Amavubi akomereje imyiteguro muri Misiri nyuma y’ihagarikwa ry’imikino ya gicuti yari kubera muri Maroc

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, yakomereje umwiherero wayo i Cairo mu Misiri nyuma y’uko imikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga yari iteganyijwe kubera muri Maroc ihagaritswe ku mpamvu z’umutekano n’iz’ubuzima.

Amavubi yari yateganyijwe gukina n’Ikipe y’Igihugu ya Comores ku wa 6 Kamena 2026 ndetse na Tanzania ku wa 9 Kamena 2026, mu mikino yari kubera mu mujyi wa Marrakech muri Maroc mu kiruhuko mpuzamahanga cya FIFA.

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko ryamenyeshejwe n’inzego z’umupira w’amaguru muri Maroc ko iyo mikino itakibaye, nyuma y’icyemezo cyafashwe n’inzego zibishinzwe muri icyo gihugu.

Nubwo iyo gahunda yahindutse, FERWAFA yavuze ko imyiteguro y’Amavubi yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027 ikomeje nk’uko byari biteganyijwe. Ikipe ikaba izakomereza imyitozo n’umwiherero i Cairo kuva ku wa 4 kugeza ku wa 11 Kamena 2026.

Ku ruhande rwa Tanzania, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri icyo gihugu (TFF) ryatangaje ko imikino yari iteganyijwe muri Maroc yahagaritswe kubera ingamba zo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola. Ibihugu birimo u Burundi na Uganda na byo byatangaje ko gahunda zabyo z’imikino zari kubera muri Maroc zahagaritswe.

Nubwo Amavubi atakibonye ayo mahirwe yo gukina imikino ya gicuti, abakinnyi n’abatoza bakomeje imyiteguro bafite intego yo kwitwara neza mu mikino iri imbere yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *