Kenneth Law, umugabo w’Umunya-Canada ukurikiranyweho kugurisha uburozi ku bantu bo mu bihugu bitandukanye, yemeye ibyaha 14 byo gufasha abantu kwiyahura mu rubanza rwabereye mu Ntara ya Ontario.
Uyu mugabo w’imyaka 60 yemeye ibi byaha mu masezerano yagiranye n’Ubushinjacyaha, aho yemeye uruhare rwe mu rupfu rw’abantu batandukanye bo muri Canada. Nyuma y’ayo masezerano, ibirego by’ubwicanyi yari akurikiranyweho byahise bikurwaho.
Abashinjacyaha bavuga ko Law yakoresheje internet mu kugurisha uburozi ku bantu bari mu matsinda n’amahuriro y’abafite ibitekerezo byo kwiyahura. Bivugwa ko yagurishije ubwo burozi ku bantu barenga 1.200 bo mu bihugu 40 bitandukanye.
Iperereza ryagaragaje ko mu Bwongereza honyine yohereje amapaki arenga 330 ku bantu 286, ndetse ibikorwa bye bikaba bifitanye isano n’impfu nyinshi z’abaturage bo muri icyo gihugu.
Imiryango y’ababuze ababo mu Bwongereza yagaragaje ko itishimiye uburyo Kenneth Law ataburanishijwe mu nkiko z’icyo gihugu, nubwo ibikorwa bye bivugwa ko byagize uruhare mu rupfu rw’Abongereza benshi.
Ubushinjacyaha bw’u Bwongereza bwatangaje ko gukorana na Canada ari bwo buryo bwiza bwo gutuma ubutabera bugera ku bagizweho ingaruka bose, harimo n’abari hanze ya Canada.
Iri perereza ryahuje inzego z’umutekano zo mu bihugu byinshi birimo Canada, u Bwongereza, Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Butaliyani. Kenneth Law yatawe muri yombi mu 2023 nyuma y’amakuru n’iperereza byari byagaragaje uburyo yagurishaga uburozi ku bantu babushakaga bifashishije internet.
Naramuka ahamwe n’ibi byaha yemeye, ashobora guhanishwa igifungo kigera ku myaka 14 nk’uko amategeko ya Canada abiteganya ku cyaha cyo gufasha umuntu kwiyahura.










