Ese Kwemerera Umwana Kureba TV Amasaha Abiri Nyuma y’Ishuri Bishobora Kuba Ari Uburere Bwiza? Sobanukirwa

Mu gihe hari inama nyinshi zigirwa ababyeyi zibasaba kugabanya igihe abana bamara imbere ya televiziyo cyangwa ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga, abahanga mu mitekerereze y’abana bavuga ko uburere bwiza butagomba gushingira ku mategeko amwe akurikizwa kuri buri muryango. Ahubwo bugomba kuzirikana imiterere yihariye y’umwana n’ibyo akeneye. Ibi ni byo byagarutsweho mu nyandiko yasohotse ku wa 15 Nyakanga…

Soma inkuru yose

RIB Yihanangirije Ababyeyi n’Abarimu Bahana Abana Mu Buryo Bukabije

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwongeye kwibutsa ababyeyi, abarimu n’abandi bose bafite inshingano zo kurera no kurinda abana ko guhana umwana mu buryo bukabije cyangwa bumuhutaza binyuranyije n’amategeko y’u Rwanda kandi bishobora gukurura ibihano bikomeye birimo igifungo n’ihazabu. Ubu butumwa bwatanzwe n’Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, ku wa 19 Kamena 2026, ubwo uru rwego…

Soma inkuru yose

Impamvu guhatira abana kurya bidatanga umusaruro mwiza

Ababyeyi benshi bahangayikishwa n’imirire y’abana babo. Hari abatinya ko abana babo barya bike cyane, abandi bagahangayikishwa n’uko barya byinshi cyangwa bakunda ibiryo byongera ibiro. Kubera urukundo bakunda abana babo n’icyifuzo cyo kubarinda ibibazo by’ubuzima, bamwe bahora babahatira kurya cyangwa bakababuza kurya ibiryo runaka. Nyamara, abahanga mu mikurire n’imirire y’abana bavuga ko guhatira umwana kurya cyangwa…

Soma inkuru yose

Ese Umugore Utwite Agomba Gukora Imirimo Yose? Sobanukirwa!

Gutwita ni urugendo rw’ingenzi mu buzima bw’umugore, rusaba kwitabwaho by’umwihariko kugira ngo umubyeyi n’umwana bazavuke bafite ubuzima bwiza. Nubwo gutwita atari uburwayi, hari ibikorwa bimwe na bimwe umugore utwite asabwa kwitondera cyangwa kwirinda kugira ngo hatazagira ingaruka ku buzima bwe cyangwa ubw’umwana atwite. Abahanga mu by’ubuzima bavuga ko umugore utwite ashobora gukomeza gukora imirimo yoroheje…

Soma inkuru yose

Ababyeyi Benshi Bibaza Impamvu Abana Batabumvira, Dore Igisubizo

Ababyeyi benshi bahura n’ikibazo cyo kubwira abana babo gukora ikintu runaka ariko ntibagikore cyangwa bakagikora nyuma y’igihe kinini. Hari ababyeyi bavuga ko bagera aho basubiramo amagambo amwe inshuro nyinshi mbere y’uko umwana ayumvira. Ibi bishobora gutera umunaniro, uburakari ndetse rimwe na rimwe bikangiza umubano mwiza wari ukwiye kuba hagati y’umwana n’umubyeyi. Nubwo bamwe batekereza ko…

Soma inkuru yose

Menya amateka y’Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Umubyeyi

Buri mwaka mu cyumweru cya kabiri cya Gicurasi, ibihugu byinshi ku Isi byizihiza Mother’s Day, umunsi wahariwe gushimira no guha icyubahiro ababyeyi kubera uruhare rukomeye bagira mu buzima bw’imiryango n’iterambere ry’umuryango mugari. Uyu munsi wizihizwa cyane muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse no mu bindi bihugu byinshi byo ku Isi, aho abantu bafata umwanya…

Soma inkuru yose