Abasore n’Inkumi bashyiriweho Urubuga rubahuza n’Abo bifuza Gukundana na bo

Muri iki kinyejana cy’ikoranabuhanga rikomeje guhindura imibereho y’abatuye Isi, mu Rwanda hadutse uburyo bushya bwo gushaka umukunzi hifashishijwe urubuga rwo kuri internet.

Inyuma y’uko hari uburyo busa nk’ubusanzwe abantu bahuzwaga n’imbugankoranyambaga bakubaka ubushuti, wenda byaba bitabaye umwaku urukundo rugakomera bakaba banemeranya kubana, kuri ubu noneho abasore n’inkumi bifuza gukundana bashyiriweho urubuga rugenewe iyo gahunda gusa.

Kuva mu mateka yo hambere abantu bahuriraga mu birori, amakoraniro cyangwa ibikorwa bitandukanye by’imibereho bakabasha kuba aribwo buryo bubahuza n’abandi nashoboraga kubaviramo abo bashakana, gusa kuri ubu kubera urwego rw’iterambere by’umwihariko iry’ikoranabuhanga benshi batangiye kwifashisha internet mu gushaka abo bakundana.

Ni muri urwo rwego havutse urubuga rushya rwiswe Kundwa, rugamije guhuza Abanyarwanda bari mu gihugu ndetse n’abatuye mu mahanga bashaka kubaka umubano w’urukundo.

Ikoranabuhanga rikomeje guhindura uburyo abantu bahura

Mu myaka yashize, abantu benshi babonaga abakunzi babo binyuze mu nshuti, abo mu muryango cyangwa ibikorwa bitandukanye byabahuzaga. Gusa uko ikoranabuhanga ryagiye ritera imbere, ni ko hagiye havuka uburyo bushya bwo guhuza abantu.

Nk’uko IGIHE yabitangaje, Kundwa ni urubuga rwatekerejwe kandi ruhangwa n’Abanyarwanda, rugamije gutanga uburyo bworoshye bwo gufasha abantu guhura no kumenyana bifashishije internet.

Abarukoresha babanza kwiyandikisha, bagatanga amakuru yabo bwite ndetse n’amafoto kugira ngo imyirondoro yabo igenzurwe mbere yo gutangira gukoresha uru rubuga.

Uko Kundwa ikora

Abakoresha Kundwa buzuza imyirondoro yabo irimo amazina, amafoto, amakuru abavuga ndetse n’ibyo bifuza ku muntu bashaka gukundana na we.

Amakuru yatangajwe na IGIHE agaragaza ko imikorere y’uru rubuga isa n’iy’izindi porogaramu mpuzamahanga zizwi nka Tinder, aho abantu babiri bagaragaje ko bashimanye bahita bahuzwa binyuze muri gahunda izwi nka “match“.

Iyo abantu bamaze guhuzwa, bashobora gukomeza kuganira no kumenyana kurushaho mbere yo gufata umwanzuro wo guhura cyangwa gukomeza umubano.

Serivisi zitangwa ku giciro gitandukanye

Kugira ngo umuntu afunguze konti kuri Kundwa, asabwa kwishyura amafaranga 2.000 Frw akoresheje telefone.

Nyuma yo kwiyandikisha, ushaka gukoresha uburyo bwo kuganira n’abandi akenera kwishyura 500 Frw ku munsi.

IGIHE yanditse ko kubona nimero ya WhatsApp y’uwo umuntu yashimye bisaba kwishyura 3.000 Frw, mu gihe serivisi ya VIP yo ihabwa abifuza amahirwe yisumbuyeho yo guhura n’abandi bakoresha urubuga, ikaba igura 5.000 Frw ku cyumweru.

Ku bashaka guhura n’Abanyarwanda baba mu mahanga, hari gahunda yihariye yishyurwa 15.000 Frw.

Hari abayishima n’abatayishyigikiye

Nubwo urubuga rwa Kundwa rugaragara nk’igisubizo ku bantu badafite umwanya uhagije wo guhura n’abandi mu buryo busanzwe, hari n’abakomeje gutanga ibitekerezo bitandukanye kuri ubu buryo bwo gushaka abakunzi.

Bamwe bavuga ko ikoranabuhanga ryorohereza abantu guhura no kumenyana, mu gihe abandi bagaragaza impungenge zijyanye n’ubwizerane ndetse n’umutekano w’amakuru bwite atangwa kuri internet.

Abasesenguzi bavuga ko uko ikoreshwa rya internet rikomeza kwiyongera mu Rwanda, serivisi nk’izi zishobora kurushaho kwamamara, cyane cyane mu rubyiruko n’Abanyarwanda batuye mu bice bitandukanye by’Isi.

Ikoranabuhanga rikomeje guhindura imibanire

Kundwa ije yiyongera ku zindi serivisi z’ikoranabuhanga zikomeje guhindura uburyo abantu bakorana, baganira ndetse banubaka umubano.

Mu gihe bamwe bakiyumvamo uburyo bwa gakondo bwo guhura imbonankubone, abandi bo babona internet nk’inzira nshya itanga amahirwe menshi yo kumenyana no kubaka umubano.

Umwanditsi: CYIZA Theogene

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *