Guverinoma ya Kenya yatangaje ko inzoga eshanu zo muri icyo gihugu zaciwe kugurishwa ku isoko ry’u Rwanda zari zujuje ubuziranenge, nyuma y’uko hagaragaye impungenge ku bipimo byazo.
Nk’uko Ukweli Times yabitangaje, Kenya Bureau of Standards (KEBS) yatangaje ko inzoga eshanu zo muri Kenya ziherutse guhagarikwa mu Rwanda, zirimo: Kenya King Gin, Safari Gin, na Gilbey’s Gin zagombaga kubanza gusuzumwa n’inzego zibishinzwe mu Rwanda.
Izi nzoga zari zarakomorewe kugurishwa n’Ikigo gishinzwe ibiribwa n’imiti mu Rwanda, Rwanda FDA, nyuma y’uko hakorewe igenzura rikomeye ryabayeho ibizamini bya laboratwari, igenzura ry’inganda ndetse n’ibicuruzwa bigurishwa ku isoko.
Ukweli Times ivuga ko nyuma y’ayo makuru, byagaragaye ko inzoga zavuzweho ikibazo zitanyuranyije n’ibipimo ngenderwaho by’ubuziranenge n’umutekano byashyizweho na Kenya ndetse n’ibipimo by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Ibi bibaye mu gihe ibicuruzwa by’ibinyobwa bisindisha bikomeje kugenzurwa cyane mu karere, hagamijwe kurengera ubuzima bw’ababikoresha no kwirinda ko ku masoko y’ibihugu bigize EAC hajya ibicuruzwa bitujuje ubuziranenge.
Rwanda FDA n’izindi nzego zibishinzwe zisanzwe zifite inshingano zo kugenzura ibicuruzwa byinjira ku isoko ry’u Rwanda, kugira ngo harebwe niba byujuje ibisabwa mbere yo kugurishwa ku baguzi.











