Mu ijoro rya tariki 5 Gicurasi 2026, Arsenal F.C yatsinze Atlético Madrid igitego 1-0 mu mukino wo kwishyura wa ½ cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo k’umugabane w’Uburayi(UEFAChampionsLeague) mu mukino wabereye mu Bwongereza. Ni Mu gihe umukino ubanza wabereye muri Esipanye wari warangiye ari igitego 1-1.
Igice cya mbere cyaranzwe no gusatirana, Arsenal igaragaza imbaraga mu busatirizi. Ku munota wa 45’ yabonye igitego. Ni igitego cyatsinzwe na Bukayo Saka nyuma y’akazi gakomeye kakozwe na Viktor Gyokëres ndetse na Leandro Trossard. Igice cya mbere cyarangiye Arsenal iyoboye umukino.
Igice cya kabiri, cyaranzwe n’impinduka nyinshi ariko Atletico Madrid yagaragaje imbaraga ishaka kwishyura, igerageza uburyo butandukanye bwo gutsinda binyuze k’umwataka wayo Julian Alvalez. Gusa ubwugarizi bwa Arsenal n’umunyezamu wayo bukomeza kwitwara neza.Umukino warangiye Arsenal itsinze 1-0 ku giteranyo cy’ibitego 2-1.
Arsenal itegereje kumenya ikipe bazahurira k’umukino wa nyuma wa UEFA champions league hagati ya Paris Saint Germain na Bayern Munich zirakina kuri uyu wa Gatatu tariki 6 Gicurasi 2026 mu Budage kuri sitade Allianz Arena.
Umukino wa nyuma uzaba tariki 30 Gicurasi 2026 kuri sitade Pusikás Arena i Budapest muri Hongiriya.
Bukayo Saka yatsinze igitego cyahaye insinzi ikipe ya Arsenal.
Iyi ni inkuru nziza kandi y’umwimerere muri UCL.