Mu nama y’Igihugu y’Abana ya 18 yabereye mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolée, yasabye urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge, ubusinzi n’izindi ngeso mbi zibangamira ejo hazaza habo.
Izi mpanuro yazihaye abana 567 bitabiriye iyi nama, abasaba gukomeza kugira inzozi no gukora cyane kugira ngo bazazigereho.
Minisitiri Uwimana yavuze ko abana ari bo mizero y’imiryango yabo ndetse n’iy’igihugu, bityo ko badakwiye kwemera icyababuza kugera ku ntego bihaye.
Yagize ati: “Muri icyizere cy’imiryango yanyu ariko n’icyizere cy’igihugu cyacu. Ntimukigere na rimwe mwemera ko hari icyahungabanya inzozi zanyu.
“Yanabashishikarije gushyira imbaraga mu masomo no gukoresha ikoranabuhanga nk’igikoresho cyabafasha kwagura ubumenyi no kwitegura guhangana n’Isi igenda ihinduka.
Ati: “Mukwiriye kuzajya mushyira imbaraga mu byo mwiga ndetse munibande mu gukoresha ikoranabuhanga mu gukomeza kwiyungura ubumenyi.”
Yaburiye abana kwirinda ibintu bishobora kubatesha umurongo birimo ubusinzi, ibiyobyabwenge, inshuti mbi n’ababashukisha ibireshyabana bagamije kubinjiza mu ngeso mbi.
Ku ruhande rw’abana, Perezida w’Ihuriro ry’Abana ku Rwego rw’Igihugu, Isimbi Kelia, yashimiye ubuyobozi bw’u Rwanda bukomeje guha abana ijambo mu bibakorerwa, anasaba ko hakomeza gukazwa ingamba zo kurwanya ibibangamira uburenganzira bw’umwana.
Yagize ati: “Turabasaba gukomeza gukumira ibibangamira uburenganzira bw’umwana harimo ibiyobyabwenge, ihohoterwa rikorerwa abana, amakimbirane mu miryango n’ibindi.”
Yanibukije bagenzi be ko bafite inshingano zo kubaha abakuru, gukunda ishuri no kwirinda ingeso mbi zirimo kunywa inzoga n’ibiyobyabwenge, bakarangwa n’indangagaciro nyarwanda.
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imikurire no Kurengera Umwana (NCDA), Assumpta Ingabire, yavuze ko insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti “Ejo ni Njye” yibutsa abana ko bafite uruhare rukomeye mu kubaka ejo hazaza habo n’iterambere ry’u Rwanda.
Yavuze ko abana bakwiye kumva ko ari abafatanyabikorwa b’iterambere, bityo bakagaragaza ubushake bwo kubaka ejo heza hazabagirira akamaro bo ubwabo, imiryango yabo ndetse n’igihugu muri rusange.
Inama y’Igihugu y’Abana yatangiye mu mwaka wa 2004, nyuma y’uko abana basabye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kubashyiriraho urubuga rubafasha kungurana ibitekerezo no kuganira n’abafata ibyemezo ku bibareba.











