Chris Brown yongeye kurekurwa by’agateganyo, amateka y’ihohotera yakoreye Rihanna arongera kuvugwa

Umuhanzi w’Umunyamerika Chris Brown yongeye kurekurwa by’agateganyo n’urukiko nyuma yo gutanga ingwate ya miliyoni 5 z’amapawundi (£5 miliyoni), mu gihe akomeje gukurikiranwa n’amategeko. Nubwo yemerewe gukomeza urugendo rw’ibitaramo bye, urubanza rwamuhamije ihohotera yakoreye uwahoze ari umukunzi we, Rihanna, mu 2009 rwongeye kuvugwa nk’urugero rw’ibibazo by’amategeko bimaze imyaka bimukurikirana. Chris Brown yitabye urukiko ku wa Gatanu,…

Soma inkuru yose

Ramjaane Joshua yavuze ko azasangiza amahanga amateka y’u Rwanda

Umunyarwenya Ramjaane Joshua Niyoyita yavuze ko gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi byamusigiye umukoro ukomeye wo gukoresha ijwi n’urubuga afite mu kumenyekanisha amateka y’u Rwanda, cyane cyane muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho asigaye akorera ibikorwa byinshi. Mu ruzinduko yakoranye n’Umuhanzi Mico The Best, Umunyarwenya Clapton Kibonke ndetse n’itsinda ry’abafatanyabikorwa ba…

Soma inkuru yose

Iminota 120 isize Espagne yanditse amateka mashya ku Isi

Ikipe y’Igihugu ya Espagne yegukanye Igikombe cy’Isi cya 2026 cyabereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexico, nyuma yo gutsinda Argentine igitego 1-0 cyatsinzwe na Ferran Torres mu minota y’inyongera, ku mukino wa nyuma wabaye kuri iki Cyumweru. Uyu mukino waranzwe n’ihangana rikomeye, kuko iminota 90 isanzwe yarangiye amakipe yombi anganya 0-0. Gusa…

Soma inkuru yose

Igitabo Gishya Cyateje Impaka Muri White House Nyuma yo Kugaragaza Amabanga ya Trump

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yasabye abakozi bo mu biro bye kudatanga ibisobanuro cyangwa kugira icyo batangaza ku gitabo gishya cyanditswe n’abanyamakuru Maggie Haberman na Jonathan Swan, gikubiyemo amakuru yihariye ku mwaka wa mbere wa manda ye ya kabiri ku butegetsi. Nk’uko abanditsi b’iki gitabo babivuga, bagaragaza Trump nk’umuntu ufite imyitwarire…

Soma inkuru yose

Abanyamerika n’Abafaransa Basanzwemo Hantavirus Nyuma yo Kuva mu Bwato bw’Ubukerarugendo

Umunyamerika umwe n’Umufaransakazi umwe basanzwemo virusi ya hantavirus nyuma yo kuva mu bwato bw’ubukerarugendo bwa MV Hondius bwahuye n’icyorezo cyahitanye abantu batatu. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, World Health Organization, ryatangaje ko kugeza ubu hamaze kwemezwa abantu barindwi banduye hantavirus bafite aho bahuriye n’ubu bwato, mu gihe hari abandi babiri bakekwaho kuyandura. Uko abanduye…

Soma inkuru yose

Viagra Ishobora Kugabanya Ibyago bya Glaucoma Itera Ubuhumyi

Ubushakashatsi bushya bwakozwe na University of Miami muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwagaragaje ko imiti yifashishwa mu kongera akanyabugabo, nka Viagra, ishobora kugira uruhare mu kurinda abagabo indwara ya glaucoma ishobora gutera ubuhumyi. Abashakashatsi bakurikiranye abagabo ibihumbi 74 bafite imyaka irenga 40 mu gihe cy’imyaka itatu. Muri bo, abarenga ibihumbi 41 bakoreshaga iyi miti…

Soma inkuru yose
Kubeting muri betting

Kelly yatsindiye miliyoni 100 Frw muri Betting

Umugabo wo muri Leta ya North Carolina yavuze ko inama yahawe na murumuna we yamufashije gutsindira amafaranga ibihumbi 100 by’amadolari (100,000 $) mu mukino wa tombola w’amakarita aho ugura ikarika ugasabwa gukuraho akayunguruzo ni umukino uzwi nka shishura. Patrick Kelly, utuye mu mujyi wa Hickory, yabwiye abakozi ba North Carolina Education Lottery ko atari asanzwe agura…

Soma inkuru yose

Iran yateguje ibyago by’ibihe byose nyuma y’igitero yagabweho na Amerika

Iran yatangaje ko kuba Leta Zunze Ubumwe za Amerika zishoye mu ntambara bahanganyemo na Isiraheli ikagaba ibitero; bizagira ingaruka z’igihe kirekire. Minisitiri w’Ubabanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi yavuze ko ibyo bitero ari iby’ubugome kandi bigiye kubyara akaga gakomeye. Yagize ati: “Ibi bitero ni amahano kandi bizagira ingaruka z’ibihe byose.” Nubwo kugeza ubu ntacyo Umuyobozi…

Soma inkuru yose

Amerika yagabye ibitero kuri Iran

Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko yagabye ibitero kuri Iran, igamije kuburizamo umugambi w’iki gihugu wo gukora intwaro za nucléaire. Ni ibitero byagabwe mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru tariki 22 Kamena 2025. Perezida Donald Trump wa Amerika yavuze ko ibi bitero byagabwe ahantu hatatu (Natanz, Esfahan na Fordow) hakorerwaga intwaro za nucléaire. Yashimangiye…

Soma inkuru yose