Aliko Dangote yavuze ko u Rwanda ruri mu bihugu bitanga icyizere cy’ishoramari muri Afurika

Dangote yavuze ko Afurika ikeneye ishoramari rikomeye Umuherwe wo muri Nigeria, Aliko Dangote, yatangaje ko u Rwanda ruri mu bihugu bya Afurika abona bifite amahirwe akomeye y’iterambere kandi bikwiye gushorwamo imari. Yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’Umuyobozi Mukuru wa Norges Bank Investment Management, Nicolai Tangen, aho baganiriye ku iterambere rya Afurika n’uruhare rw’ishoramari mu kuzamura ubukungu…

Soma inkuru yose

Urukingo rwa Malaria rwagabanyije impfu z’abana muri Afurika – Ubushakashatsi

Ubushakashatsi bushya kandi bwizewe bwashyizwe ahagaragara mu kinyamakuru cya siyansi cya The Lancet, bwemeje ko urukingo rwa Malaria rwa RTS,S rwagize uruhare rukomeye mu kugabanya impfu z’abana mu bihugu bya mbere byatangiye kurutanga muri Afurika. Mu gihe cy’imyaka ine, ubushakashatsi bwagaragaje ko nibura umwana umwe mu bana umunani bapfaga bazize Malaria yarokowe mu bana bari…

Soma inkuru yose

Kenya: Abigaragambya barashinjwa kugerageza guhirika ubutegetsi

Muri Kenya, abari mu myigaragambyo mu rwego rwo kwibuka bagenzi babo bapfuye baguye mu myigaragambyo yakozwe umwaka ushize wa 2024, bafashwe nk’abashaka guhirika ubutegetsi. Abo bibukwa muri iyo myigaragambyo yatangiye ku itariki 25 Kamena 2025, ni abaguye mu myigaragambyo yakozwe ahanini n’urubyiruko rwiswe ‘Gen-Z’, rwamaganaga izamuka rikabije ry’imisoro ndetse n’ubuzima buhenze cyane muri icyo gihugu….

Soma inkuru yose

Kenya: Abaturage biraye mu mihanda mu kwibuka bagenzi babo biciwe mu myigaragambyo

Abaturage b’i Nairobi, mu Murwa Mukuru wa Kenya, bongeye kwirara mu mihanda mu myigaragambyo yitabiriwe ku rwego rwo hejuru, aho bari kwibuka bagenzi babo bishwe mu myigaragambyo yabaye mu mwaka ushize ndetse batishimiye uburyo ubuzima bukomeje guhenda, ari nako amahirwe y’iterambere ku rubyiruko arushaho kuyoyoka. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, abaturage ibihumbi babyukiye…

Soma inkuru yose
Ubukwe

Kenya: Umugabo yasariye mu bukwe ata umugore we

Umugabo wari wakoreye ubukwe mu gace ka Nyambunde muri Kenya, yasize umugeni we aho bari bicaranye, amagura ayabangira ingata ariruka, bisigira urujijo abari batashye ubukwe. Ubu bukwe bwari bwabereye muri aka gace ka Nyambunde muri Bobasi mu gace ka Kisii ko mu majyepfo ashyira Uburengerazuba bwa Kenya, ntibwarangiye neza, kuko umukwe [umugabo] yabonye imihango irimbanyije,…

Soma inkuru yose

Tanzania yirukanye Boniface Mwangi wa Kenya

Impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu wo muri Kenya, Boniface Mwangi, yirukanywe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane avanwa muri Tanzaniya aho yavanwe n’imodoka ikamujugunya ahitwa Ukunda mu Ntara ya Kwale, ku mupaka wa Kenya na Tanzaniya. Yahise ajyanwa mu Bitaro bya Diani kugira ngo akorerwe ibizamini byo kwa muganga nyuma yo kugaragara bwa mbere asa…

Soma inkuru yose