Nyanza: Hari gukorwa iperereza ku rupfu rw’umugabo wasanzwe mu muhanda, abantu batanu bafashwe

Inzego z’umutekano n’iz’ubugenzacyaha mu Karere ka Nyanza zatangiye iperereza ku rupfu rw’umugabo wasanzwe mu muhanda wa Kigali-Huye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Kamena 2026, nyuma y’uko abaturage batanze amakuru ku makimbirane yabaye mu ijoro ryabanjirije uwo munsi. Ibi byabereye mu Murenge wa Mukingo, Akagari ka Gatagara, aho abaturage bavuga ko…

Soma inkuru yose

Muhanga: Polisi y’u Rwanda yasabye urubyiruko rw’abakorerabushake kugira uruhare mu gukumira ibyaha

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yakanguriye urubyiruko rw’abakorerabushake gukomeza kugira uruhare rugaragara mu gukumira ibyaha no kubungabunga umutekano, ishimangira ko ari bamwe mu bafatanyabikorwa b’ingenzi mu kubaka igihugu gitekanye. Ibi byagarutsweho kuri uyu wa 05 Kamena 2026 mu bukangurambaga bwabereye kuri Muhanga Regional Stadium mu Karere ka Muhanga, bwahuje Polisi y’u Rwanda, ubuyobozi…

Soma inkuru yose

Yampano yisobanuye ku byaha aregwa, Ubushinjacyaha busaba ko afungwa iminsi 30

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano yagejejwe imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa 2 Kamena 2026, aho yaburanye ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo nyuma yo gukurikiranwaho ibyaha bitandukanye bifitanye isano n’amakimbirane yo mu rugo. Mu iburanisha ryamaze amasaha menshi, Ubushinjacyaha bwagaragaje ko hari impamvu zikomeye zituma Yampano akekwaho ibyaha bitandatu birimo gukubita no gukomeretsa…

Soma inkuru yose

Kamonyi: Umusore yafashwe amaze kwiba ihene eshatu z’umuturage

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo, ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano ndetse n’abaturage, ikomeje ibikorwa bigamije gukumira no kurwanya ubujura bw’amatungo hagamijwe kubungabunga umutekano w’abantu n’ibyabo. Muri urwo rwego, kuri uyu wa 31 Gicurasi 2025, mu Karere ka Kamonyi, Umurenge wa Nyamiyaga, Akagari ka Ngoma, hafatiwe mu cyuho umusore wari umaze kwiba ihene eshatu…

Soma inkuru yose

Nyamasheke: Abaturage batewe impungenge n’umusanzu wa “EjoHeza” bavuga ko batabona muri sisitemu

Mu Karere ka Nyamasheke, Umurenge wa Karambi, hari abaturage bavuga ko batewe impungenge n’imikorere ya gahunda y’ubwizigame bw’igihe kirekire ya “EjoHeza”, nyuma yo gutanga amafaranga y’umusanzu ariko ntibabone ubutumwa bubemeza ko amafaranga yabo yashyizwe muri sisitemu nk’uko bisanzwe bigenda ku banyamuryango b’iyi gahunda. Iki kibazo cyatumye bamwe mu baturage batangira kugira amakenga ku mikorere y’ikusanywa…

Soma inkuru yose

Ruhango: Polisi yafashe umugabo wari umaze kwiba miliyoni 1.7 Frw

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo, ku bufatanye n’abaturage, ikomeje ibikorwa byo gukumira no kurwanya ibyaha bitandukanye, cyane cyane ubujura buhungabanya umutekano w’abaturage n’ibyabo. Muri urwo rwego, kuwa 27 Gicurasi 2026, Polisi ikorera mu Karere ka Ruhango mu Murenge wa Bweramana yafatiye mu cyuho umugabo wari umaze kwiba umucuruzi amafaranga asaga miliyoni imwe n’ibihumbi…

Soma inkuru yose

“Ikintu cyagutunze ntushobora kukireka” – Alice Mukankwiro yavuze uko ubuvumvu bwahinduye ubuzima bwe

Mu gihe hari bamwe bafata ubworozi bw’inzuki nk’umwuga woroheje cyangwa ukorerwa mu rwego rwo kwishakira ubuki bwo mu rugo, bamwe mu baturage bo mu Karere ka Ngororero bavuga ko ubuvumvu bwabahinduriye ubuzima ndetse bubafasha kubona amafaranga abafasha kwiteza imbere. Mu Murenge wa Muhororo, Koperative Terimberemuvumvu ni imwe mu makoperative amaze kwagura ibikorwa by’ubuvumvu, aho abaturage…

Soma inkuru yose

Nyanza: Hafashwe umugabo ukekwaho gucuruza inyama z’imbwa mu baturage

Inzego z’umutekano n’ubuyobozi bwo mu Karere ka Nyanza zata muri yombi umugabo ukekwaho kubaga no gucuruza inyama z’imbwa mu baturage. Uyu mugabo witwa Banguwiha uzwi ku izina rya Mugoyi, afite imyaka 44 y’amavuko. Yafatiwe mu Murenge wa Busasamana, Akagari ka Nyanza, mu Mudugudu wa Kavumu. Amakuru yatangajwe n’abaturage avuga ko uyu mugabo yafashwe nyuma y’uko…

Soma inkuru yose

RCS yahakanye indwara y’Iseru mu Igororero rya Nyarugenge

Urwego rushinzwe Igorora mu Rwanda RCS rwanyomoje amakuru yavugaga ko mu Igororero rya Nyarugenge rizwi nka Mageragere haba haragaragaye indwara y’Iseru. RCS ivuga ko ayo makuru atari yo, igasaba abantu kutagira impungenge, kuko nta murwayi w’iseru ubarizwa muri iryo gororero ndetse no mu bindi bigo by’igorora hirya no hino mu gihugu. Ubuyobozi bwa RCS bwagize…

Soma inkuru yose

Umugabo wo muri Nyamasheke Akurikiranyweho Kwica Umugore we Nyuma yo Gutaha Bavuye mu Kabari

Umugabo witwa Burindiri Emmanuel wo mu Karere ka Nyamasheke yatawe muri yombi akekwaho kwica umugore we nyuma y’amakimbirane yabereye mu rugo rwabo nijoro. Ibi byabereye mu Mudugudu wa Mukoto, Akagari ka Karengera, Umurenge wa Kirimbi, aho bivugwa ko uyu mugabo n’umugore we Mukarwego Elleda bari bavuye gusangira inzoga mu kabari mbere y’uko amakimbirane avuka. Amakuru…

Soma inkuru yose

Rubavu yashyizeho ingamba zikomeye nyuma y’icyorezo cya ‘Ebola’ kiri muri Goma

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatangaje ko bwashyizeho ingamba zikomeye zigamije gukumira icyorezo cya Ebola nyuma y’uko hagaragaye abarwayi muri Goma no mubindi bice bimwe bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni imyanzuro yafatiwe mu nama yabaye kuri uyu wa 17 Gicurasi 2026, yahuje abayobozi bo ku rwego rw’Intara, Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (Rwanda Biomedical Centre), ubuyobozi…

Soma inkuru yose

Sky2 Yatawe muri Yombi Akurikiranyweho Gukubita no Guhoza ku Nkeke Umugore we

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB (Rwanda Investigation Bureau), rwatangaje ko rwataye muri yombi Hahirwabasenga Thimotee uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga nka Sky2, akurikiranyweho ibyaha byo gukubita no gukomeretsa ku bushake ndetse no guhoza ku nkeke uwo bashyingiranywe. Acyekwaho gukomeretsa umugore we Amakuru yatangajwe na RIB avuga ko Sky2 akekwaho gukubita umugore we bashakanye byemewe n’amategeko, akanamuruma…

Soma inkuru yose

Abasore batihutira kujya mu rukundo bakiri bato baba bafite amahirwe yo kuzashaka neza

Mu gihe urubyiruko rw’iki gihe rukunze gushyirwa ku gitutu cyo gushaka abakunzi hakiri kare, hari ibitekerezo biri gukwirakwira mu biganiro by’imibereho n’imbuga nkoranyambaga bivuga ko abasore bamara igihe kinini badafite abakunzi bakiri bato baba bashobora kuzagira amahirwe menshi yo kuzubaka urukundo rufite icyerekezo igihe bakuze. Icyo ubusesenguzi buvuga Abasesenguzi bamwe mu bijyanye n’imibanire bavuga ko…

Soma inkuru yose