Urutonde rw’imijyi 50 myiza yo gusura ku Isi mu mwaka wa 2026 rwatangajwe, u Bwongereza bukaba bwagaragaje ko bufite imijyi ihagaze neza muri uru rutonde, mu gihe umugane wa Afrika uhagarariwe n’imijyi ine gusa.
Uru rutonde rwakozwe n’ikinyamakuru Time Out gifatanyije na sosiyete ikora ibijyanye n’ingendo yitwa Intrepid Travel, mu bushakashatsi bwiswe “Best Cities of 2026.”
Muri ubu bushakashatsi, abantu 24,000 batuye mu mijyi itandukanye ku Isi babajijwe ibitekerezo byabo ku buzima bwo mu mijyi. Byongeye kandi, itsinda ry’abahanga 100 b’inzobere za Time Out ku mijyi na bo batanze ibitekerezo byabo ku mijyi ishishikaje kurusha iyindi.Abashakashatsi basesenguye amakuru ashingiye ku ngingo 44 zitandukanye, zirimo: ibiribwa n’ibinyobwa, pariki n’ahantu h’icyatsi kibisi, umuco, ubusabane n’imibanire y’abaturage n’uburyo umujyi ukunzwe n’urubyiruko rwa Gen Z.

Umujyi wa Melbourne wo muri Australia ni wo waje ku mwanya wa mbere mu mijyi myiza yo gusura mu 2026.

Mu Bwongereza, umujyi wa Edinburgh waje ku mwanya wa gatatu, ukurikirwa na London waje ku mwanya wa kane.
Edinburgh yashimiwe cyane kubera Edinburgh Festival Fringe, imwe mu minsi mikuru ikomeye y’umuco ku Isi, ndetse n’ahantu heza nyaburanga harimo pariki zirimo ibiti bya cherry blossom, imihanda ya kera yubakishijwe amabuye n’uturere twihariye dutuma umuntu ashobora kuhazenguruka amasaha menshi atarambirwa.The Sun yanditse ko uyu mujyi kandi wagaragaye mu mijyi ituwe n’abaturage bishimye cyane, kubera ibiribwa byiza ndetse n’ahantu henshi hari amahumbezi.
Ku bijyanye na London, yashimiwe cyane kubera ibyubatswe bishya by’ubukerarugendo birimo Museum of London iri kubakwa muri Smithfield. Abaturage 99% bo muri London bavuze ko bishimira cyane ubuhanzi n’umuco byo muri uwo mujyi.
Undi mujyi wo mu Bwongereza witwaye neza ni Bath, waje ku mwanya wa 26, ushimirwa amahoteli mashya, imibanire myiza y’abaturage ndetse no kwizihiza imyaka 20 y’ikorwa rya spa izwi nka Thermae Bath Spa.
Ku mugabane w’u Burayi, umujyi waje ku mwanya wa mbere ni Zurich waje ku mwanya wa 11 ku Isi. Wakurikiwe na: Copenhagen (13), Krakow (16), na Porto (17).Mu mijyi yo muri Espagne, Madrid na Valencia na yo yinjiye muri uru rutonde ku myanya ya 19 na 20.
Imijyi yo muri Afurika iri muri uru rutonde(Amafoto)

●Cape Town muri Afurika yepfo ni Umujyi uteye neza cyane ukaba wagaragaye kuri ururutonde nkujyi uhagarariye iyindi muri afurika.

● Marrakesh Umurwa mukuru wa Morocco nawo waje kugaragara kuri uru rutonde nkumujyi mwiza wasurwa muri afurika muri 2026 kugeza 2050

●Cairo : Numujyi utuje ufite ikirere cyiza cyane uherereye muri Egypt.

● Lagos:Umujyi ukomeye cyane wa Nigeria kandi uteye amabengeza kuburyo butangaje.
Mu mijyi 10 ya mbere ku Isi harimo: New York City, Bangkok, Seoul na Tokyo
Umujyi wa Shanghai nawo washimwe cyane muri uyu mwaka, cyane cyane nyuma y’uko u Bushinwa bworohereje ingendo z’abakerarugendo bukuraho visa ku bihugu byinshi kugeza mu mpera za 2026.
Umuyobozi ushinzwe ingendo muri Time Out, Grace Beard, yavuze ko ubu bushakashatsi bugamije kugaragaza uko ubuzima bwo mu mijyi buhagaze ku Isi, bugahesha agaciro umuco, imyidagaduro n’imibanire myiza y’abaturagebigira uruhare mu gutuma umujyi uba mwiza kubamo no gusurwa.
Urutonde rw’Imijyi 18 y’ambere ku Isi wasura muri 2026.
Melbourne
AustraliaShanghai
ChinaEdinburgh
United KingdomLondon
United KingdomNew York
United StatesCape Town
South AfricaMexico City
MexicoBangkok
ThailandSeoul
South KoreaTokyo
JapanZurico
SwitzerlandRio de Janeiro
BrazilCopenhagen
DenmarkSao Paolo
BrazilHong Kong
Hong KongKrakow
PolandPorto
Portugal



