TikTok yemeye kwishyura Amerika miliyoni $400 mu rubanza rw’ubuzima bwite bw’abana. Urubuga rwa TikTok na sosiyete yarwo ByteDance bemeye kwishyura Leta Zunze Ubumwe za Amerika miliyoni 400 z’amadolari, kugira ngo barangize urubanza Tik Tok yaregwagamo kutubahiriza amategeko arengera ubuzima bwite bw’abana kuri murandasi. Amasezerano y’ubwumvikane yatangajwe na Minisiteri y’Ubutabera ya Amerika ku wa 21 Kanama 2026.
N’imwe mu ndishyi nini Leta ya Amerika ivanye mu manza zishingiye ku itegeko rizwi nka COPPA, rirengera amakuru bwite y’abanabarimunsi y’imyaka 13.

TikTok izishyura ite?
Muri ayo mafaranga yose, TikTok izatanga miliyoni 300 z’amadolari ako kanya, mu gihe andi miliyoni 100 azishyurwa nyuma y’uko urukiko rufashe icyemezo gikuraho amasezerano y’ubwumvikane yari yarafashwe mu rubanza rwa kera.
Muri rusange, miliyoni 400 z’amadolari zisaga hafi miliyari 590 z’amanyarwanda, bitewe n’igipimo cy’ivunjisha.
Amerika yari yareze TikTok iki?
Ikirego cya Minisiteri y’Ubutabera ya Amerika cyatanzwe mu 2024, nyuma yo koherezwa n’ikigo gishinzwe kurengera abaguzi, Federal Trade Commission (FTC) cyo muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.
Leta yashinjaga TikTok n’ibigo biyishamikiyeho kutubahiriza amategeko arengera abana, harimo kuba yarashoboraga kwemerera abana bari munsi y’imyaka 13 gukoresha konti zisanzwe, ndetse no gukusanya no kubika amakuru yabo bwite mu gihe amategeko asaba ko habanza kuboneka uruhushya rw’ababyeyi. Ikirego kandi cyibandaga ku buryo TikTok yakoraga mu kumenya imyaka y’abayikoresha no mu gusiba konti z’abana bato.

TikTok yahinduye iki?
Minisiteri y’Ubutabera yavuze ko kuva ikirego cyatangwa, TikTok yagize impinduka zikomeye mu mikorere yayo, harimo kongera ingamba zo kurinda abakoresha bakiri bato, kunoza igenzura ry’imyaka no kongera uruhare rw’ababyeyi mu kugenzura imikoreshereze y’urubuga.
Tik tok yemeye gutanga Miliyoni $400 ngo irangize urubanza yaregwagamo muri USA.Izi mpinduka ni zimwe mu mpamvu Minisiteri y’Ubutabera yavuze ko yemeranyije na TikTok kurangiza uru rubanza aho gukomeza inzira y’amategeko ishobora kumara igihe kirekire.
Umuyobozi wungirije muri Minisiteri y’Ubutabera ya Amerika, Stanley E. Woodward Jr, yavuze ko ubwumvikane ari intambwe ikomeye mu kurinda abana n’ababyeyi muri Amerika.Si ukuvuga ko TikTok yahamwe n’icyaha.
Ese ibi bisobanuye ko TikTok yahamwe n’ibyaha byose yashinjwaga?
Minisiteri y’Ubutabera ubwayo ivuga ko ibirego byakemuwe muri ubu bwumvikane byari ibirego gusa, kandi ko nta cyemezo cy’urukiko cyemeje ko TikTok cyangwa ByteDance bafite uburyozwe bw’amategeko. Nubwo bimeze bityo, Minisiteri y’Ubutabera ivuga ko miliyoni 400 z’amadolari ari imwe mu mafaranga menshi kurusha ayandi yigeze aboneka mu manza zishingiye ku itegeko rya COPPA.
Ni ikibazo gikomeje gukurikiranwa muri Amerika. Uru rubanza kandi ruje mu gihe Amerika ikomeje gukaza umurego mu gukurikirana ibigo by’ikoranabuhanga ku bijyanye n’umutekano n’ubuzima bwite bw’abana.TikTok na yo imaze imyaka iri mu bibazo by’amategeko muri Amerika, haba ku bijyanye n’amakuru y’abakoresha ndetse n’umutekano w’abana.










