RCS yahakanye indwara y’Iseru mu Igororero rya Nyarugenge

Urwego rushinzwe Igorora mu Rwanda RCS rwanyomoje amakuru yavugaga ko mu Igororero rya Nyarugenge rizwi nka Mageragere haba haragaragaye indwara y’Iseru. RCS ivuga ko ayo makuru atari yo, igasaba abantu kutagira impungenge, kuko nta murwayi w’iseru ubarizwa muri iryo gororero ndetse no mu bindi bigo by’igorora hirya no hino mu gihugu. Ubuyobozi bwa RCS bwagize…

Soma inkuru yose

Hantavirus: Indwara yandurira ku mbeba ikomeje guteza impungenge ku Isi

Indwara ya Hantavirus ikomeje kuvugisha benshi nyuma y’aho igaragariye mu bwato bwari buri mu rugendo mu Nyanja ya Atlantic, abantu bamwe bakayandura ndetse bamwe muri bo bakahasiga ubuzima. Nubwo kugeza ubu mu Rwanda nta muntu urayigaragaraho, inzego z’ubuzima zatangiye gukaza ingamba zo kuyikumira no gukurikirana uko ihagaze ku rwego mpuzamahanga. Hantavirus ni iki? Hantavirus ni…

Soma inkuru yose

José Mourinho agiye gusubira muri Real Madrid.

Umunya-Portugal José Mourinho ari mu batoza bafite ibigwi byinshi ku Isi, ari kuvugwa cyane mu itangazamakuru ryo ku mugabane w’u Burayi ko ashobora gusubira gutoza ikipe ya Real Madrid nyuma y’imyaka 13 ayivuyemo. Amakuru yatangajwe n’ibitangazamakuru bitandukanye birimo Sky Sports na Reuters avuga ko ubuyobozi bwa Real Madrid buri mu biganiro bya nyuma n’uyu mutoza…

Soma inkuru yose

Pome: Urubuto rufasha umubiri guhangana n’indwara

Muri iki gihe isi yugarijwe n’indwara zitandukanye zirimo iz’umutima, diyabete n’umubyibuho ukabije, abahanga mu by’ubuzima bakomeje gushishikariza abantu kurya imbuto n’imboga kugira ngo babungabunge ubuzima bwabo. Mu mbuto zifite akamaro kanini harimo pome, urubuto rukungahaye kuri vitamini C, fibres na antioxidants bifasha umubiri gukora neza. Ubushakashatsi butandukanye bugaragaza ko kurya pome buri gihe bishobora gufasha…

Soma inkuru yose

Habonetse imibiri y’abataliyani baburiye ubuzima mu buvumo bw’inyanja ya meldive

Igikorwa cyo gushakisha Imibiri cyari Kigoranye cyasojwe nyuma y’Iminsi myinshi Leta ya Maldives yatangaje kuri uyu wa Mbere ko imibiri y’abataliyani bane bari baraburiwe irengero yabonetse mu buvumo bwo munsi y’inyanja bwa Vaavu Atoll, nyuma y’igikorwa gikomeye cyo kubashakisha cyamaze iminsi myinshi. Aba bataliyani batanu bapfuye ku wa Kane ushize ubwo bari mu rugendo rwo…

Soma inkuru yose

Impinduka ku Bakoresha X badafite Blue SBadge

Urubuga nkoranyambaga rwa X rwashyizeho impinduka nshya zigira ingaruka ku barukoresha badafite icyemezo cya ‘Blue Badge’, hagamijwe kugabanya ikoreshwa nabi rya platform no kurwanya konti zidakoresha imyirondoro yizewe. Impinduka nshya zashyizweho Mu mpinduka zatangajwe: Impamvu y’izi mpinduka X yavuze ko izi ngamba zigamije: Abafite Blue Badge basabwa gutanga amakuru yabo bwite ndetse n’ibyangombwa bibaranga kugira…

Soma inkuru yose

Yampano yatawe muri yombi nyuma y’ibirego bikomeye by’ihohoterwa

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwemeje ko rwataye muri yombi Uworizagwira Florien uzwi mu muziki nka Yampano, ukurikiranyweho ibyaha bitandukanye birimo gukubita no gukomeretsa ku bushake, gukoresha ibikangisho ndetse no gukoresha ibiyobyabwenge. Aya makuru yemejwe n’Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, wavuze ko uyu muhanzi yafashwe ku wa 16 Gicurasi 2026 nyuma y’igihe ashakishwa n’inzego…

Soma inkuru yose

Anita Among wahoze ayobora Inteko ya Uganda yafungiwe iwe, telefoni ye ifatirwa mu iperereza rikomeye rya ruswa

Uwahoze ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Anita Among, ari mu bibazo bikomeye nyuma y’uko inzego z’umutekano n’iz’ubugenzacyaha zitangiye kumukoraho iperereza ku byaha bya ruswa, kunyereza umutungo wa Leta ndetse no kutagaragaza umutungo we nk’uko amategeko abiteganya. Kuri uyu munsi wo ku Cyumweru tariki ya 17 Gicurasi 2026, abashinzwe iperereza basatse urugo rwa Among…

Soma inkuru yose

Umugabo wo muri Nyamasheke Akurikiranyweho Kwica Umugore we Nyuma yo Gutaha Bavuye mu Kabari

Umugabo witwa Burindiri Emmanuel wo mu Karere ka Nyamasheke yatawe muri yombi akekwaho kwica umugore we nyuma y’amakimbirane yabereye mu rugo rwabo nijoro. Ibi byabereye mu Mudugudu wa Mukoto, Akagari ka Karengera, Umurenge wa Kirimbi, aho bivugwa ko uyu mugabo n’umugore we Mukarwego Elleda bari bavuye gusangira inzoga mu kabari mbere y’uko amakimbirane avuka. Amakuru…

Soma inkuru yose

Muri gutera urujijo Abanyarwanda – Minisitiri Nduhungirehe Ntari kuvuga rumwe na Mutesi Scovia

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko atanyuzwe n’uburyo ibiganiro bya Mama Urwagasabo TV byasesenguye ubutumwa yari yanditse ku rubuga rwa X, avuga ko byateye urujijo mu banyarwanda. Ibi byakurikiye ikiganiro cyatambutse kuri Mama Urwagasabo TV, aho abanyamakuru bagarutse ku butumwa Minisitiri Nduhungirehe yari yanditse mu rurimi rw’Igifaransa, bavuga ku byabereye mu…

Soma inkuru yose

Rubavu yashyizeho ingamba zikomeye nyuma y’icyorezo cya ‘Ebola’ kiri muri Goma

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatangaje ko bwashyizeho ingamba zikomeye zigamije gukumira icyorezo cya Ebola nyuma y’uko hagaragaye abarwayi muri Goma no mubindi bice bimwe bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni imyanzuro yafatiwe mu nama yabaye kuri uyu wa 17 Gicurasi 2026, yahuje abayobozi bo ku rwego rw’Intara, Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (Rwanda Biomedical Centre), ubuyobozi…

Soma inkuru yose

Nyabihu: Abagabo bane bafunzwe bakekwaho gutema inka ebyiri z’umuturage nyuma yo kumwigamba ko bazamuhombya

Abagabo bane bo mu Karere ka Nyabihu batawe muri yombi bakekwaho gutema inka ebyiri z’umuturage nyuma y’amakimbirane bari bafitanye, aho bivugwa ko bari bamaze igihe bafite ubushyamirane ndetse bakaba bari banaherutse kumubwira ko bazamuhombya ibintu bifite agaciro kari hejuru ya miliyoni 2 Frw. Ibi byabereye mu Murenge wa Kabatwa, Akagari ka Rugarama, Umudugudu wa Karambi,…

Soma inkuru yose

Imipaka ya Rubavu na Goma yafunzwe by’agateganyo kubera ‘Ebola’

Gisenyi–Goma yafunzwe mu rwego rwo gukumira icyorezo cya “Ebora” Kiri kuvuza ubuhuha muri DRC. Kuva mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki ya 17 Gicurasi 2026, imipaka ihuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) mu Karere ka Rubavu District yafunzwe by’agateganyo kubera icyorezo cya Ebola gikomeje kugaragara muri RDC. Imipaka yafunzwe irimo…

Soma inkuru yose

Bulgaria Yegukanye Eurovision 2026 Mu Irushanwa Ryabayemo Impaka za Politiki

Dara Yahesheje Bulgaria Intsinzi y’Amateka Mu irushanwa rya Eurovision 2026 ryabereye i Vienna muri Austria, igihugu cya Bulgaria cyanditse amateka nyuma yo kwegukana iri rushanwa ku nshuro ya mbere binyuze ku muhanzikazi Dara waririmbye indirimbo “Bangaranga” yakunzwe cyane n’abagize akanama nkemurampaka ndetse n’abatoye ku ruhande rw’abafana. Uyu muhanzikazi w’imyaka 27 y’amavuko yigaragaje ku rubyiniro akoresheje…

Soma inkuru yose

OMS Yatangaje ko Icyorezo cya Ebola muri RDC Giteye Impungenge ku Isi

Ebola yongeye gukaza umurego muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, World Health Organization (OMS/WHO), ryatangaje ko icyorezo cya Ebola cyibasiye intara ya Ituri mu burasirazuba bwa Democratic Republic of the Congo ari ikibazo gikomeye cy’ubuzima ku rwego mpuzamahanga. OMS yavuze ko kugeza ubu habaruwe abantu bagera kuri 246 bakekwaho…

Soma inkuru yose

Inkindi Aisha yavuze ukuri ku mubano we na M. Iréné nyuma y’itangazwa ry’ubukwe bwe

Mu gihe hari hashize imyaka myinshi ku mbuga nkoranyambaga hacicikana amakuru avuga ko Inkindi Aisha akundana na Murindahabi Iréné uzwi nka M. Iréné, uyu mukobwa yavuze ko nta rukundo rwigeze rubahuza ahubwo ko ari inshuti zisanzwe.Ibi bije nyuma y’uko M. Iréné atangaje ko ari mu myiteguro y’ubukwe bwe na Nishimwe Liliane, buzaba ku wa 15…

Soma inkuru yose

Imirwano ishingiye ku birombe yahitanye abantu i Lomami muri RDC

Imirwano ikomeye yabereye mu Ntara ya Lomami Province muri Democratic Republic of the Congo yahitanye abantu batanu, abandi benshi barakomereka ndetse inzu ziratwikwa. Aya makimbirane yabaye ku wa 15 Gicurasi 2026 hagati y’abaturage bo mu midugudu ya Bena Mukendi na Bena Mutaamba, iherereye muri Teritwari ya Ngandajika Territory. Aya makuru yatangajwe na Radio Okapi, yavuze…

Soma inkuru yose

Kabuga Felecien yapfiriye mu bitaro byo mu Buhorandi

Umunyemari Félicien Kabuga, wari umaze imyaka itari mike akurikiranwaho uruhare rukomeye n’ubuterankunga bw’agahomamunwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yaguye mu bitaro by’i La Haye (The Hague) mu Buholandi kuri uyu wa 16 Gicurasi 2026.Amakuru y’urupfu rwe yemejwe n’Urwego rw’Abami b’Abezi rwasigaye rucunga imanza z’Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga rwacyuye icyahoze ari ICTR (IRMCT). Ryatangaje ko umuyobozi…

Soma inkuru yose

M. Iréné yatangaje itariki y’ubukwe bwe na Nishimwe Liliane

Umunyamakuru akaba n’umushabitsi mu ruganda rw’imyidagaduro nyarwanda, Murindahabi Iréné uzwi cyane nka M. Iréné, yatangaje ku mugaragaro itariki y’ubukwe bwe na Nishimwe Liliane bamaze igihe bakundana. Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, M. Iréné yavuze ko bazasezerana ku wa 15 Kanama 2026, anaherekesha ubutumwa bwuje amarangamutima uyu mukobwa basangiye urukundo. Yagize ati: “Ndagukunda cyane.” Ubukwe butegerejwe n’abatari…

Soma inkuru yose

YouTube Shorts na Podcasts bikomeje kwigarurira imitima y’abakoresha internet

Mu gihe uburyo abantu bakoresha internet bukomeje guhinduka umunsi ku wundi, amashusho magufi azwi nka YouTube Shorts ari mu bintu biri gukurura abantu benshi cyane ku Isi. Ubu buryo bwo kureba video bwatumye abantu benshi batangira gukoresha igihe kinini kuri YouTube kurusha mbere. Imibare mishya igaragaza ko buri kwezi abantu bareba amasaha arenga miliyari ebyiri…

Soma inkuru yose

Ikoranabuhanga rya AI Riri Guha Icyizere Abagabo Babwirwaga ko Batabyara

Ikoranabuhanga rishingiye ku bwenge buhangano (AI) rikomeje kuzana impinduka zikomeye mu buvuzi, aho ubu ryanatangiye gufasha abagabo bafite ikibazo cy’ubugumba kubona amahirwe yo kubyara. Ubwo buryo bushya bwafashije umugore witwa Penelope n’umugabo we Samuel, bari bamaze imyaka irenga ibiri bagerageza kubona umwana nta ntsinzi. Indwara yari yarababujije kubyara Nyuma y’ibizamini byinshi, Samuel yaje gusanganwa indwara…

Soma inkuru yose

Lynda Priya yahishuye amayeri umugabo we yakoresheje kugira ngo amutsindire umutima

Umunyamakuru akaba n’umukinnyi wa filime w’icyatwa mu Rwanda, Lynda Priya, yanyuze mu nyanja y’urukundo maze ahishura amayeri n’uburyo umugabo we, Christian Irenge, yakoresheje ikoranabuhanga rishingiye ku kazi kugira ngo amwiyegereze kugeza bemeranije kurushinga. Mu kiganiro cyuje amarangamutima menshi cyatambutse ku muyoboro wa YouTube, Lynda yagaragaje ko urugendo rwabo rw’urukundo rutatangiye nk’uburyo busanzwe bw’abasore b’iki gihe,…

Soma inkuru yose

Aliko Dangote yavuze ko u Rwanda ruri mu bihugu bitanga icyizere cy’ishoramari muri Afurika

Dangote yavuze ko Afurika ikeneye ishoramari rikomeye Umuherwe wo muri Nigeria, Aliko Dangote, yatangaje ko u Rwanda ruri mu bihugu bya Afurika abona bifite amahirwe akomeye y’iterambere kandi bikwiye gushorwamo imari. Yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’Umuyobozi Mukuru wa Norges Bank Investment Management, Nicolai Tangen, aho baganiriye ku iterambere rya Afurika n’uruhare rw’ishoramari mu kuzamura ubukungu…

Soma inkuru yose

Huye: Umwana umwe yapfuye abandi babiri barakomereka mu nkongi y’umuriro yatewe n’amashanyarazi

Agahinda n’ihungabana ni byinshi mu Mudugudu wa Nyarurembo, Akagari ka Gitwa mu Murenge wa Tumba, Akarere ka Huye, nyuma y’inkongi y’umuriro yafashe inzu abana batatu barimo, umwe muri bo agahita ahasiga ubuzima mu gihe abandi babiri bakomeretse bikomeye. Iyi nkongi yabaye mu masaha ya saa mbili z’umugoroba ku wa 14 Gicurasi 2026, aho abaturage bavuga…

Soma inkuru yose

Impinduramatwara mu Bwikorezi: Ikoranabuhanga Ririguhindura Ubukungu bw’Isi.

Uko Ubwikorezi Bwinjiye mu Gihe Gishya Dushingiye ku kirangano turimo. Mu myaka mike ishize, urwego rw’ubwikorezi rwabaye kimwe mu byihuta guhinduka ku Isi. Iterambere ry’ikoranabuhanga, izamuka ry’imijyi, ubucuruzi mpuzamahanga ndetse n’ihindagurika ry’ikirere biri gutuma ibihugu n’ibigo bikora ubwikorezi bishaka uburyo bushya bwo gutwara abantu n’ibintu mu buryo bwihuse, buhendutse kandi bwangiza ibidukikije ku rugero ruto….

Soma inkuru yose

OpenAI yazanye Codex muri ChatGPT ya telefoni, igiye korohereza abandika porogaramu za mudasobwa

Sosiyete y’ikoranabuhanga ya OpenAI yatangaje ko yamaze gushyira porogaramu yayo yifashishwa mu gufasha abandika code, izwi nka Codex, muri ChatGPT ikoreshwa kuri telefoni za Android na iPhone. Ni intambwe nshya igamije gutuma abakora porogaramu za mudasobwa bashobora kubona ubufasha bw’ubwenge buhangano aho bari hose, badategereje kugera kuri mudasobwa zabo. Codex ni iki? Codex ni ikoranabuhanga…

Soma inkuru yose

“Uri inzozi ndota kugeza bukeye” Umunyarwenya Etienne yifurije umugore we Josiane isabukuru mu buryo bwakoze benshi ku mutima.

Umunyarwenya nyarwanda Iryamukuru Etienne yagaragaje amarangamutima akomeye akunda umugore we Uwizeyimana Josiane, amwifuriza isabukuru nziza y’amavuko mu butumwa bwuje urukundo yasangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga. Mu butumwa yanyujije kuri Instagram kuri uyu wa 15 Gicurasi, Etienne yavuze ko Josiane ari umuntu ukomeye mu buzima bwe ndetse amusobanurira urukundo amufitiye mu magambo yuje imitoma. Yagize ati:…

Soma inkuru yose

Musanze: hari kubakwa ikimoteri kigezweho kizatunganya imyanda ikabyazwa ifumbire n’ibicanwa

Ikigo gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC Group), ku bufatanye n’Akarere ka Musanze, bari kubaka ikimoteri kigezweho kizajya gitunganya imyanda itandukanye ikomoka mu ngo n’ikorwa n’abaturage, ikabyazwa ifumbire n’ibicanwa bya Briquet. Iki kimoteri kiri kubakwa mu Murenge wa Gacaca ku buso bwa hegitari 6,8, kikazuzura gitwaye miliyari 4,5 Frw. Imirimo yo kucyubaka yatangiye mu 2024, ikaba…

Soma inkuru yose

Imyemerere nayo igena igihe umuntu azamara ku isi

Mu gihe hari abatekereza ko ubuzima bwiza bushingira gusa ku biribwa byiza, imiti cyangwa amafaranga. Nyamara, ubushakashatsi butandukanye bukomeje kwerekana ko uburyo umuntu yitekerezamo ndetse n’imyemerere agira ku buzima bwe bishobora kugira uruhare runini ku mibereho ye no ku gihe ashobora kumara ku isi. Iyo umuntu ahora yibwira ko adashoboye cyangwa ko nta cyiza cyamubaho,…

Soma inkuru yose

Umutekano Muke Muri Cabo Delgado Ukomeje Guhungabanya Ubuzima bw’Abaturage

Mu Ntara ya Cabo Delgado iri mu majyaruguru ya Mozambique, umutekano ukomeje kuzamba bitewe n’ibitero by’inyeshyamba ziyitirira idini ya Islamu, ibintu bikomeje gushyira abaturage mu bwoba no gutuma benshi bahunga ingo zabo. Umwepiskopi wa Quelimane Agaragaza Uburemere bw’Ibibazo Umwepiskopi wa Diyosezi Gatolika ya Quelimane, Osório Citora Afonso, yatangaje ko ubuzima bw’abaturage bo muri Cabo Delgado…

Soma inkuru yose

Polisi ya Uganda yahaye umupolisi inkweto zidasanzwe kubera ikirenge kinini cyamubuzaga gukora neza

Umupolisi wari umaze igihe abura inkweto zimukwira yahawe izifite ibice 52 ku bipimo byo mu Burayi Polisi ya Uganda yahaye umupolisi wayo, PPC Olepus Jovian, inkweto zihariye nyuma y’igihe kinini ahura n’ikibazo cyo kubura inkweto zimukwira kubera ubunini bw’ikirenge cye. Kumunsi wo kuwa Kane, ubuyobozi bushinzwe ibikoresho muri Polisi ya Uganda bwamushyikirije inkweto z’akazi zifite…

Soma inkuru yose

Ibintu by’ingenzi wakora igihe wumva ufite umunaniro ukabije

Umunaniro ni ibintu bisanzwe ku muntu wakoze cyane, yaba mu kazi k’umubiri cyangwa mu bitekerezo. Gusa hari igihe umunaniro urenga urugero, ukagira ingaruka ku buzima bwa buri munsi ndetse umuntu akabura uko awutandukanya n’indwara. Nubwo kuruhuka ari cyo gisubizo cya mbere, hari n’izindi ngamba zafasha umubiri kongera imbaraga no guhangana n’iki kibazo. Kuruhuka bihagije ni…

Soma inkuru yose

Abagore bagiye gufashwa kubona moto zikoresha amashanyarazi binyuze mu bufatanye bwa Spiro na ESP

Sosiyete ya Spiro ikora moto zikoresha amashanyarazi muri Afurika, yagiranye ubufatanye na Sosiyete ya Entrepreneurial Solutions Partners (ESP) bugamije gufasha abagore kubona moto zikoresha amashanyarazi kugira ngo babashe kwihangira imirimo no kwiteza imbere. Aya masezerano yashyizweho umukono ku wa 14 Gicurasi 2026 mu nama y’abayobozi bakuru b’ibigo n’abashoramari muri Afurika izwi nka Africa CEO Forum….

Soma inkuru yose

Hatangijwe ikoranabuhanga rizafasha kubika no kwibuka amazina y’abazize Jenoside

Mu rwego rwo gukomeza kubungabunga amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 no guha agaciro abazize ayo mahano, Aegis Trust yatangaje umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ugaragaza amazina y’abazize Jenoside mu buryo bwa 3D. Uyu mushinga wiswe: “Inkingi z’Amazina y’Abacu” wamuritswe ku wa 14 Gicurasi 2026, ukaba ugamije gufasha Abanyarwanda ndetse n’Isi yose gukomeza kwibuka abazize…

Soma inkuru yose

Ubwishingizi nk’ishingiro ry’ubukungu bwa Afurika: Ibiganiro bya Africa CEO Forum 2026

Mu gihe Afurika ikomeje gushaka uburyo bwo kongera ubudahangarwa bw’ubukungu bwayo, inama ya Africa CEO Forum 2026 iri kubera i Kigali kuva tariki ya 14 na 15 Gicuransi, yahindutse urubuga rukomeye rwo kuganiriraho uko urwego rw’ubwishingizi rwashyirwa ku rwego rw’ibikorwaremezo by’ingenzi nk’imihanda, amashanyarazi n’ikoranabuhanga. Abayobozi mu nzego z’imari, ubwishingizi n’ubuyobozi bwa za banki nkuru z’ibihugu…

Soma inkuru yose