Rwamagana: Umugabo Yafashwe Agiye Gutoroka Nyuma yo Gukekwaho Kwica Umugore we Amukubise Ikibando

Mu Karere ka Rwamagana haravugwa inkuru y’incamugongo nyuma y’uko umugabo akekwaho kwica umugore we amukubise ikibando mu mutwe, nyuma y’amakimbirane yari asanzwe avugwa muri uru rugo.

Ibi byabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Nyakanga 2026, mu Mudugudu w’Akabare, Akagari k’Akabare, Umurenge wa Musha, aho abaturage babyutse basanga umugore yishwe mu buryo bubabaje.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musha, Karahamuheto Claudios, yavuze ko amakuru y’ibanze agaragaza ko uyu mugabo yishe umugore we amukubise ikibando mu mutwe nyuma y’ubushyamirane bwabaye hagati yabo.

Yagize ati: “Ni umugabo wishe umugore we, kubera amakimbirane asanzwe yo mu rugo. Ubu ibindi byose biracyari mu iperereza. Twamufashe arimo gutoroka ari hafi y’ikiyaga cya Muhazi agiye kugenda. Yishe uwo mugore amukubise ikibando mu mutwe.”

Nyuma y’icyo gikorwa, ukekwaho icyaha yahise atoroka, ariko aza gufatirwa hafi y’Ikiyaga cya Muhazi mbere y’uko abasha guhunga.

Kuri ubu afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Musha, mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane icyateye ayo makimbirane n’icyagejeje uyu muryango ku iherezo ribabaje.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Musha bwongeye kwibutsa abaturage kwirinda amakimbirane yo mu ngo no kuyatangira amakuru ku gihe, bukavuga ko kutayakumira bishobora kuvamo ibyaha bikomeye birimo ubwicanyi no gufungwa.

Gitifu Karahamuheto yasabye abaturage kujya bihutira kumenyesha ubuyobozi imiryango ibanye nabi kugira ngo hafatwe ingamba zo kuyunga no gukumira ingaruka zikomeye zishobora kuvuka.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *