Ikipe ya REG VC yegukanye igikombe cya shampiyona ya Volleyball mu Rwanda 2025/2026 nyuma yo gutsinda Police VC mu mikino ya nyuma ku mikino 3-2. Umukino wa nyuma wabereye muri Petit Stade i Remera ku Cyumweru tariki 17 Gicurasi 2026. REG VC yegukanye igikombe nyuma yo kugaruka mu buryo bwatangaje nyuma yo kuba yari yarasigaye inyuma.
Police VC yari yatangiye neza finals ndetse isa n’igiye kwegukana igikombe cya mbere mu mateka yayo, ariko REG iyobowe n’umutoza Benon Mugisha ntiyacitse intege. Intsinzi y’umukino wa 3 nuwa 4, harimo n’intsinzi ikomeye ya 3-2 REG yakuye inyuma k’umukino wa 4, yahinduye isura y’irushanwa.
Muri uyu mukino REG VC yawutsinze ku maseti 3-0. (25-22, 25-14, 25-23). Yari umukino wari wegeranye by’umwihariko ku iseti ya kabiri n’iya gatatu.
Umutoza Benon Mugisha yashimye imyitwarire y’abakinnyi be, agaragaza ko ukwihangana kwabaye intwaro ikomeye. Yagize ati: “Ibi bisaba gukomeza gukora no kugira icyizere. Abakinnyi bagaragaje umutima ukomeye kandi ntibigeze bemera gutsindwa”.
Ku rundi ruhande, umutoza wa Police VC, Fred Musoni we yagize Ari: “yemeye ko gutsindwa byatubabaje ariko ndashimangira ko ikipe yange izakura amasomo muri ayo makosa kugira ngo izagaruke irushijeho gukomera”.
Iki gikombe cyongeye gushimangira REG VC nk’imwe mu makipe akomeye muri volleyball y’u Rwanda, mu gihe Police VC ikomeje gushaka gukora amateka yo kwegukana Shampiyona bwa mbere. Ndetse umukinnyi mwiza w’irushanwa ni umunya-Kenya ukinira REG VC Nicholas Matui.












