Jean Baptiste Tuyisenge

Umukecuru w’imyaka 65 yatunguye benshi kubera ubuhanga bwe mu kubuguza.

Mukandekezi Rozarie w’imyaka 65 ni umwe mu bakinnyi bamaze kubaka izina mu mukino w’igisoro, aho amaze inshuro enye zikurikiranya ahagararira Intara y’Amajyepfo mu mikino ya nyuma y’Umurenge Kagame Cup. Nubwo atabashije kugera ku musaruro yifuzaga mu mikino ya nyuma yabereye mu Karere ka Bugesera kuwa 22 Kamena 2026, yavuze ko urukundo afitiye igisoro rwatangiye akiri…

Soma inkuru yose

Amasaha asigaye ya Keir Starmer ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza arabarirwa ku ntoki.

Ibintu bikomeje guhinduka mu Bwongereza, aho igitutu gikomeje kwiyongera kuri Minisitiri w’Intebe Keir Starmer. Hari abari muri Guverinoma ndetse no mu Ishyaka ry’Abakozi (Labour Party) batangiye kuvuga ko ashobora gutangaza icyemezo cyo kwegura mu gihe gito cyane kiri imbere, hashobora kuba mu masaha cyangwa iminsi iri hafi. Nubwo kugeza ubu Minisitiri w’Intebe Keir Starmer ataratangaza…

Soma inkuru yose

Abakozi ba Trinity Metals biyemeje guhangana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.

Abakozi b’isosiyete Trinity Metals icukura amabuye y’agaciro mu kirombe cya Rutongo, kuwa 19 Kamena 2026 bibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, banaha icyubahiro abahoze ari abakozi b’iki kirombe bakoreraga REDEMI bazize Jenoside. Muri iki gikorwa, abitabiriye bibukijwe amateka yaranze Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’uruhare rwo kuyasigasira no kurwanya abayagoreka. Biyemeje gukomeza…

Soma inkuru yose

Umwana w’imyaka 11 wo mu karere ka Rwamagana yasanzwe mu mugozi yapfuye, hakekwa ko yiyahuye.

Umwana w’umuhungu wari ufite imyaka 11 wo mu Mudugudu wa Bishangara, Akagari ka Sovu, Umurenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, yasanzwe amanitse mu mugozi yapfuye ku mugoroba wo kuwa 21 Kamena 2026, bikekwa ko yaba yiyahuye. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigabiro, Rushimisha Mark, yatangaje ko uwo mwana yabonwe n’umuvandimwe we amanitse mu mugozi mu…

Soma inkuru yose

Perezida Évariste Ndayishimiye w’u Burundi ategerejwe i Kinshasa mu gihe imirwano ikomeje gufata indi ntera mu gace ka Minembwe, muri RDC.

Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yageze i Kinshasa muri RDC mu ruzinduko rw’iminsi ibiri rugamije kuganira na Perezida Félix Tshisekedi ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bw’iki gihugu, cyane cyane intambara ikomeje kubera muri Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru. Ibiro bya Perezida wa RDC byatangaje ko aba bayobozi bombi baganira ku bibazo bihangayikishije ibihugu byombi,…

Soma inkuru yose

Amerika na Iran byagiranye amasezerano ku buryo bwo korohereza ubwato kunyura muri Hormuz.

Ibiganiro byahuje Amerika na Iran byabereye mu Busuwisi byarangiye impande zombi zemeranyije ku ngingo z’ingenzi zigamije kugera ku masezerano ya nyuma mu minsi 60 iri imbere. Nubwo ibiganiro byatangiranye umwuka mubi, aho Iran yavugaga ko inzira ya Hormuz yongeye gufungwa mu gihe Perezida Donald Trump yaburiraga Iran ko ishobora kongera kugabwaho ibitero, abahuza ari bo…

Soma inkuru yose

Musa Fazil yanenze icyifuzo cya Tshisekedi cyo gushaka ko u Rwanda ruyoborwa n’Interahamwe.

Perezida w’Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi (PDI), Sheikh Musa Fazil Harerimana, yavuze ko Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo akomeje kugaragaza ubushake buke bwo gushyira mu bikorwa amasezerano y’amahoro hagati y’ibihugu byombi, ashimangira ko icyifuzo cyo kubona u Rwanda ruyoborwa n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi kidashoboka. Yabigarutseho kuwa 21 Kamena 2026, mu…

Soma inkuru yose

Akarere ka Bugesera karishimira kurangiza kubaka ”Arena”.

Akarere ka Bugesera kagaragaza ko gakomeje gutera intambwe ishimishije mu iterambere, binyuze mu mishinga karimo kwishyurira ku ngengo y’imari yako ndetse n’indi mishinga minini ya Leta izafasha guhindura isura y’aka karere no kukageza ku rwego rushya rw’iterambere. Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye kuwa 18 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Richard Mutabazi, yavuze ko imirimo yo…

Soma inkuru yose

Amanegeka yo muri Gasabo ashobora guhindurwamo imidugudu ya ‘Ntuye Neza’.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwagaragarije Komisiyo ya Sena y’Ububanyi n’Amahanga, Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Umutekano ko guhora bwimura abaturage batuye ahashyira ubuzima bwabo mu kaga cyangwa abasenyewe n’ibiza bidashobora kuba igisubizo kirambye, busaba ubuvugizi kugira ngo imisozi ituweho itunganywe neza abaturage bayitureho mu buryo burambye. Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Gasabo, Mudaheranwa Regis, yavuze ko imiterere y’Umujyi wa…

Soma inkuru yose

Ikigo Nderabuzima cya Muyumbu cyo mukarere ka Rwamagana kigiye kwagurwa ku ngengo y’imari irenga miliyoni 700 Frw.

Umuryango Health Builders, ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) n’Akarere ka Rwamagana, watangije ku mugaragaro ibikorwa byo kwagura no kuvugurura Ikigo Nderabuzima cya Muyumbu mu mushinga uzatwara amadolari ya Amerika 485.000, asaga miliyoni 709 Frw. Uyu mushinga watangijwe kuwa 19 Kamena 2026, ugamije kongerera ubushobozi iki kigo nderabuzima mu gutanga serivisi z’ubuvuzi, by’umwihariko izijyanye no…

Soma inkuru yose

Abahanzi ba MTN Iwacu Muzika bakoranye siporo n’abaturage bo mu Karere ka Huye.

Abatuye mu Mujyi wa Huye bongeye kuryoherwa na weekend y’ibirori bya MTN Iwacu Muzika, yatangijwe na siporo rusange yiswe Huye Night Run, yabaye ku mugoroba wo kuwa 19 Kamena 2026, iteguriza urukurikirane rw’ibitaramo bitegerejweho gususurutsa abakunzi b’umuziki, by’umwihariko urubyiruko. Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iki gikorwa, Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, yabashimiye ku bwitabire…

Soma inkuru yose

Muri Kamonyi, imiryango irenga 100 yorojwe amatungo, iyabanaga mu buryo butemewe n’amategeko isezeranywa mu buryo bwemewe.

Iki gikorwa cyabaye kuwa Gatanu, tariki ya 19 Kamena 2026, aho imiryango 95 yo mu Murenge wa Nyamiyaga yorojwe ihene, mu gihe indi 16 yo mu Murenge wa Gacurabwenge yorojwe inka. Cyateguwe ku bufatanye bw’imishinga RW0524 EPR Ruyumba na RW0523 EPR Gacurabwenge, ku bufatanye n’Itorero Église Presbyteriénne au Rwanda (EPR) ndetse na Compassion International, hagamijwe…

Soma inkuru yose

Qatar yahaye Trump Air Force One nshya nk’impano y’agatangaza.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yerekanye indege nshya yo mu bwoko bwa Boeing 747-8 yahawe na Qatar, ikaba iteganyijwe kwinjizwa mu itsinda ry’indege zitwara Perezida wa Amerika rizwi nka Air Force One. Iyi ndege, ifite agaciro kegeranye na miliyoni 400 z’amadolari ya Amerika, yatanzwe na Leta ya Qatar nk’impano idafite ibyo…

Soma inkuru yose

Icyorezo cya Ebola gikomeje kwibasira abakozi b’ubuzima muri RDC, aho abaganga barenga 70 bamaze kwandura.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryatangaje ko icyorezo cya Ebola gikomeje kugira ingaruka zikomeye ku rwego rw’ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), aho abaganga n’abakozi b’ubuzima 75 bamaze kwandura, mu gihe 17 muri bo bamaze kwitaba Imana. Ibi byatangajwe ku wa Gatanu na Marie Roseline Belizaire, umuyobozi ushinzwe ubutabazi bw’ibanze muri…

Soma inkuru yose

Ikoranabuhanga ry’Abashinwa ryigaruriye Igikombe cy’Isi.

Ikipe y’u Bushinwa ishobora kuba itabonetse mu Gikombe cy’Isi cya 2026, ariko igihugu cyayo kiri kugaragara cyane binyuze mu bigo by’ikoranabuhanga byabaye abafatanyabikorwa b’ingenzi b’iri rushanwa, bikomeje kwerekana imbaraga zabyo ku rwego mpuzamahanga. Nubwo Ikipe y’Igihugu y’u Bushinwa itari mu Gikombe cy’Isi cya 2026, ikoranabuhanga n’ibicuruzwa by’icyo gihugu byo biri mu bikomeje kugaragara cyane muri…

Soma inkuru yose

Ishuri rya NISS ryo muri Nijeriya ryasuye Ikigo cya Mutobo mu rwego rwo kwiga ku ngamba z’u Rwanda zo gusubiza mu buzima busanzwe abavuye mu mitwe yitwaje intwaro.

Intumwa ziturutse mu Ishuri Rikuru ry’Ubushakashatsi ku Mutekano rya Nigeria (NISS), ziri mu Rwanda mu rugendoshuri rw’icyumweru, zasuye Ikigo cya Mutobo giherereye mu Karere ka Musanze, gishinzwe kwakira no gufasha abahoze mu mitwe yitwaje intwaro gusubira mu buzima busanzwe no kongera kwinjira mu muryango nyarwanda. Izi ntumwa zakiriwe na Perezida wa Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Gusezerera…

Soma inkuru yose

Bebe Cool yemeye guhindura imvugo ku kibazo cya Miss Jolly nyuma y’inama ya Gen. Muhoozi.

Gen Muhoozi Kainerugaba yasabye Bebe Cool guhagarika amagambo n’ibikorwa bimushinja guharabika Miss Mutesi Jolly, amakimbirane bari bamazemo iminsi ku mbuga nkoranyambaga. Mu butumwa yashyize ku rubuga rwe rwa X kuri uyu wa Kane, umuhanzi Bebe Cool yatangaje ko yakiriye telefoni ya Gen Muhoozi Kainerugaba, amusaba guhagarika gukomeza guharabika Mutesi Jolly ku mbuga nkoranyambaga, ahubwo ikibazo…

Soma inkuru yose

Perezida Ramaphosa yagaragaje kutemeranya n’abaturage bamwe basaba ko abanyamahanga birukanwa muri Afurika y’Epfo.

Perezida Cyril Ramaphosa yavuze ko Guverinoma ya Afurika y’Epfo itashyizeho itegeko isaba abanyamahanga bari mu gihugu mu buryo butemewe n’amategeko kuhava, ahubwo ko iri gukora ku ngamba z’igihe kirekire zigamije gukemura iki kibazo mu buryo burambye. Ibi yabivuze nyuma y’aho imiryango imwe n’imwe irwanya abanyamahanga badafite ibyangombwa, harimo March and March Movement, yatanze tariki ya…

Soma inkuru yose

Ebola ikomeje gusiga ubuzima bw’abaturage bo muri RDC mu kangaratete.

Abaturage bo mu duce twugarijwe na Ebola muri RDC bakomeje kwibasirwa n’imibereho mibi, bitewe n’uko icyorezo cyiyongereye ku bibazo byari bisanzwe birimo ubukene, ikibazo cy’amazi meza n’isuku, ndetse n’intege nke z’urwego rw’ubuzima. Umuryango Oxfam uvuga ko imibare y’abanduye Ebola ishobora kuba iri hejuru kurusha itangazwa, kuko mu duce twinshi twugarijwe n’icyorezo bigoye kumenya abarwayi bose…

Soma inkuru yose

Kigali International Peace Marathon yanditse amateka mashya mu Mujyi wa Kigali.

Irushanwa Mpuzamahanga ryo Gusiganwa ku Maguru rya Kigali International Peace Marathon 2026 ryanditse amateka mashya mu Mujyi wa Kigali, haba mu mubare munini w’abaryitabiriye, imigendekere myiza yaryo, ibihembo byatanzwe, ndetse n’umusaruro ushimishije w’Abanyarwandakazi mu cyiciro cya Half Marathon, aho bagaragaje ubwitange n’ubushobozi budasanzwe. Iri rushanwa mpuzamahanga ryabaye ku wa 13 no kuwa 14 Kamena 2026…

Soma inkuru yose

Ubwiyongere bw’ibiciro muri Amerika bwazamutse bugera kuri 4,2%.

Ibiciro by’ibicuruzwa na serivisi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika byazamutse ku muvuduko mwinshi muri Gicurasi 2026, aho igipimo cy’izamuka ry’ibiciro (inflation) cyageze kuri 4,2%, kivuye kuri 3,8% cyariho muri Mata. Nk’uko Ibiro bishinzwe Ibarurishamibare ry’Umurimo muri Amerika (BLS) byabitangaje, iri zamuka ryatewe ahanini n’izamuka rikabije ry’ibiciro by’ingufu zirimo lisansi, gaze n’amashanyarazi. Ni inshuro ya…

Soma inkuru yose

Amerika yasabye u Bubiligi gufata ingamba ku bagenzi baturuka muri RDC kubera Ebola.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zasabye u Bubiligi gushyiraho ingamba zikomeye zigamije kugenzura cyangwa kugabanya kwinjira kw’abagenzi baturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola. Ikinyamakuru De Morgen cyatangaje ko Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Bubiligi, Bill White, yasabye Guverinoma y’u Bubiligi gushyigikira ingamba…

Soma inkuru yose

Kanyanga yishe abantu batatu barimo abakecuru mu Karere ka Rwamagana.

Abantu batatu bo mu Murenge wa Muhazi, Akarere ka Rwamagana, barimo abakecuru babiri bafitanye isano ya hafi, bitabye Imana nyuma yo kunywa kanyanga bavuga ko bari bayifashe nk’umuti wo kubavura uburwayi bwo mu nda. Abo bakecuru, umwe w’imyaka 71 undi w’imyaka 68, batuye mu Mudugudu wa Ngendo, Akagari ka Murambi. Mu mpera z’icyumweru gishize, bahuye…

Soma inkuru yose

Kubera ikirere, gahunda y’amasaha ya Kigali International Peace Marathon yarahinduwe.

Abategura Irushanwa Mpuzamahanga ryo Gusiganwa ku Maguru rya Kigali International Peace Marathon batangaje ko abazasiganwa mu cyiciro cya Full Marathon (km 42) bazahaguruka saa 06:30 za mu gitondo, mu rwego rwo kwirinda ubushyuhe n’izuba rikabije rikunze kuranga ikirere cy’i Kigali muri iki gihe cy’impeshyi. Irushanwa Mpuzamahanga rya Kigali ryitiriwe amahoro, Kigali International Peace Marathon, rigiye…

Soma inkuru yose

RDC yasubije i wabo abarenga 50% by’abimukira bo muri Amerika y’Epfo birukanywe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yatangaje kuri uyu wa 5 Kamena 2026 ko abarenga kimwe cya kabiri cy’abimukira 15 bakomoka muri Amerika y’Epfo, bari barirukanywe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bakoherezwa i Kinshasa muri Mata, bamaze gusubira mu bihugu byabo by’amavuko. Kuwa 17 Mata 2026, abagabo n’abagore 15 bakomoka muri Colombia,…

Soma inkuru yose

AVEGA Agahozo yishimiye kwakira ivuriro rigendanwa ryatanzwe na Imbuto Foundation.

Umuyobozi Mukuru wa Imbuto Foundation, Elodie Shami, yashyikirije Umuryango AVEGA Agahozo impano y’ivuriro rigendanwa (mobile clinic), mu rwego rwo gukomeza gushyigikira ibikorwa by’ubuzima no kwegera abagenerwabikorwa b’uyu muryango. Iri vuriro rigendanwa ryashyikirijwe AVEGA Agahozo binyuze mu bufatanye hagati ya Imbuto Foundation n’Ikigo cya Leta ya Turukiya gishinzwe ubutwererane n’iterambere kizwi nka TIKA (Turkish Cooperation and…

Soma inkuru yose

Umugabo yatawe muri yombi akekwaho kwica umugore we akamumanika mu mugozi.

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Iburengerazuba yatangaje ko iri gushakisha umugabo w’imyaka 25 ukekwaho kwica umugore babanaga mu buryo bunyuranyije n’amategeko, nyuma akamumanika mu mugozi ahetse umwana wari ukiri muzima. Ibi byabereye mu Mudugudu wa Kaboneye, Akagari ka Rurara, Umurenge wa Mushonyi mu Karere ka Rutsiro, saa moya za mu gitondo (07:00) zo kuri…

Soma inkuru yose

U Rwanda na Pakistan bigiye gushimangira ubufatanye mu by’ingufu za nikeleyeri.

Amasezerano y’ubufatanye hagati y’u Rwanda na Pakistan mu rwego rw’ingufu za nikeleyeri yashyizweho umukono n’Urwego Ngenzuramikorere mu Rwanda (RURA), rwari ruhagarariwe n’Umuyobozi Mukuru Wungirije, Claude Nkusi, hamwe na Zia Hussain Shah, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cya Pakistan gishinzwe kugenzura ingufu za nikeleyeri (PNRA). Uyu muhango wabereye muri Pakistan witabirwa na Ambasaderi w’u Rwanda muri icyo gihugu,…

Soma inkuru yose

Umwarimu SACCO ugiye koroshya uburyo bwo kubona inguzanyo ku banyamuryango bayo.

Mu rwego rwo gukumira ibihombo no kurinda inyungu z’abanyamuryango, Umwarimu SACCO yashyizeho uburyo bushya bw’igenagaciro rikorerwa abasaba inguzanyo mbere yo kuzihabwa. Koperative Umwarimu SACCO yatangaje uburyo bushya bwo gukoresha igenagaciro ku basaba inguzanyo, bugamije kurinda abanyamuryango igihombo no kurushaho kunoza serivisi zitangwa mu rwego rw’inguzanyo. Mu itangazo yashyize ahagaragara mu mpera z’icyumweru gishize, Umwarimu SACCO…

Soma inkuru yose

Goma: Hatangajwe ko umurwayi wa Ebola yakize.

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ryatangaje ko umuntu umwe wari waranduye icyorezo cya Ebola mu Mujyi wa Goma yakize neza, asezererwa mu bitaro nyuma yo guhabwa ubuvuzi. Iri huriro ryavuze ko uwo murwayi yakurikiranwe n’inzego z’ubuzima kugeza igihe yemejwe ko yakize burundu, mbere yo gusezererwa. Aya makuru aje nyuma…

Soma inkuru yose

Ubushinwa buri hafi gusimbura RDC ku mwanya w’isoko rya mbere ry’ibicuruzwa by’u Rwanda.

Ubushinwa buri hafi kwambura RDC umwanya w’isoko rya mbere ry’ibicuruzwa by’u Rwanda, mu gihe imibare mishya igaragaza impinduka zikomeye mu bucuruzi mpuzamahanga bw’iki gihugu. Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) igaragaza ko Ubushinwa buri hafi gufata umwanya wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) nk’isoko rya mbere ry’ibicuruzwa byoherezwa mu mahanga biturutse mu Rwanda. Muri Mata…

Soma inkuru yose

Rubio yavuze ko intambara ya Ukraine yabereye u Burusiya ‘ibyago bikomeye’, mu gihe inama ya Putin yatangizwaga nyuma y’ibitero byateje inkongi i St. Petersburg.

Inama Mpuzamahanga y’Ubukungu ya St. Petersburg, ifatwa nk’iy’ingenzi kurusha izindi mu Burusiya, yafunguwe kuri uyu wa Gatatu mu gihe umujyi wari ukiriho umwotsi mwinshi nyuma y’ibitero bya Ukraine byibasiye ibikorwa by’ingufu n’ibya gisirikare, ibintu byahungabanyije isura i Kremlin yashakaga kugaragaza y’ubukungu bwihagazeho nubwo igihugu gifatiwe ibihano. Ibi byabaye mu gihe Umunyamabanga wa Leta wa Amerika…

Soma inkuru yose

Ukraine yibasiye ibikorwa bya peteroli n’ibya gisirikare i St. Petersburg mu gihe hafungurwaga inama mpuzamahanga iyobowe na Putin.

Perezida Volodymyr Zelensky yemeje ko ingabo za Ukraine zagabye ibitero ahantu h’ingezi mu Burusiya mu ijoro ryakeye, harimo ububiko bwa peteroli bwa St. Petersburg, ibikorwa bya gisirikare biri ku birindiro by’amato bya Kronstadt ndetse n’uruganda rukora ibikoresho bya gisirikare mu karere ka Tambov. Ibi bitero byateje inkongi ikomeye hafi ya St. Petersburg, mu gihe uwo…

Soma inkuru yose

Abacuruzi babitse litiro miliyoni ebyiri za lisansi basabwe kuzigeza ku isoko.

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyahaye abacuruzi b’ibikomoka kuri peteroli igihe cy’iminsi 30 kugira ngo basohore mu bubiko lisansi na mazutu bimazemo amezi arenga atandatu, bingana na litiro 1.993.750. RRA yasabye abo bacuruzi kwishyura imisoro ikwiye kuri ibyo bicuruzwa mbere yo kubishyira ku isoko, kugira ngo bitangire kugurishwa nk’ibisanzwe. Iki cyemezo kigamije gutuma ibikomoka kuri peteroli…

Soma inkuru yose

Kuri uyu wa Gatatu hazatangira ibizamini bya Leta hirya no hino mu gihugu.

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) irafungura ku mugaragaro ibikorwa by’ibizamini ngiro by’umwaka w’amashuri wa 2025/2026 kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 3 Kamena. Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iratangiza ku mugaragaro ibizamini ngiro by’umwaka w’amashuri wa 2025/2026 kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 3 Kamena 2026, mu muhango uteganyijwe gutangira saa mbiri n’igice za mu gitondo. Ibi bizamini bizakomeza…

Soma inkuru yose

Ibitero bya misile na drones by’u Burusiya byahitanye 18, bikomeretsa abarenga 100 muri Ukraine.

Mu masaha yo mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri, u Burusiya bwagabye ibitero bikomeye bya misile na drones mu bice bitandukanye bya Ukraine, bihitana nibura abantu 18 mu gihe abarenga 100 bakomerekeye muri ibyo bitero. Mu murwa mukuru Kyiv, abayobozi batangaje ko abantu batandatu bishwe naho 79 barakomereka, barimo abana batatu. Mu mujyi wa…

Soma inkuru yose

Dore ibihano bitegereje abahenda abavomyi bitwaje ibura ry’amazi.

WASAC Group yasobanuye ko ibura ry’umuriro ryiyongereye ku kibazo gisanzwe cyo kugabanuka kw’ingano y’amazi mu bihe by’izuba, bituma serivisi yo kugeza amazi ku bafatabuguzi ihungabana. Umuvugizi wa WASAC, Bimenyimana, yavuze ko kugeza ubu ikibazo gikomeye cy’ibura ry’amazi kizwi kiri mu Murenge wa Kigarama mu Karere ka Kicukiro no mu Murenge wa Mageragere mu Karere ka…

Soma inkuru yose

AFC/M23 yavuze ko yiteguye gusubiza yivuye inyuma ibikorwa bya gisirikare bishya bya FARDC.

AFC/M23 yatangaje ko izatanga igisubizo gikomeye kandi gihwanye n’uburemere bw’ibitero byose bishya byagabwa ku bice igenzura mu Burasirazuba bwa RDC. Mu itangazo AFC/M23 yasohoye mu ijoro ryo ku wa 1 Kamena 2026, uyu mutwe watangaje ko mu kwezi kwa Gicurasi 2026 Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abo zifatanyije ibikorwa bya gisirikare byakajijwe,…

Soma inkuru yose

Umuti mushya wongera igihe cyo kubaho k’umurwayi wa kanseri y’urwagashya (Pancreas).

Uyu muti witwa daraxonrasib ugaragara nk’intambwe ikomeye mu guhangana na kanseri y’urwagashya, imwe mu kanseri zica abantu benshi kurusha izindi. Uyu muti ukora uhagarika ikwirakwira rya kanseri binyuze mu gufunga no guhagarika gene ya KRAS yahindutse (mutated KRAS), iboneka mu bibyimba bya kanseri y’urwagashya birenga 90%, kandi ikaba ari yo ituma kanseri ikura vuba. Ubushakashatsi…

Soma inkuru yose

Igipfunsi kivuza ubuhuha mu mikino ya UBC cyasize Abanyarwanda batsinze Abanya-Uganda

Abakinnyi b’Abanyarwanda bitwaye neza mu mikino y’iteramakofe ya Universe Boxing Championship (UBC), batsinda Abanya-Uganda mu mikino y’ababigize umwuga. Ni imikino yakinwe mu ijoro ryo ku wa Kane rishyira ku wa Gatanu, tariki ya 29 Gicurasi 2026, ibera muri Kigali Universe yitabirwa n’abakinnyi bo mu makipe yo mu Rwanda ndetse n’abo muri Uganda. Imikino y’abatarabigize umwuga…

Soma inkuru yose