Abanyamerika n’Abafaransa Basanzwemo Hantavirus Nyuma yo Kuva mu Bwato bw’Ubukerarugendo

Umunyamerika umwe n’Umufaransakazi umwe basanzwemo virusi ya hantavirus nyuma yo kuva mu bwato bw’ubukerarugendo bwa MV Hondius bwahuye n’icyorezo cyahitanye abantu batatu.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, World Health Organization, ryatangaje ko kugeza ubu hamaze kwemezwa abantu barindwi banduye hantavirus bafite aho bahuriye n’ubu bwato, mu gihe hari abandi babiri bakekwaho kuyandura.

Uko abanduye bameze.

Urwego rw’ubuzima muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwavuze ko hari n’undi Munyamerika wari mu ndege yacyuye abaturage, na we wagaragaje ibimenyetso byoroheje by’iyi ndwara;Abayobozi bavuze ko abo bagenzi bombi batashye bari mu byuma byihariye byo kubarinda kwanduza abandi, mu rwego rwo kwitwararika.

Minisitiri w’Ubuzima w’u Bufaransa, Stéphanie Rist, yatangaje ko umugore wanduye ari mu kato i Paris ndetse ko ubuzima bwe bukomeje kuba bubi. Abantu 22 bahuye na we bamaze gukurikiranwa.

Abamaze guhitanwa n’iyi virusi kugeza ubu.

Abantu batatu bamaze gupfa nyuma yo gukora uru rugendo rw’ubu bwato, babiri muri bo bakaba barapimwe bagasanganwa hantavirus.WHO yavuze ko umuntu bikekwa ko ari we wabanje kwandura muri iki cyorezo yapfuye mbere y’uko apimwa.Hari kandi Abongereza babiri bamaze kwemezwa ko banduye, bari kuvurirwa mu Buholandi no muri Afurika y’Epfo.

Hantavirus ni iki?

Hantavirus ni virusi ikunze gutwarwa n’imbeba n’izindi nyamaswa zo mu bwoko bwazo. Ariko ubwoko bwa Andes strain bushobora no kwandurira hagati y’abantu, WHO ivuga ko bamwe mu bari muri ubu bwato bashobora kuba barayanduriye muri Amerika y’Epfo mbere yo gukomeza urugendo , Ibimenyetso bya Hantavirus birimo:

●Umuriro ukabije

●Gucika intege cyane

●Kubabara imikaya

●Kuribwa mu nda

●Kuruka no gucibwamo

●Guhumeka nabi

Nubwo bimeze gutyo, abayobozi b’ubuzima bavuga ko ibyago by’uko iyi ndwara yaba icyorezo gikomeye ku Isi biri hasi cyane ,

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *