MINISANTE yasabye Abanyarwanda gukomeza kwitwararika nyuma y’ikwirakwira rya Ebola mu karere

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yongeye guhumuriza Abanyarwanda ko nta cyorezo cya Ebola kiragaragara mu gihugu, ariko isaba abaturage gukomeza kwitwararika no kubahiriza amabwiriza yo kwirinda nyuma y’uko iyi ndwara ikomeje gukwirakwira mu bihugu bituranye n’u Rwanda. Ubu butumwa bwatanzwe mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse na Uganda bikomeje kugaragaramo abarwayi ba Ebola, ibintu byatumye…

Soma inkuru yose

RDC: Abarwayi ba Ebola batorotse ibitaro bya Rampara

Abaturage bo mu Ntara ya Ituri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakomeje kugira ubwoba nyuma y’uko abarwayi ba Ebola n’abari bayikekwaho batorotse ibitaro bya Rampara biherereye hafi y’Umujyi wa Bunia. Amakuru yatangajwe n’urubuga Actualite.cd avuga ko aba barwayi bari batandatu, barimo batatu byari byamaze kwemezwa ko banduye Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo, ndetse…

Soma inkuru yose

Rubavu yashyizeho ingamba zikomeye nyuma y’icyorezo cya ‘Ebola’ kiri muri Goma

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatangaje ko bwashyizeho ingamba zikomeye zigamije gukumira icyorezo cya Ebola nyuma y’uko hagaragaye abarwayi muri Goma no mubindi bice bimwe bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni imyanzuro yafatiwe mu nama yabaye kuri uyu wa 17 Gicurasi 2026, yahuje abayobozi bo ku rwego rw’Intara, Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (Rwanda Biomedical Centre), ubuyobozi…

Soma inkuru yose

Imipaka ya Rubavu na Goma yafunzwe by’agateganyo kubera ‘Ebola’

Gisenyi–Goma yafunzwe mu rwego rwo gukumira icyorezo cya “Ebora” Kiri kuvuza ubuhuha muri DRC. Kuva mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki ya 17 Gicurasi 2026, imipaka ihuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) mu Karere ka Rubavu District yafunzwe by’agateganyo kubera icyorezo cya Ebola gikomeje kugaragara muri RDC. Imipaka yafunzwe irimo…

Soma inkuru yose

OMS Yatangaje ko Icyorezo cya Ebola muri RDC Giteye Impungenge ku Isi

Ebola yongeye gukaza umurego muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, World Health Organization (OMS/WHO), ryatangaje ko icyorezo cya Ebola cyibasiye intara ya Ituri mu burasirazuba bwa Democratic Republic of the Congo ari ikibazo gikomeye cy’ubuzima ku rwego mpuzamahanga. OMS yavuze ko kugeza ubu habaruwe abantu bagera kuri 246 bakekwaho…

Soma inkuru yose

Trump yatumiye Perezida Kagame na Tshisekedi mu nama i Washington

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika Donald J. Trump yandikiye Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Felix Antoine Tshisekedi Tshilombo, abatumira mu nama izabahuriza i Washington DC. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Olivier Jean Patrick Nduhungirehe, yemeje ko ayo mabaruwa yohererejwe Abakuru b’Ibihugu bombi nyuma yo gushyira…

Soma inkuru yose