Mu ijoro ryo ku wa Kabiri, tariki ya 28 Mata 2026, ryasize amateka mashya mu rugamba rwo guhatanira igikombe cy’amakipe yabaye aya mbere ku mugabane w’u Burayi (UEFA Champions League). Mu mukino ubanza wa kimwe cya kabiri wabereye kuri Parc des Princes, ikipe ya Paris Saint-Germain (PSG) yatsinze Bayern Munchen ibitego 5-4, mu mukino wari urimo ishyaka n’uburyo bwinshi bwo gutsinda ku mpande zombi.
Uyu mukino wabaye Bayern Munchen idafite umutoza wayo mukuru, Vincent Kompany, wari wahagaritswe kubera amakarita y’umuhondo, maze PSG itangira isatira ishaka kwungukira kuri icyo cyuho imbere y’abafana bayo.
Igice cya mbere cyatangiye ari umuriro
Umukino watangiye wihuta cyane, maze ku munota wa 16, Bayern Munchen ifungura amazamu ku gitego cya Penaliti yinjijwe neza na Harry Kane. Iyi penaliti yabonetse nyuma y’uko Luiz Diaz akorerwa ikosa mu rubuga rw’amahina na myugariro William Pacho. PSG ntiyacitse intege, kuko yatangiye gusatira ishaka kwishyura.
Ku munota wa 24, Khvicha Kvaratskhelia yatsindiye PSG igitego cyo kwishyura n’ishoti rikomeye, maze bidatinze ku munota wa 33, Joao Neves atsinda icya kabiri n’umutwe ku mupira wari uvuye muri Koruneri yatewe na Ousmane Dembélé. Bayern yagarutse mu mukino ku munota wa 41 binyuze kuri Michael Olise watsinze igitego cyo kwishyura, ariko igice cya mbere kijya kurangira PSG yongeye kuyobora nyuma y’uko Ousmane Dembélé yinjije penaliti yatewe n’uko Alphonso Davies yari akojeje ukuboko ku mupira.
Igice cya kabiri n’imvura y’ibitego
Igice cya kabiri cyatangiye PSG ari yo ifite imbaraga kurusha izindi, maze ku munota wa 56, Khvicha Kvaratskhelia atsinda igitego cya kane ku mupira ubwugarizi bwa Bayern bwananiwe gukuraho. Hashize iminota itatu gusa, Ousmane Dembélé yatsinze igitego cya gatanu cya PSG ku mupira mwiza yahawe na Désiré Doué, bituma abafana ba Paris batangira kwizera intsinzi y’ishako.
Bayern Munchen yongeye kwikora mu kuryo, maze ku munota wa 65, myugariro Dayot Upamecano atsinda igitego cya gatatu ku mupira yahawe na Joshua Kimmich. Bidatinze, ku munota wa 68, Luis Diaz yatsindiye Bayern igitego cya kane nyuma yo guhabwa umupira muremure na Harry Kane akacenga myugariro wa PSG, bituma umukino uba 5-4.
Mu minota ya nyuma, Bayern yakomeje gusatira cyane ishaka igitego cyo kwishyura ariko ntibyakunda. PSG na yo yashoboraga gutsinda igitego cya gatandatu ku munota wa 86, ariko ishoti rya Senny Mayulu ryakubise igiti cy’izamu rimaze gusimbura Kvaratskhelia.
Umukino warangiye PSG itahanye intsinzi y’ibitego 5-4, isigara itegereje umukino wo kwishyura uzabera i Munich ku wa 6 Gicurasi 2026. Muri iri joro ryo kuri uyu wa Gatatu, andi makipe abiri, Atletico Madrid na Arsenal, arategerejwe mu wundi mukino ubanza wa ½ uraba saa tatu z’ijoro.























