Bulgaria Yegukanye Eurovision 2026 Mu Irushanwa Ryabayemo Impaka za Politiki

Dara Yahesheje Bulgaria Intsinzi y’Amateka

Mu irushanwa rya Eurovision 2026 ryabereye i Vienna muri Austria, igihugu cya Bulgaria cyanditse amateka nyuma yo kwegukana iri rushanwa ku nshuro ya mbere binyuze ku muhanzikazi Dara waririmbye indirimbo “Bangaranga” yakunzwe cyane n’abagize akanama nkemurampaka ndetse n’abatoye ku ruhande rw’abafana.

Uyu muhanzikazi w’imyaka 27 y’amavuko yigaragaje ku rubyiniro akoresheje imbyino zinoze n’imiririmbire idasanzwe, bituma atsinda ku buryo bukomeye. Yasoje afite amanota 173 arusha uwa kabiri, Noam Bettan wari uhagarariye Israel. Iri tandukaniro ryabaye rinini kurusha andi yose yabayeho mu mateka ya Eurovision.

Bulgaria Yanditse Amateka Muri Eurovision .

Iyi ntsinzi yabaye iya mbere Bulgaria ibashije kubona kuva yatangira kwitabira iri rushanwa rikomeye ry’umuziki ku mugabane w’u Burayi. Ni na bwo bwa mbere kuva mu 2017 abakemurampaka n’abaturage bemeranyije ku muntu umwe wegukanye igikombe cya Eurovision.

Abasesenguzi bavuga ko intsinzi ya Dara yaturutse ku guhuza indirimbo igezweho, imbyino zishimishije ndetse n’uburyo yitwaye neza ku rubyiniro.

Irushanwa Ryabayemo Impaka Zishingiye kuri Israel .

Nubwo Eurovision isanzwe ifatwa nk’ibirori by’umuziki n’imyidagaduro, uyu mwaka yaranzwe cyane n’impaka za politiki zishingiye ku ruhare rwa Israel muri iri rushanwa.

Ibihugu bitanu birimo Spain, Ireland, Iceland, Slovenia n’u Buholandi byahisemo kutaryitabira mu rwego rwo kwamagana gukomeza kwemerera Israel kwitabira iri rushanwa mu gihe intambara ikomeje muri Gaza.

Minisitiri w’Intebe wa Spain, Pedro Sánchez yavuze ko igihugu cye cyafashe uwo mwanzuro “gishyize imbere ibyo cyizera nk’ukuri kw’amateka.”

Imyigaragambyo Yaranze Eurovision 2026.

No hanze y’ahabereye irushanwa i Vienna, bamwe mu bafana bakoze imyigaragambyo bavuga ko Eurovision itagakwiye gukomeza kwirengagiza ibibazo biri kubera muri Gaza.

Hari abagaragaye bambaye nk’abasetsa bafite ibyapa byanditseho amagambo yamaganaga Israel, bavuga ko iri rushanwa rikwiye kuguma ari urw’umuziki aho kuba urw’impaka za politiki.

Mu gihe cyo gutangaza amanota, bamwe mu bari mu nyubako bagaragaje amarangamutima yabo binyuze mu kuvuza induru no gusakuza ubwo Israel yari imaze gufata umwanya wa mbere by’agateganyo.

Ibindi Bihugu Byitwaye Neza.

Lithuania nayo yigaragaje binyuze ku muhanzi Lion Ceccah wakoresheje ubutumwa bwibanda ku ngaruka z’ubwenge buhangano (AI) ku buzima bwa muntu.Abari bahanzwe amaso mbere y’irushanwa barimo Finland ndetse na Australia ntibabashije kwegukana igikombe, aho Australia yasoreje ku mwanya wa kane naho Finland iza ku mwanya wa gatandatu.

Eurovision 2027 Iteganyijwe Kuba Muri Bulgaria.

Nk’uko bisanzwe bigenda, igihugu cyegukanye Eurovision ni cyo gihabwa uburenganzira bwo kwakira irushanwa rikurikiraho. Ibi bivuze ko Eurovision 2027 ishobora kubera muri Bulgaria mu rwego rwo kwizihiza iyi ntsinzi y’amateka.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *