Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, World Health Organization (WHO), ryakajije ingamba zo guhangana n’icyorezo cya Hantavirus cyagaragaye ku bwato bunini butwara ba mukerarugendo bwa MV Hondius, nyuma y’uko abantu umunani bakekwaho kwandura, batatu muri bo bakaba bamaze kwitaba Imana.

Iki cyorezo cyateje impungenge kubera ko cyatewe n’ubwoko bwa virusi bwa Andes virus, buzwiho kuba bushobora kwandura hagati y’abantu iyo bahuye bya hafi cyane, ibintu bidasanzwe kuri Hantavirus isanzwe ikwirakwizwa n’imbeba cyangwa imyanda yazo.
Icyo WHO yatangaje kuri hantavirus.

WHO yatangaje ko muri abo bantu umunani bakekwagaho uburwayi, batandatu bamaze kwemezwa ko banduye Andes virus. Abantu bane bari mu bitaro bari kwitabwaho n’abaganga, mu gihe undi umwe wari ukekwaho iyi ndwara basanze nta virusi afite nyuma y’ibizamini bya laboratwari.
Nubwo iyi ndwara iri gukurikiranwa cyane, WHO yavuze ko atari icyorezo cyakwibasira Isi nk’uko Covid-19 yabigenje, kuko ubu bwoko bwa Hantavirus budakwirakwira byoroshye mu bantu benshi. Ikwirakwira gusa binyuze mu guhura bya hafi cyane n’umuntu wanduye.Ariko kandi, WHO yavuze ko hashobora kuboneka abandi banduye mu minsi iri imbere kubera ko iyi ndwara ishobora gufata igihe kigera ku byumweru bitandatu mbere y’uko ibimenyetso bigaragara.
Kugeza ubu, inzego z’ubuzima ziracyashakisha aho umuntu wa mbere yaba yaranduriye iyi virusi ndetse n’abo yaba yarahuye na bo. WHO yohereje inzobere kuri ubu bwato kugira ngo ifashe gukurikirana ubuzima bw’abagenzi n’abakozi baryo, ifatanyije n’impuguke z’ikigo cy’u Burayi gishinzwe gukumira no kurwanya indwara.

Hari kandi gukorwa ubushakashatsi ku bantu bose bahuye n’abanduye, cyane cyane abagenzi bagiye basubira mu bihugu bitandukanye.Muri South Africa, inzego z’ubuzima zatangiye gukurikirana abantu bari kumwe mu ndege n’umwe mu banduye. Mu bantu 75 bari bashyizwe mu kato no gukurikiranwa, 42 bamaze kuboneka no gutangira gukurikiranwa n’abaganga.
wHO Icyo irimo gusaba ibihugu bifite abaturage bakozweho n’iki cyago.
WHO yasabye ibihugu byose bifite abaturage bakozweho n’iki kibazo gukomeza gukorana bya hafi, cyane cyane mu gukurikirana abantu bagaragaza ibimenyetso hakiri kare no kubashyira mu kato kugira ngo hirindwe ikwirakwira ry’iyi ndwara, cyane cyane ahantu hafunganye nko mu mato cyangwa mu bitaro.
Ubundi Hantavirus iterwa niki?

Iyi ndwara ya Hantavirus ni indwara ikunze guterwa no kwegera imbeba cyangwa imyanda yazo, ishobora gutera ibibazo bikomeye by’ubuhumekero ndetse rimwe na rimwe igahitana ubuzima bw’umuntu. Andes virus ni bwo bwoko budasanzwe kuko bushobora no kwandura hagati y’abantu.










