Perezida Kagame yashimye Arsenal nyuma yo kwegukana Premier League

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yashimiye ikipe ya Arsenal F.C. nyuma yo kwegukana Igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza cya 2025/2026.

Arsenal yegukanye iki gikombe ku wa 19 Gicurasi 2026, nyuma y’uko Manchester City F.C. inganyije na AFC Bournemouth igitego kimwe kuri kimwe, ibintu byahise biha Arsenal amahirwe yo kwisubiza igikombe yari imaze imyaka myinshi itegereje.

Mu butumwa Perezida Kagame yashyize ku rubuga rwa X, yavuze ko Arsenal yakoze ibikomeye muri uyu mwaka w’imikino waranzwe n’ihangana rikomeye hagati y’amakipe yo muri Premier League.

Yagize ati: “Mwishyuke Arsenal FC, umufatanyabikorwa wacu wa Visit Rwanda, kuba mwegukanye Igikombe cya Shampiyona nyuma y’umwaka w’imikino waranzwe no guhatana cyane.”

Iki gikombe ni amateka akomeye kuri Arsenal kuko yari imaze imyaka isaga 20 idatwara Premier League, aho yaherukaga kuyitwara mu mwaka wa 2003/2004 idatsinzwe umukino n’umwe.

U Rwanda n’iyi kipe bifitanye ubufatanye kuva mu 2018 binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda, yamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda ku rwego mpuzamahanga. Abakinnyi n’abayobozi ba Arsenal bagiye basura u Rwanda inshuro zitandukanye muri uru rugendo rw’ubufatanye.

Nubwo Arsenal yamaze gutwara Premier League, iracyafite indi ntego ikomeye muri uyu mwaka, kuko izahura na Paris Saint-Germain F.C. muri UEFA Champions League, aho ishobora gukomeza kwandika amateka mashya mu mupira w’amaguru w’u Burayi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *