso bya Ebola biri gukorwa ku rugero rwa 93,9%, mu gihe 91,7% by’abahuye n’abanduye bakurikiranwa. Inzego z’ubuzima zigaragaza ko iyi mibare itanga icyizere cyo kugenzura no guhashya iki cyorezo muri iyo ntara.

Ku rundi ruhande, Intara ya Kivu y’Amajyepfo ntikiri mu zifatwa nk’izirimo Ebola, nyuma y’iminsi 50 ishize nta murwayi mushya ubonetse. Abantu batatu ni bo bari baranduye muri Miti-Murhesa, umwe ahitanwa n’icyorezo mu gihe babiri bakize.

Nubwo bimeze bityo, abaganga n’abakozi b’imiryango y’ubutabazi bakomeje guhura n’imbogamizi zikomeye zirimo umutekano muke ndetse n’imyumvire y’abaturage bamwe bagifata Ebola nk’ikibazo kidakomeye. Ibi bituma bamwe mu baturage babangamira ibikorwa byo gukurikirana abanduye n’abahuye na bo.

Hari n’aho abaturage bagabye ibitero ku mavuriro bagamije gutorokesha abarwayi babo. Urugero ni igitero cyagabwe ku bitaro bya Nyankunde muri Ituri ku wa 15 Nyakanga, cyatumye abarwayi bane ba Ebola batoroka, mu gihe bamwe mu bakozi b’imiryango mpuzamahanga n’inzobere mu buzima bahungiye mu Mujyi wa Bunia.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) rivuga ko abarenga 80% by’abakira ubuvuzi bwa Ebola batazi aho banduriye, ibintu byerekana ko hari umubare munini w’abarwayi bakomeje kuguma mu baturage batageze kwa muganga, bikongera ibyago byo gukwirakwiza iki cyorezo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *