Huye: Polisi yasabye abakora mu ibagiro gukaza ingamba zo kurwanya ubujura bw’amatungo

Kuri uyu wa 27 Gicurasi 2026, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yakomeje ibikorwa by’ubukangurambaga bigamije gukumira ibyaha no gushimangira uruhare rw’abaturage mu kubungabunga umutekano. Muri urwo rwego, mu Karere ka Huye mu Murenge wa Ngoma, abakora mu ibagiro rya Matyazo basabwe kongera imbaraga mu gukumira ubujura bw’amatungo, cyane cyane harebwa inkomoko y’amatungo yose…

Soma inkuru yose

Rutsiro: Abaturage basabwe gukaza amarondo nyuma y’ikorwa ry’ubujura bw’Ibendera ry’Igihugu

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Manihira mu Karere ka Rutsiro bwongeye gusaba abaturage gukaza amarondo no kurushaho kwita ku mutekano, nyuma y’uko Ibendera ry’Igihugu ryari rimaze iminsi ryibwe ribonetse rirambuye mu ishyamba hafi y’umugezi wa Rutsiro. Iri bendera ryari ryaribwe ku biro by’Akagari ka Muyira, mu Murenge wa Manihira, aho amakuru y’ikorwa ry’ubujura yamenyekanye mu gitondo cyo…

Soma inkuru yose

Abayisilamu basabwe gukomeza kwimakaza urukundo n’ubufatanye mu kwizihiza Eid Al-Adha

Abayisilamu bo hirya no hino mu Rwanda bizihije Eid Al-Adha, umwe mu minsi mikuru ikomeye mu Idini ya Islam, basabwa gukomeza kwimakaza urukundo, gufashanya no gusangira n’abatishoboye Uyu munsi ku rwego rw’igihugu byabereye kuri Kigali Pele Stadium i Nyamirambo, aho hateraniye ibihumbi by’Abayisilamu mu isengesho ryayobowe n’abayobozi b’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda. Mu nyigisho zatangiwe muri…

Soma inkuru yose

Muhanga: Polisi yafashe abantu 9 mu bucukuzi butemewe bw’amabuye y’agaciro

Mu Ntara y’Amajyepfo, Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego ndetse n’abaturage, ikomeje ibikorwa bigamije gukumira ibyaha bitandukanye hirya no hino mu gihugu. Ni muri urwo rwego, kuri uyu wa 26 Gicurasi 2026, mu Karere ka Muhanga mu Murenge wa Kabacuzi, Akagari ka Butare, Polisi yafatiye mu cyuho abantu icyenda (9) bakekwaho gukora ibikorwa binyuranyije…

Soma inkuru yose

Ruhango: Umujura umwe yishwe arashwe nyuma yo gushaka gutema abaturage

Abajura babiri bitwaje intwaro gakondo bibye ihene ebyiri z’umuturage mu Karere ka Ruhango, umwe muri bo araraswa arapfa nyuma yo gushaka gutema abaturage n’abapolisi bari bamaze gutabara, undi arafatwa. Ibi byabaye ku wa 25 Gicurasi 2026 mu Karere ka Ruhango, Umurenge wa Ntongwe, Akagari ka Kyebero.Amakuru yatangajwe na Polisi y’u Rwanda avuga ko aba bajura…

Soma inkuru yose

Polisi y’u Rwanda yakanguriye Abanyeshuri ba TSS Kabutare Kwirinda no Gukumira ibyaha

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo, ku bufatanye n’izindi nzego ndetse n’abaturage, ikomeje ibikorwa by’ubukangurambaga bigamije gukumira ibyaha bitaraba, cyane cyane mu rubyiruko rwiga mu mashuri atandukanye. Muri urwo rwego, Polisi yasuye Ishuri rya TSS Kabutare riherereye mu Karere ka Huye, aho yahuguye abanyeshuri 642 hamwe n’abarezi babo 49 ku ruhare rwabo mu gukumira…

Soma inkuru yose

Uganda: Urupfu rw’umufana wa Arsenal rwongeye kuzamura impungenge ku makimbirane y’abafana b’amakipe

Urupfu rw’umumotari Denis wari uzwi nk’umufana wa Arsenal mu Mujyi wa Kampala muri Uganda, rwongeye gutuma abantu benshi bagaruka ku kibazo cy’amakimbirane hagati y’abafana b’amakipe y’umupira w’amaguru, cyane cyane iyo amarangamutima yarenze urugero. Uyu mugabo w’imyaka 34 yapfuye nyuma y’impaka bivugwa ko yagiranye n’undi mugabo bivugwa ko ari umufana wa Manchester United. Polisi ya Uganda…

Soma inkuru yose

Karongi: Urupfu rw’umwarimu warohamye mu Kivu rwasigiye icyuho gikomeye GS Sainte Marie Kibuye

Urupfu rwa Nahimana Ernest wari umwarimu w’ikoranabuhanga muri GS Sainte Marie Kibuye, warohamye mu kiyaga cya Kivu ku wa 23 Gicurasi 2026, rwateye agahinda gakomeye abo bakoranaga, abanyeshuri ndetse n’umuryango we, cyane ko yari amaze igihe gito agaragaza ubuhanga mu kazi ke. Uyu mwarimu wari ufite imyaka 30 y’amavuko, yarohamye ku mugoroba wo ku wa…

Soma inkuru yose

Rutsiro: Abakozi bane ba SACCO ya Kigeyo bakekwaho kunyereza miliyoni zisaga 88 Frw batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze abantu bane bakoreraga SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bakekwaho kunyereza umutungo wa miliyoni zisaga 88 Frw no gukoresha inyandiko mpimbano. Aba batawe muri yombi barimo Havugimana James wahoze ari Umuyobozi wa SACCO, Nishimwe Espérance wari ushinzwe kwakira no kubika amafaranga, Uwanyirijuru André ushinzwe ibaruramari, ndetse…

Soma inkuru yose

Trump yavuze ko Amerika ishobora gusubiza miliyari 149$: Impaka ku misoro ya tariffs zongeye gukomera

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko Amerika ishobora gusubiza amafaranga arenga miliyari 149 z’amadolari nyuma y’impaka zikomeje kuvuka ku misoro ya “tariffs” yashyizweho mu gihe cy’ubutegetsi bwe. Trump yavuze ko bishoboka ko Leta ya Amerika ishobora gusubiza ayo mafaranga nyuma y’ibibazo by’amategeko ndetse n’impaka zagaragaye ku buryo iyo misoro yashyizweho…

Soma inkuru yose

Togo yakuyeho “Visa” ku Banyafurika bose mu rwego rwo koroshya urujya n’uruza

Leta ya Togo yatangaje ko abaturage bose bakomoka mu bihugu bya Afurika batagikeneye visa kugira ngo binjire muri iki gihugu, mu cyemezo cyafashwe nk’intambwe ikomeye igamije guteza imbere ubumwe bwa Afurika no koroshya urujya n’uruza rw’abantu ku mugabane. Iki cyemezo cyatangiye gushyirwa mu bikorwa kuva ku wa Mbere tariki ya 18 Gicurasi 2026, kikaba cyashyizweho…

Soma inkuru yose

Ikaniro ry’Impu Ryari Kubakwa i Bugesera Ryimuriwe i Gicumbi

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yatangaje ko umushinga wo kubaka icyanya cy’inganda zitunganya impu wari uteganyijwe mu Karere ka Bugesera utakibasha kuhakorerwa kubera imbogamizi zagaragaye, hafatwa icyemezo cyo kuwimurira mu Karere ka Gicumbi. Mu ngengo y’imari ya 2025/26, uyu mushinga wari waragenewe arenga miliyari 4,5 Frw kugira ngo hubakwe ikaniro ry’impu ryitezweho guteza imbere uru rwego no…

Soma inkuru yose

Habonetse imibiri y’abataliyani baburiye ubuzima mu buvumo bw’inyanja ya meldive

Igikorwa cyo gushakisha Imibiri cyari Kigoranye cyasojwe nyuma y’Iminsi myinshi Leta ya Maldives yatangaje kuri uyu wa Mbere ko imibiri y’abataliyani bane bari baraburiwe irengero yabonetse mu buvumo bwo munsi y’inyanja bwa Vaavu Atoll, nyuma y’igikorwa gikomeye cyo kubashakisha cyamaze iminsi myinshi. Aba bataliyani batanu bapfuye ku wa Kane ushize ubwo bari mu rugendo rwo…

Soma inkuru yose

Impinduka ku Bakoresha X badafite Blue SBadge

Urubuga nkoranyambaga rwa X rwashyizeho impinduka nshya zigira ingaruka ku barukoresha badafite icyemezo cya ‘Blue Badge’, hagamijwe kugabanya ikoreshwa nabi rya platform no kurwanya konti zidakoresha imyirondoro yizewe. Impinduka nshya zashyizweho Mu mpinduka zatangajwe: Impamvu y’izi mpinduka X yavuze ko izi ngamba zigamije: Abafite Blue Badge basabwa gutanga amakuru yabo bwite ndetse n’ibyangombwa bibaranga kugira…

Soma inkuru yose

Umugabo wo muri Nyamasheke Akurikiranyweho Kwica Umugore we Nyuma yo Gutaha Bavuye mu Kabari

Umugabo witwa Burindiri Emmanuel wo mu Karere ka Nyamasheke yatawe muri yombi akekwaho kwica umugore we nyuma y’amakimbirane yabereye mu rugo rwabo nijoro. Ibi byabereye mu Mudugudu wa Mukoto, Akagari ka Karengera, Umurenge wa Kirimbi, aho bivugwa ko uyu mugabo n’umugore we Mukarwego Elleda bari bavuye gusangira inzoga mu kabari mbere y’uko amakimbirane avuka. Amakuru…

Soma inkuru yose

Rubavu yashyizeho ingamba zikomeye nyuma y’icyorezo cya ‘Ebola’ kiri muri Goma

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatangaje ko bwashyizeho ingamba zikomeye zigamije gukumira icyorezo cya Ebola nyuma y’uko hagaragaye abarwayi muri Goma no mubindi bice bimwe bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni imyanzuro yafatiwe mu nama yabaye kuri uyu wa 17 Gicurasi 2026, yahuje abayobozi bo ku rwego rw’Intara, Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (Rwanda Biomedical Centre), ubuyobozi…

Soma inkuru yose

Nyabihu: Abagabo bane bafunzwe bakekwaho gutema inka ebyiri z’umuturage nyuma yo kumwigamba ko bazamuhombya

Abagabo bane bo mu Karere ka Nyabihu batawe muri yombi bakekwaho gutema inka ebyiri z’umuturage nyuma y’amakimbirane bari bafitanye, aho bivugwa ko bari bamaze igihe bafite ubushyamirane ndetse bakaba bari banaherutse kumubwira ko bazamuhombya ibintu bifite agaciro kari hejuru ya miliyoni 2 Frw. Ibi byabereye mu Murenge wa Kabatwa, Akagari ka Rugarama, Umudugudu wa Karambi,…

Soma inkuru yose

Imipaka ya Rubavu na Goma yafunzwe by’agateganyo kubera ‘Ebola’

Gisenyi–Goma yafunzwe mu rwego rwo gukumira icyorezo cya “Ebora” Kiri kuvuza ubuhuha muri DRC. Kuva mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki ya 17 Gicurasi 2026, imipaka ihuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) mu Karere ka Rubavu District yafunzwe by’agateganyo kubera icyorezo cya Ebola gikomeje kugaragara muri RDC. Imipaka yafunzwe irimo…

Soma inkuru yose

Bulgaria Yegukanye Eurovision 2026 Mu Irushanwa Ryabayemo Impaka za Politiki

Dara Yahesheje Bulgaria Intsinzi y’Amateka Mu irushanwa rya Eurovision 2026 ryabereye i Vienna muri Austria, igihugu cya Bulgaria cyanditse amateka nyuma yo kwegukana iri rushanwa ku nshuro ya mbere binyuze ku muhanzikazi Dara waririmbye indirimbo “Bangaranga” yakunzwe cyane n’abagize akanama nkemurampaka ndetse n’abatoye ku ruhande rw’abafana. Uyu muhanzikazi w’imyaka 27 y’amavuko yigaragaje ku rubyiniro akoresheje…

Soma inkuru yose

Kabuga Felecien yapfiriye mu bitaro byo mu Buhorandi

Umunyemari Félicien Kabuga, wari umaze imyaka itari mike akurikiranwaho uruhare rukomeye n’ubuterankunga bw’agahomamunwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yaguye mu bitaro by’i La Haye (The Hague) mu Buholandi kuri uyu wa 16 Gicurasi 2026.Amakuru y’urupfu rwe yemejwe n’Urwego rw’Abami b’Abezi rwasigaye rucunga imanza z’Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga rwacyuye icyahoze ari ICTR (IRMCT). Ryatangaje ko umuyobozi…

Soma inkuru yose

Huye: Umwana umwe yapfuye abandi babiri barakomereka mu nkongi y’umuriro yatewe n’amashanyarazi

Agahinda n’ihungabana ni byinshi mu Mudugudu wa Nyarurembo, Akagari ka Gitwa mu Murenge wa Tumba, Akarere ka Huye, nyuma y’inkongi y’umuriro yafashe inzu abana batatu barimo, umwe muri bo agahita ahasiga ubuzima mu gihe abandi babiri bakomeretse bikomeye. Iyi nkongi yabaye mu masaha ya saa mbili z’umugoroba ku wa 14 Gicurasi 2026, aho abaturage bavuga…

Soma inkuru yose

Hatangijwe ikoranabuhanga rizafasha kubika no kwibuka amazina y’abazize Jenoside

Mu rwego rwo gukomeza kubungabunga amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 no guha agaciro abazize ayo mahano, Aegis Trust yatangaje umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ugaragaza amazina y’abazize Jenoside mu buryo bwa 3D. Uyu mushinga wiswe: “Inkingi z’Amazina y’Abacu” wamuritswe ku wa 14 Gicurasi 2026, ukaba ugamije gufasha Abanyarwanda ndetse n’Isi yose gukomeza kwibuka abazize…

Soma inkuru yose

U Burusiya Bwakubise Bikomeye Kyiv Nyuma y’Amagambo ya Putin Ko Intambara Ishobora Kurangira Vuba.

Ibitero Bikomeye Byongeye Guhungabanya Umurwa Mukuru wa Ukraine Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, u Burusiya bwagabye ibitero bikomeye by’indege zitagira abapilote (drones) n’imbunda za misile ku murwa mukuru wa Ukraine, Kyiv, ibintu byongeye gukomeza kwerekana ko intambara hagati y’ibihugu byombi itarimo kugabanya ubukana. Kwamamaza kw’amasasu n’iturika rya misile byumvikanye mu bice byinshi bya…

Soma inkuru yose

Inkubi y’Umuyaga Yahitanye Abasaga 100 mu Buhinde.

Umuyaga Ukomeye Wasenye Inzu n’Ibikorwaremezo mu gihugu cy’ubuhinde. Nibura abantu 111 bamaze guhitanwa n’inkubi y’umuyaga n’imvura y’amahindu byibasiye leta ya Uttar Pradesh mu majyaruguru y’Ubuhinde ku mugoroba wo ku wa Gatatu. Uyu muyaga wangije inzu nyinshi, uhirika ibiti ndetse usenya ibisenge by’inzu zoroheje n’ibindi bikorwaremezo. Leta ya Uttar Pradesh ni yo ituwe cyane mu Buhinde,…

Soma inkuru yose

Impamvu Isi Ikomeje Gushyuha Buri Munsi.

Isi iri gushyuha kurusha uko byari bisanzwe. Mu myaka ishize, isi yakomeje guhura n’ibibazo bikomeye by’ihindagurika ry’ikirere. Ubushyuhe bukomeje kwiyongera, amapfa akaza kenshi, imyuzure ikangiza ibikorwa remezo ndetse n’inkubi z’umuyaga zikaba nyinshi kurusha mbere. Abashakashatsi bavuga ko ibi atari ibintu bisanzwe, ahubwo ko bifitanye isano n’ibikorwa by’ikiremwamuntu. Icyo ubushakashatsi bwerekana. Raporo zitandukanye zakozwe n’itsinda mpuzamahanga…

Soma inkuru yose

Umuhanzi Yampano yanditse ibaruwa isabira imbabazi abafungiwe gukwirakwiza amashusho ye, atangaza n’umushinga w’imyaka mishya

Mu gihe hagitegerejwe umwanzuro w’urukiko ku bantu bakurikiranweho gukwirakwiza amashusho ye bwite, umuhanzi Yampano (Wa Boi) yasohoye ibaruwa ifunguye yuje amagambo y’ubwiyunge, imbabazi, n’icyizere cy’ejo hazaza. Muri ubu butumwa bwanyujijwe ku mbuga nkoranyambaga ze, uyu muhanzi yagaragaje ko yahisemo inzira y’amahoro mu rwego rwo komora ibikomere no gutangira icyiciro gishya cy’ubuzima. Inzira y’imbabazi n’ubutwari Mu…

Soma inkuru yose

Amayobera i Brighton: Imibiri y’Abagore Batatu Yatoraguwe mu Nyanja

Polisi yatangiye iperereza ku cyateye uru rupfu. Polisi yo mu gace ka Brighton yatangaje ko imibiri y’abagore batatu yatoraguwe mu nyanja mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, ibintu byateye impungenge n’amayobera muri ako gace gakorerwamo ubukerarugendo ;Nk’uko Sussex Police yabitangaje, inzego z’ubutabazi zahamagariwe ahitwa Madeira Drive saa kumi n’imwe n’iminota 45 za mu gitondo…

Soma inkuru yose

Sky2 Yatawe muri Yombi Akurikiranyweho Gukubita no Guhoza ku Nkeke Umugore we

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB (Rwanda Investigation Bureau), rwatangaje ko rwataye muri yombi Hahirwabasenga Thimotee uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga nka Sky2, akurikiranyweho ibyaha byo gukubita no gukomeretsa ku bushake ndetse no guhoza ku nkeke uwo bashyingiranywe. Acyekwaho gukomeretsa umugore we Amakuru yatangajwe na RIB avuga ko Sky2 akekwaho gukubita umugore we bashakanye byemewe n’amategeko, akanamuruma…

Soma inkuru yose

Umushinga wa Trump Tower muri Australia wahagaritswe kubera kutishimira izina rya Trump.

Izina rya Trump ryiswe “uburozi” muri Australia Umushinga wo kubaka inyubako ya mbere ya Trump Tower muri Australia wahagaritswe nyuma y’amezi atatu gusa utangajwe. Sosiyete y’iterambere ry’imiturire ya Altus Property Group yavuze ko izina rya Trump ryamaze kutakirwa neza n’abaturage benshi bo muri icyo gihugu. Umuyobozi mukuru wa Altus Property Group, David Young, yabwiye CNN…

Soma inkuru yose

Israel yashyizeho itegeko ryemerera igihano cy’urupfu ku bakekwaho ibitero bya Hamas byo ku wa 7 Ukwakira 2023

Inteko Ishinga Amategeko ya Israel, izwi nka Knesset, yemeje itegeko rishya ryemerera inkiko guhana igihano cy’urupfu abantu bakekwaho kugira uruhare mu bitero bya Hamas byabaye ku wa 7 Ukwakira 2023 ndetse no gufata abantu bugwate ku bwinshi. Iri tegeko ryatowe n’abadepite 93 mu gihe nta n’umwe warwanyije icyo cyemezo, mu gihe abandi 27 batitabiriye itora…

Soma inkuru yose

Abanyamerika n’Abafaransa Basanzwemo Hantavirus Nyuma yo Kuva mu Bwato bw’Ubukerarugendo

Umunyamerika umwe n’Umufaransakazi umwe basanzwemo virusi ya hantavirus nyuma yo kuva mu bwato bw’ubukerarugendo bwa MV Hondius bwahuye n’icyorezo cyahitanye abantu batatu. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, World Health Organization, ryatangaje ko kugeza ubu hamaze kwemezwa abantu barindwi banduye hantavirus bafite aho bahuriye n’ubu bwato, mu gihe hari abandi babiri bakekwaho kuyandura. Uko abanduye…

Soma inkuru yose

Ngoma: Abakekwaho kwica umusaza bamushakaho amafaranga batawe muri yombi

Inzego z’umutekano mu Karere ka Ngoma zatangaje ko zataye muri yombi abantu bakekwaho kugira uruhare mu bwicanyi bwakorewe umusaza wo mu Murenge wa Gashanda, wishwe nyuma yo kuburirwa irengero iminsi itari mike. Umurambo w’uyu musaza wabonetse ku wa Gatatu tariki 6 Gicurasi 2026, mu murima wo muri uwo murenge, ariko uboneka hari ibice by’umubiri byawuburagaho….

Soma inkuru yose

FC Barcelona yatwaye igikombe habura imikino 5 itsinze Real Madrid.

Ikipe ya FC Barcelona yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda Real Madrid ibitego 2-0 kuri iki Cyumweru tariki 10 Gicurasi 2026, mu mukino wabereye muri Espagne kuri sitade ya Barcelona ( Spotify Campoun). Yaragaje imbaraga n’umukino mwiza wayifashije kurusha mukeba wayo wa kera . Ibikesheje imikinire myiza n’ubufatanye bw’abakinnyi bayo. Ikipe ya Barcelona yongeye kwerekana ubushongore…

Soma inkuru yose

Uwahoze Ahagarariye u Rwanda muri Loni, Eugene Gasana, Yatsinzwe Urubanza rw’Ihohotera rishingiye ku Gitsina

Urukiko rw’i Manhattan muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwemeje ko Eugene Richard Gasana wahoze ahagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye (Loni), yakoze ihohotera rishingiye ku gitsina ku mukobwa wari umwimenyereza-mwuga muri Ambasade y’u Rwanda. Iki cyemezo cyafashwe ku wa 7 Gicurasi 2026 nyuma y’urubanza rwari rumaze imyaka myinshi ruburanishwa kuva ikirego cyatangirwa mu mwaka…

Soma inkuru yose

Imyuzure ikomeje guhitana benshi: Ese hari igisubizo kirambye?

Raporo zitandukanye zigaragaza ko ibiza by’imyuzure biri mu bibazo bikomeye byugarije isi muri iki gihe.Ubushakashatsi bw’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kugabanya ingaruka z’ibiza, UNDRR, bwagaragaje ko hagati ya 2000 na 2023 abantu barenga miliyari 1.6 ku isi bahuye n’ingaruka zituruka ku myuzure n’ibindi biza bifitanye isano n’imvura nyinshi. Mu Rwanda naho ikibazo gikomeje gufata indi ntera….

Soma inkuru yose

Ibiciro bya peteroli byakomeje kugabanuka ku isoko mpuzamahanga nyuma y’icyizere cy’amahoro hagati ya Iran na Amerika

Mu gihe ibiganiro bigamije guhagarika intambara hagati ya Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika bikomeje gufata indi ntera, ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli ku isoko mpuzamahanga byongeye kumanuka, bitanga icyizere ku bukungu bw’Isi bwari bumaze iminsi buhungabanye. Amakuru mashya aturuka mu biganiro bya dipolomasi arerekana ko impande zombi ziri kwegera amasezerano y’agateganyo ashobora guhagarika imirwano…

Soma inkuru yose

PSG igeze k’umukino wa nyuma wa UEFA Champions League yikurikiranya.

Tariki 6 Gicurasi 2026, Bayern Munich yanganyirije iwayo na Paris Saint Germain (PSG) igitego 1-1. Isezererwa ku giteranyo cy’ibitego 7-5. Ni umukino wabereye kuri sitade Allianz Arena. Mu mukino wari utegerejwe na benshi ku mugabane w’u Burayi, Paris Saint-Germain yatsinze Bayern Munich mu mukino waranzwe n’ishyaka, ubuhanga ndetse n’udushya twinshi twagaragaye ku mpande zombi. Ikipe…

Soma inkuru yose

Umukecuru w’imyaka 70 uvuga ko yavuye ba Perezida Paul Kagame na Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, arifuza kubonana na bo.

Kasese, Uganda – Umukecuru witwa Deborah Maate w’imyaka 70, utuye mu gace ka Kasese mu burengerazuba bwa Uganda, arifuza guhura n’abakuru b’ibihugu byombi, Perezida w’u Rwanda Paul Kagame na Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni. Avuga ko yigeze kubamenya mu myaka ya 1980 mu gihe cy’urugamba rwo kubohora Uganda. Deborah Maate, atangaza ko mu mwaka…

Soma inkuru yose

Pakistan: Ihuriro rishya rya Dipolomasi mu gukemura amakimbirane ya Amerika na Iran

Mu gihe amaso y’isi yose ahanzwe uburasirazuba bwo hagati, umujyi wa Islamabad muri Pakistan wamaze kuba ihuriro rikomeye rishobora guhindura amateka y’intambara yatangiye muri Gashyantare 2026. Nyuma y’itangazo rya Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Iran, hari andi makuru akomeye ari kuvugwa: Ingingo zifatika ziri kwibandwa ho mu biganiro Nubwo ingingo nyirizina zagizwe ibanga, amakuru ava mu…

Soma inkuru yose

Uganda: Umugore yafunzwe azira guhatiriza umwana kumira inshinge 46

Mu gihugu cya Uganda, umugore w’imyaka 45 witwa Juliet Tushabeomwe yafunzwe akurikiranyweho guhatiriza umwana w’imyaka umunani, abereye mukase, kumira inshinge 46 zifashishwa mu kudoda. Uyu mugore yatawe muri yombi ku wa 1 Gicurasi 2026, nyuma y’uko abaganga bavumbuye izi nshinge mu nda y’uwo mwana. Byaje kumenyekana nyuma y’igihe umwana amaranye ububabare bukomeye mu nda, ibintu…

Soma inkuru yose