CYIZA Theogene

Professional Writer & Knowledge Enthusiast Creating meaningful content that informs and inspires. 📞 +250 791 972 215 ✉️ cyizatheogene777@gmail.com

Abarenga 3,500 basoje ikiciro cya Kaminuza muri RP

Guverinoma y’u Rwanda yongeye gushimangira ko guteza imbere amashuri ya tekiniki n’ay’imyuga bikomeje gushyirwa imbere, mu rwego rwo kubaka ubukungu bushingiye ku bumenyi n’ubumenyingiro. Ibi byagarutsweho na Minisitiri w’Intebe, Justin Nsengiyumva, mu muhango wo gutanga impamyabumenyi ku banyeshuri barangije muri Rwanda Polytechnic, wabaye ku nshuro ya cyenda ku wa 14 Gicurasi 2026. Abanyeahuri basabwe gukoresha…

Soma inkuru yose

Ndahiro Valens Papy yahakanye ibyaha byatumye Ubushinjacyaha bumusabira gufungwa imyaka itanu

Ndahiro Valens Papy yahakanye ibyaha aregwa birimo gutangaza amakuru y’ibihuha no gutukana mu ruhame, nyuma y’uko Ubushinjacyaha bumusabiye igifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu ya miliyoni 1,2 Frw. Uru rubanza rwabereye mu Rukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge ku wa 14 Gicurasi 2026, aho areganwa n’umushoramari Ndayisenga Materne umushinja kumwangiriza izina binyuze mu nkuru yatambutse kuri BTN TV mu…

Soma inkuru yose

Aegis Trust yahuguye abarenga 6000 ku burezi bwimakaza amahoro mu Rwanda

Umuryango mpuzamahanga uharanira kurwanya Jenoside no kubaka amahoro ku Isi, Aegis Trust, watangaje ko mu myaka ine ishize wahuguye abarenga 6000 barimo abarimu, urubyiruko, abarezi, abashakashatsi n’abafata ibyemezo ku buryo bwo gutanga uburezi n’uburere bwimakaza amahoro n’ubumwe mu Rwanda. Ibi byatangajwe ku wa 13 Gicurasi 2026, mu muhango wabereye ku Kigali Genocide Memorial, aho hasozwaga…

Soma inkuru yose

BRD yegereje abaturage inguzanyo zihendutse binyuze muri SACCO zo hirya no hino mu gihugu

Banki y’Amajyambere y’u Rwanda, BRD PLC, yatangije gahunda nshya igamije kwegereza abaturage serivisi z’imari binyuze muri za SACCO zo ku rwego rw’uturere, mu rwego rwo gufasha cyane cyane abahinzi, aborozi n’urubyiruko kubona inguzanyo zoroshye kandi zihendutse. Iyi gahunda yatangirijwe mu Karere ka Nyamagabe ku bufatanye na Ishema SACCO, ifite abanyamuryango barenga ibihumbi 180. Harimo inguzanyo…

Soma inkuru yose

Umunyarwenya Nyaxo yaguriye ibikorwa bye mu bucuruzi

Kanyabugande Olivier uzwi nka Nyaxo mu ruganda rw’imyidagaduro nyarwanda, yatangiye ibikorwa by’ubucuruzi nyuma y’igihe kinini akora umwuga wo gusetsa no gukina filime. Uyu munyarwenya ukunzwe cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga, yinjiye mu rwego rw’ubucuruzi bwo kwakira abantu aho yatangije serivisi zirimo akabari, restaurant, amacumbi, sauna ndetse na massage mu Mujyi wa Kigali. Avuga ko sinema…

Soma inkuru yose

Ise: Indwara y’uruhu ifata benshi ariko ikaba ivurwa igakira

Indwara y’ise ni imwe mu ndwara z’uruhu zikunze kwibasira abantu benshi, cyane cyane ahantu hashyuha cyangwa ku bantu bakunda kubira ibyuya byinshi. Nubwo bamwe bayitiranya n’izindi ndwara z’uruhu, ise iterwa n’agakoko ko mu bwoko bw’imiyege (fungi) gashobora kwiyongera ku ruhu kakarutera guhindura ibara. Ise ni iki? Ise ni indwara y’uruhu iterwa n’udukoko duto twitwa Malassezia…

Soma inkuru yose

Menya indwara zitandukanye zifata ‘Prostate’ n’uburyo wakwirinda

Iyo havuzwe ijambo “Prostate”, abantu benshi bahita batekereza kanseri, nyamara abaganga bavuga ko kanseri ari imwe gusa mu ndwara nyinshi zishobora gufata uru rugingo rw’umubiri w’umugabo. Prostate ni urugingo rujyanye n’imyororokere y’abagabo, ruherereye munsi y’uruhago rw’inkari. Rukora amatembabuzi afasha intangangabo kubaho no gukora neza. Abahanga mu buvuzi bavuga ko uko umugabo agenda akura, ari na…

Soma inkuru yose

Ibitabo byinshi birimo kuborera mu bubiko mu gihe amashuri amwe akibura ibyo kwigishirizamo

Raporo nshya y’Urwego rw’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta yagaragaje ibibazo bikomeje kugaragara mu micungire y’ibitabo by’amasomo mu mashuri yo mu Rwanda, aho ibitabo byinshi biguma mu bubiko igihe kirekire mu gihe hari amashuri avuga ko adafite ibikoresho bihagije byo kwifashisha mu myigishirize. Iyi raporo igaragaza ko nubwo Leta yashoye amafaranga menshi mu kugura ibitabo byagenewe…

Soma inkuru yose

Amateka n’ukuri ku muhango wo guterekera mu muco nyarwanda

Mu Rwanda rwo hambere, umuhango wo guterekera wari umwe mu mihango gakondo yifashishwaga mu kuzirikana abakurambere no kwibuka ibikorwa by’indashyikirwa bakoze bakiriho. Nubwo uko imyaka yagiye ishira indi igataha hari abantu batangiye kuwufata nk’igikorwa gifitanye isano no gusenga ibigirwamana, bamwe mu bashakashatsi b’umuco bavuga ko guterekera atari ukwiyambaza abazimu, ahubwo ko byari uburyo bwo guha…

Soma inkuru yose

RAB yatangiye gukurikirana abaveterineri bakingira ikibaba abarya amatungo yipfushije

Rwanda Agriculture and Animal Resources Development Board (RAB) yatangaje ko igiye gufatira ibihano bikomeye abaveterineri bagira uruhare mu gushuka abaturage cyangwa kubakingira ikibaba bakarya amatungo yipfushije, ibintu bishobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga. Ibi byagarutsweho ku wa 8 Gicurasi 2026, ubwo i Kigali hasozwaga amahugurwa y’iminsi itatu yahuje abaveterineri 98 baturutse mu turere twose tw’u…

Soma inkuru yose

Menya amateka y’Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Umubyeyi

Buri mwaka mu cyumweru cya kabiri cya Gicurasi, ibihugu byinshi ku Isi byizihiza Mother’s Day, umunsi wahariwe gushimira no guha icyubahiro ababyeyi kubera uruhare rukomeye bagira mu buzima bw’imiryango n’iterambere ry’umuryango mugari. Uyu munsi wizihizwa cyane muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse no mu bindi bihugu byinshi byo ku Isi, aho abantu bafata umwanya…

Soma inkuru yose

Ibyafasha igitsina gore kongera ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina

Ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina ni kimwe mu bigira uruhare mu mubano mwiza hagati y’abashakanye. Bityo iyo ubu bushake bugabanutse, bishobora gutera impungenge cyangwa kutumvikana hagati y’abakundana. Abahanga mu buzima bagaragaza ko kugabanuka k’ubushake ku bagore akenshi bidaterwa gusa n’impamvu z’umubiri, ahubwo ko bishobora guterwa n’ubuzima bwa buri munsi, imitekerereze cyangwa ibibazo byo mu muryango….

Soma inkuru yose

Uko wagabanya n’uko wakirinda ikirungurira mu buryo bworoshye

Indwara y’ikirungurira ni ikibazo gikunze kubangamira abantu benshi, cyane cyane nyuma yo kurya cyangwa igihe baryamye. Akenshi umuntu yumva ibintu bishyushye cyangwa bisharira bizamuka mu muhogo, rimwe na rimwe bikamurya mu gatuza cyangwa bikamutera kutamererwa neza. Abaganga bavuga ko ikirungurira giterwa n’uko aside yo mu gifu izamuka ikagera mu muhogo, ibintu bizwi nka acid reflux….

Soma inkuru yose

Uburyo bwo kwipima inda ukoresheje ibikoresho byo mu rugo: Ese birizewe?

Hari abantu benshi bakoresha uburyo bwabo bwihariye mu rugo bashaka kumenya niba batwite mbere yo kujya kwa muganga cyangwa gukoresha ‘test de grossesse’. Aho bamwe bifashisha ibikoresho bisanzwe birimo umuti w’amenyo, isukari, isabune cyangwa vinaigre, bavuga ko bishobora kubereka niba batwite. Gusa abaganga n’inzobere mu buzima bagaragaza ko ubu buryo budafite gihamya ya siyansi ibwemeza,…

Soma inkuru yose

Davido agiye gushyirwa mu banyamuziki bakoze amateka ku Isi

Umuziki wa Afurika ukomeje kugenda waguka no kumenyekana ku rwego mpuzamahanga, cyane cyane binyuze mu bahanzi bakomeje gukora ibikorwa bihindura amateka y’umuziki ku Isi. Muri urwo rugendo, umuhanzi w’icyamamare muri Nigeria, Davido, agiye kongera gukora amateka nyuma yo gutangazwa mu bazahabwa icyubahiro muri Black Music and Entertainment Walk of Fame yo muri Leta Zunze Ubumwe…

Soma inkuru yose

Kaminuza zo muri Afurika zikomeje kuyoboka AI, iza Leta ziri imbere mu kuyikoresha

Ubushakashatsi bwakozwe ku ikoreshwa ry’Ubwenge Buhangano (AI) muri kaminuza zo muri Afurika bwagaragaje ko kaminuza za Leta ari zo zikomeje gukoresha iri koranabuhanga ku rwego rwo hejuru kurusha iza private, cyane cyane mu bikorwa byo kwigisha no kuyobora ibigo. Ibyavuye muri ubu bushakashatsi byatangajwe mu nama ya ELITE Africa Workshop, yahuje ibigo bitandukanye by’amashuri makuru…

Soma inkuru yose

Abajyanama b’Uturere n’Umujyi wa Kigali bagiye kujya batorwa mu buryo buziguye

Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite yatoye itegeko ngenga rishya rigenga amatora, rizanye impinduka mu buryo Abajyanama b’Uturere n’Umujyi wa Kigali bazajya batorwa. Muri iri tegeko rishya, hateganyijwe ko abo bajyanama bazajya batorwa mu buryo buziguye, aho kuba mu buryo butaziguye nk’uko byari bisanzwe bikorwa. Iri tegeko ryatowe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 8 Gicurasi…

Soma inkuru yose

U Rwanda rurateganya kongera amashanyarazi akomoka kuri Gaz méthane yo mu Kivu akagera kuri Megawatt 100

U Rwanda rukomeje gushora imbaraga mu kongera ingano y’amashanyarazi kugira ngo rubashe guhaza abaturage n’ibikorwa by’iterambere bikomeje kwiyongera. Mu rwego rwo gushaka ibisubizo birambye, igihugu cyahisemo gukomeza kubyaza umusaruro Gaz méthane iboneka mu Kiyaga cya Kivu, aho biteganyijwe ko amashanyarazi akomoka kuri iyo gaz azagera kuri megawatt 100 mu myaka iri imbere. Ibi byatangajwe n’…

Soma inkuru yose

Leta ihangayikishijwe n’akazi, urubyiruko rwo ruhugiye mu buzima bwo kwinezeza mu mibonano mpuzabitsina

Mu gihe u Rwanda rukomeje gushyira imbaraga mu guhanga imirimo mishya no kugabanya ubushomeri cyane cyane mu rubyiruko, gusa haracyari impungenge z’uko bamwe mu rubyiruko bo basa n’abamaze kwitakariza icyizere cy’ejo hazaza ahubwo bakaba bari mu buzima bwo kwishora mu ngeso zibangiriza ubuzima n’iterambere. SnapChat yahindutse ahantu ho gusangiza ibibazo by’urukundo n’imibonano Raporo y’Ikigo cy’Igihugu…

Soma inkuru yose

Uburyo telefoni igutera umuhangayiko n’uko wawugabanya

Mu buzima bwa buri munsi, telefoni zigendanwa zimaze kuba igikoresho cy’ingenzi ku bantu benshi. Kuko zibafasha mu itumanaho, mu kazi, mu myigire, my myidagaduro n’ahandi hatandukanye henshi hatuma ikomeza kubabera iy’ingenzi cyane. Icyakora, uko ikoreshwa ryazo rikomeza kwiyongera, ninako hagenda hagaragara ingaruka ku buzima bwo mu mutwe, zirimo umuhangayiko uterwa n’ubutumwa buhora bwinjira muri telefoni…

Soma inkuru yose

Ikigega ‘Aguka Youth Fund’ kimaze kugeramo miliyari 1,5 Frw, cyitezweho gufasha urubyiruko kwiteza imbere

Ikigega cy’Ingwate cy’Urubyiruko kizwi nka Aguka Youth Fund kimaze kugeramo miliyari 1,5 z’amafaranga y’u Rwanda, mu rwego rwo gufasha urubyiruko kubona inguzanyo zoroshye zo guteza imbere imishinga yarwo. Ibi byatangajwe na Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Jean Népo Abdallah Utumatwishima, mu kiganiro yagiranye n’ikigo cy’itangazamakuru cya Rwanda Broadcasting Agency kuri uyu wa Kabiri tariki ya 5…

Soma inkuru yose

Minisitiri Sebahizi yasobanuye impamvu itumizwa ry’isukari mu mahanga ryagabanutseho 36%

Imibare mishya ituruka muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) igaragaza ko mu mwaka wa 2025, ingano y’isukari u Rwanda rwatumiza mu mahanga yamanutse cyane ugereranyije n’umwaka wabanjirije. Ibi byajyaniranye n’igabanuka ry’agaciro k’amafaranga igihugu cyasohoraga kuri iki gicuruzwa. Raporo nshya ya MINICOM igaragaza ko mu mwaka wa 2025, u Rwanda rwatumije mu mahanga toni 195,610 z’isukari zifite…

Soma inkuru yose

Sobanukirwa byinshi utari uzi ku Idini rya “Baha’i” rikorera mu Rwanda

Mu mfuruka zitandukanye z’u Rwanda, hari amadini n’amatorero menshi afite imyemerere yihariye, ariko iry’aba-Baha’i riracyari mu ngero zigarukwaho cyane kubera amahame yaryo anyuranye n’ay’andi madini menshi asanzwe amenyerewe. Ni idini rimaze imyaka irenga 70 rishinze imizi ku butaka bw’u Rwanda, aho ryatangiye kuhakorera mu buryo bwemewe mu mwaka wa 1953, rikaba riyoborwa n’inyigisho z’Intumwa Bahá’u’lláh….

Soma inkuru yose

Kuki Twambikana Impeta? Amateka n’Ibisobanuro Byihishe Inyuma Yayo

Mu buzima bwa buri munsi, impeta ni ikintu gifite igisobanuro kinini mu bijyanye n’urukundo n’ishyingiranwa, n’umwanya wihariye cyane. Impeta ni igikoresho cy’ubukwe cyangwa ikimenyetso cy’ubusabane bw’umubano, kikaba gikoreshwa cyane mu mibanire hagati y’abashakanye cyangwa abifuza kubana mu buryo bwemewe n’amategeko. Kwambikana impeta si umuhango uje mu myaka micye ishize, ahubwo ni umuco umaze ibinyejana byinshi…

Soma inkuru yose

Netflix izanye “Clips”: uburyo bushya bwo kureba amashusho magufi bugiye guhindura uko dusanzwe duhitamo filime

Mu myaka micye ishize, uburyo abantu barebagamo amashusho kuri internet bwarahindutse ku buryo bugaragara. Niba mbere abantu bicaraga amasaha bareba filime cyangwa ibiganiro birebire kuri televiziyo, ubu benshi bahitamo amashusho magufi ashobora kurebwa mu minota mike cyangwa amasegonda make gusa. Ni muri urwo rwego urubuga Netflix rwatangaje ko rugiye kuzana uburyo bushya muri porogaramu yarwo…

Soma inkuru yose

Umurimo Unoze” ni rwo rufunguzo u Rwanda rukeneye ngo rwinjire mu bukungu bushingiye ku bumenyi

Tariki ya 1 Gicurasi 2026, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umurimo. Mu gihe u Rwanda rukomeje kwagura amarembo y’ishoramari no kwihutisha impinduramatwara mu bukungu, insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti: “Umurimo unoze, umusingi w’iterambere rirambye.” Iyi ntego ntabwo ari intero isanzwe, ahubwo ni umukoro ukomeye ku bakozi, abakoresha, n’inzego zifata ibyemezo mu rugendo…

Soma inkuru yose

Impinduramatwara ya AI muri Meta: Isura nshya y’akazi n’iherezo ry’imirimo

Ikirere cy’ikoranabuhanga ku isi kiri mu mpinduka zikomeye nyuma y’aho ibigo by’ibihangange, biyobowe na Meta (nyiri Facebook, Instagram na WhatsApp), byemeje ko Ubwenge Buhangano (Artificial Intelligence – AI) ari bwo nkingi ya mwamba mu mikorere yabyo y’ejo hazaza. Izi mpinduka ziri gusiga bamwe mu bakozi b’abantu mu gihirahiro, mu gihe ibigo byo bivuga ko bije…

Soma inkuru yose

Mu Buyapani: Hari kwigwa uburyo bwo gukumira abadafite icyemezo mu byo bamamaza ku mbuga nkoranyambaga

Mu Buyapani hatangiye kuvugwa cyane umushinga w’amategeko mashya ugamije kugenzura no kugabanya ibikorwa by’abantu bakoresha imbuga nkoranyambaga biyita “influencers” badafite ubumenyi cyangwa ubunyamwuga mu byo bamamaza. Aya mategeko ari gutekerezwaho aje mu gihe icyo gihugu gikomeje guhura n’ibibazo by’amakuru atizewe, kwamamaza kuyobya abantu, ndetse n’ibicuruzwa byamamazwa n’abantu badafite ubumenyi buhagije. Hari impungenge ko bamwe mu…

Soma inkuru yose

Rwanda: Urubyiruko rwahagurukiye guhindura isura y’imiturire mu Mujyi wa Kigali binyuze mu mushinga ‘Sahara Residence’

Uko bwije n’uko bukeye, umuvuduko w’iterambere ry’u Mujyi wa Kigali ukomeza gutangaza benshi, cyane cyane binyuze mu nyubako z’imiturirwa zikomeza kuzamurwa mu bice bitandukanye. Gusa, nubwo kenshi imishinga nk’iyi yagiye iharirwa abashoramari bamaze igihe mu mupira w’ubucuruzi cyangwa abanyamahanga bafite imari itubutse, ubu isura yatangiye guhinduka. Mu buryo bugaragarira amaso, urubyiruko rw’u Rwanda rwatangiye gukura…

Soma inkuru yose

Mu Rwanda: Havumbuwe Porogaramu isubiza neza ibibazo byose mu Kinyarwanda nyacyo

Mu gihe Isi ikomeje kuyogozwa n’impinduramatwara z’Ubwenge Buhangano (Artificial Intelligence), Abanyarwanda akenshi basigaye inyuma kubera inzitizi z’ururimi. Iki ni cyo kigero cyateye itsinda ry’inzobere eshanu z’Abanyarwanda gukora ‘Ejochat’, urubuga rwa mbere rw’ubwenge buhangano rwashyiriweho korohereza abavuga Ikinyarwanda guhangana ku isoko ry’ubumenyi n’ikoranabuhanga. Ubusanzwe, iyo ukoresheje imbuga nka ChatGPT, Gemini cyangwa Claude mu rurimi rw’Ikinyarwanda, ubona…

Soma inkuru yose

Agaseke: Urubuga rwa Mbere mu Rwanda Rufasha Abanyempano Kwinjiza Amafaranga

Niba uri umuhanzi (Content Creator) mu Rwanda haba mu gusetsa, kuririmba, kwigisha, gukora ibiganiro by’amajwi (Podcasts), cyangwa uri umuntu ufite abagukurikira benshi ku mbuga nkoranyambaga, usobanukiwe neza imvune, umwanya, n’imbaraga bisaba mu rugendo rwo kubaka izina no kuzamura umubare w’abantu bagukurikira. Ariko se, guhindura uko gukundwa n’izo “likes” mo amafaranga afatika ajya kuri konti yawe…

Soma inkuru yose

Kenya imaze kuza imbere muri Afurika mu gukoresha ikoranabuhanga rya AI

Raporo nshya yakozwe n’ikigo Zoho ku bufatanye na Arion Research, yagaragaje ko igihugu cya Kenya ari cyo kiyoboye ibindi bihugu byakoreweho ubushakashatsi muri Afurika mu gukoresha ikoranabuhanga rya “Artificial Intelligence” (AI). Imibare yerekana ko ibigo birenga 35% muri Kenya bimaze gushyira uyu muvuduko mu bikorwa byabyo bya buri munsi. Imyubakire y’ikoranabuhanga n’ishoramari Iyi raporo yiswe…

Soma inkuru yose

InnoPower Africa na Luma Learn bagiye kugeza inyigisho za AI ku rubyiruko rwinshi muri Afurika

Ikigo InnoPower Africa cyatangaje ubufatanye bukomeye n’urubuga rw’inyigisho rwa Luma Learn, bugamije koroshya uburyo urubyiruko rwa Afurika rwigamo ikoranabuhanga rya “Artificial Intelligence” (AI) n’ubundi bumenyi mu by’ikoranabuhanga rigezweho. Ubu bufatanye buje gukemura ibibazo bikunze kubera inzitizi abashaka kwiga ikoranabuhanga, birimo: igiciro gihanitse cy’amasomo, aho umuntu aherereye (aho atuye), ndetse n’ikibazo cyo kutabona amahirwe yo guhugurwa…

Soma inkuru yose

Kaminuza ya Wits yamuritse uburyo bushya bw’ikoranabuhanga rya AI mu muziki wa Afurika

Ku itariki ya 16 Mata, muri Kaminuza ya Witwatersrand (Wits) i Johannesburg, habereye ibirori bidasanzwe byahuje abanyamuziki n’abahanga mu by’ikoranabuhanga (AI). Intego yari imwe: kwerekana uko ikoranabuhanga rigezweho ryakwifashishwa mu kubungabunga no guteza imbere umuziki gakondo wa Afurika. Iri murikagurisha ryitabiriwe n’amakipe atano aturutse mu bihugu bitandukanye birimo Afurika y’Epfo, Ghana, Cameroon, Kenya, n’Isi yopiya….

Soma inkuru yose

Uburyo 4 bw’ingenzi bwo kurinda amakuru yawe bwite kwinjirirwa

Muri iki gihe isi iri mu ikoranabuhanga, abantu benshi bakoresha internet mu buzima bwa buri munsi nko kohereza amafaranga, kuganira, kubika inyandiko, gukora ubucuruzi no kwiga. Ibi bituma amakuru bwite yacu aba afite agaciro gakomeye cyane. Ariko kandi, uko ikoranabuhanga rigenda ritera imbere ni nako abajura bo kuri internet bagenda bashaka uburyo bwo kwiba ayo…

Soma inkuru yose

Sobanukirwa igare “Bugatti Factor One” rihenze cyane rifite agaciro ka miliyoni zirenga 34 Frw

Mu gihe isi ikomeje gutera imbere mu bijyanye n’ikoranabuhanga rikoreshwa mu ngendo n’ubwikorezi, uruganda rukora amagare rwa Factor Bikes rwifatanyije n’uruganda rukora imodoka zihenze cyane rwa Bugatti, bamurika igare ridasanzwe ryiswe Bugatti Factor One, rifite agaciro ka 23,599$, asaga miliyoni 34 z’amafaranga y’u Rwanda. Iri gare ryamuritswe ku mugaragaro muri Werurwe 2026, rikaba ari kimwe…

Soma inkuru yose

Netflix yashyize hanze porogaramu nshya “Netflix Playground” igenewe abana bato

Sosiyete itanga serivisi zo kureba filime n’ibiganiro kuri internet, Netflix, yatangaje ko yashyize hanze porogaramu nshya yitwa Netflix Playground, igamije gufasha abana bato kwidagadura binyuze mu mikino y’ikoranabuhanga. Iyi porogaramu yateguriwe by’umwihariko abana bafite imyaka umunani (8) n’abari munsi yayo. Igaragaza umwihariko wo gushyira imbere: Icyo itandukaniyeho n’izindi porogaramu Netflix Playground ije nk’igisubizo ku babyeyi…

Soma inkuru yose

U Bugereki bwafashe icyemezo cyo gukumira abana bari munsi y’imyaka 15 ku mbuga nkoranyambaga

Guverinoma y’u Bugereki yatangaje gahunda nshya igamije kurinda abana bato ingaruka ziterwa no gukoresha imbuga nkoranyambaga, aho guhera tariki ya 1 Mutarama 2027 abana bose bari munsi y’imyaka 15 bazaba babujijwe kuzikoresha. Iyi gahunda iri mu mushinga w’itegeko riteganyijwe gutorwa n’Inteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu, rikaba rifite intego nyamukuru yo kurwanya ibibazo bigenda byiyongera byibasira…

Soma inkuru yose

Uburyo bwizewe bwagufasha guhaha wifashishije ikoranabuhanga

Ikoranabuhanga rimaze guhindura ubuzima bwa buri munsi, rihindura uburyo abantu baganira, bakora, biga ndetse banahahirana. Muri iki gihe, abantu benshi bagura imyenda, ibikoresho byo mu rugo, telefoni, ibiribwa n’ibindi banyuze kuri internet bakoresheje telefoni cyangwa mudasobwa, bigatuma batagomba kujya ku isoko cyangwa mu maduka kure. Nubwo guhaha hifashishijwe murandasi (internet) byoroshye kandi byihuse, bifite n’ingaruka…

Soma inkuru yose

Ibintu 5 utari uzi ugomba kwirinda bishobora kwangiza telefone yawe n’uburyo bwo kubyirinda

Muri iki gihe ikoranabuhanga rimaze gufata indi ntera, aho telefone ngendanwa zabaye igikoresho cy’ingenzi mu buzima bwa buri munsi. Tuzikoresha: mu itumanaho, kwiga, gukora ubucuruzi n’ibindi byinshi cyane. Nyamara, nubwo ari ingenzi gutyo, hari imyitwarire myinshi ikunze kugaragara mu ikoreshwa ryazo ituma zangirika vuba cyangwa zikabura ubudahangarwa, ari nayo mpamvu muri iyi nyandiko naguteguriye ibintu…

Soma inkuru yose

Dr Habumuremyi ashimangira ko urubyiruko rugomba guhanga udushya mu ikoranabuhanga mu guteza imbere u Rwanda

Dr Habumuremyi Pierre Damien, wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda kandi ubu uri akaba ari mu bagize Urwego Ngishwanama rw’Inararibonye (REAF), yavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda ndetse na Afurika muri rusange rufite amahirwe akomeye yo guteza imbere igihugu binyuze mu ikoranabuhanga ririmo ubwenge buhangano (AI). Yabigarutseho mu gikorwa cyiswe “Tech Forward Live”, cyateguwe na kaminuza…

Soma inkuru yose