Inzuki

Ibintu 10 Bitangaje Utari Uzi Ku Nzuki

Nubwo inzuki ari udukoko duto, zifite uruhare runini cyane mu buzima bwacu bwa buri munsi. Zifasha indabyo gukura, zigatanga ubuki buryoshye, kandi ni kimwe mu binyabuzima bifite akamaro gakomeye ku Isi. Iyo inzuki zitabaho, ibimera byinshi ndetse n’ibiribwa dukunda kurya uyu munsi ntituba tubibona. Dore ibintu bitangaje kandi bishimishije ku nzuki bizatuma uzishimira kurushaho kubera…

Soma inkuru yose

Impamvu Isi Ikomeje Gushyuha Buri Munsi.

Isi iri gushyuha kurusha uko byari bisanzwe. Mu myaka ishize, isi yakomeje guhura n’ibibazo bikomeye by’ihindagurika ry’ikirere. Ubushyuhe bukomeje kwiyongera, amapfa akaza kenshi, imyuzure ikangiza ibikorwa remezo ndetse n’inkubi z’umuyaga zikaba nyinshi kurusha mbere. Abashakashatsi bavuga ko ibi atari ibintu bisanzwe, ahubwo ko bifitanye isano n’ibikorwa by’ikiremwamuntu. Icyo ubushakashatsi bwerekana. Raporo zitandukanye zakozwe n’itsinda mpuzamahanga…

Soma inkuru yose

U Rwanda rwakajije ingamba zo kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima

Mu gihe isi yose ikomeje guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe ndetse n’iyangirika ry’ibidukikije, u Rwanda rukomeje gushyira imbaraga mu bikorwa byo kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima no kurengera ibidukikije. Buri mwaka ku wa 05 Kamena, isi yizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije, aho u Rwanda na rwo rwifatanya n’ibindi bihugu mu bikorwa byo gukangurira abaturage kurushaho kwita ku bidukikije. Uruhare…

Soma inkuru yose

Imyuzure ikomeje guhitana benshi: Ese hari igisubizo kirambye?

Raporo zitandukanye zigaragaza ko ibiza by’imyuzure biri mu bibazo bikomeye byugarije isi muri iki gihe.Ubushakashatsi bw’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kugabanya ingaruka z’ibiza, UNDRR, bwagaragaje ko hagati ya 2000 na 2023 abantu barenga miliyari 1.6 ku isi bahuye n’ingaruka zituruka ku myuzure n’ibindi biza bifitanye isano n’imvura nyinshi. Mu Rwanda naho ikibazo gikomeje gufata indi ntera….

Soma inkuru yose