Hamenyekanye icyateye indwara y’impiswi zikabije yibasiye Abanyamerika.

Ikigo gishinzwe gukumira no kurwanya indwara muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (CDC) cyatangaje ko cyamaze kumenya icyateye icyorezo cy’indwara y’impiswi cyibasiye abaturage benshi muri iki gihugu.

Iperereza ryakozwe ku bufatanye n’Ikigo gishinzwe umutekano w’ibiribwa n’imiti (FDA) ryagaragaje ko iyi ndwara yatewe n’agakoko kitwa Cyclospora, kabonetse muri salade zatangirwaga muri restaurant za Taco Bell.

Abashinzwe iperereza basanze salade yanduye yagezwaga muri restaurant za Taco Bell zo muri leta eshanu zirimo Indiana, Kentucky, Michigan, Ohio na West Virginia, ikaba yaraturukaga muri Mexique.

Kugeza ubu, abantu barenga 1.644 bamaze kwandura indwara ya Cyclosporiasis iterwa n’aka gakoko. Abayirwaye bagaragaza ibimenyetso birimo impiswi zikabije, ububabare bwo mu nda, isesemi, kuruka ndetse no gucika intege. Muri abo barwayi, 94 bamaze kujyanwa mu bitaro kubera uburwayi bukomeye.

Abaganga bavuga ko iyo ndwara ishobora kumara igihe kirenga ukwezi iyo itavuwe, ikagira ingaruka zirimo gutakaza amazi menshi mu mubiri, nubwo idakunze guhitana abayirwaye.

Nyuma yo kumenya inkomoko y’iki cyorezo, ubuyobozi bwa Taco Bell bwatangaje ko bwahagaritse gukoresha salade zose zari zishingiye ku bikoresho byatumizwaga muri Mexique, mu rwego rwo gukumira ubundi bwandu bushya.

Leta ya Michigan ni yo yagaragayemo ubwandu bwinshi kurusha ahandi, aho inzego z’ubuzima zivuga ko kuva umwaka watangira hamaze kugaragara abarwayi barenga 5.000 bakekwaho cyangwa bemejwe ko banduye iyi ndwara.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *