URUBYIRUKO MU MUTEGO W’IBIYOBYABWENGE: INZOZI N’EJO HAZAZA BIRI KUZIMIRA BUCECE

Urubyiruko ni rwo mbaraga igihugu cyubakiraho ejo hazaza. Ni rwo rutegerezwaho kuzamura ubukungu, guteza imbere ikoranabuhanga no gutanga ibisubizo ku bibazo igihugu gihura na byo. Nyamara, mu gihe ari rwo rwagakomeje kuba isoko y’iterambere, hari ikibazo gikomeje kururya bucece ari cyo ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge. Mu Rwanda, ibiyobyabwenge bikomeje kuba ikibazo gihangayikishije inzego z’ubuzima, iz’umutekano n’imiryango myinshi….

Soma inkuru yose

Ukraine yibasiye ibikorwa bya peteroli n’ibya gisirikare i St. Petersburg mu gihe hafungurwaga inama mpuzamahanga iyobowe na Putin.

Perezida Volodymyr Zelensky yemeje ko ingabo za Ukraine zagabye ibitero ahantu h’ingezi mu Burusiya mu ijoro ryakeye, harimo ububiko bwa peteroli bwa St. Petersburg, ibikorwa bya gisirikare biri ku birindiro by’amato bya Kronstadt ndetse n’uruganda rukora ibikoresho bya gisirikare mu karere ka Tambov. Ibi bitero byateje inkongi ikomeye hafi ya St. Petersburg, mu gihe uwo…

Soma inkuru yose

Abacuruzi babitse litiro miliyoni ebyiri za lisansi basabwe kuzigeza ku isoko.

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyahaye abacuruzi b’ibikomoka kuri peteroli igihe cy’iminsi 30 kugira ngo basohore mu bubiko lisansi na mazutu bimazemo amezi arenga atandatu, bingana na litiro 1.993.750. RRA yasabye abo bacuruzi kwishyura imisoro ikwiye kuri ibyo bicuruzwa mbere yo kubishyira ku isoko, kugira ngo bitangire kugurishwa nk’ibisanzwe. Iki cyemezo kigamije gutuma ibikomoka kuri peteroli…

Soma inkuru yose

Andoni Iraola mu biganiro bya nyuma na Liverpool.

Ikipe ya Liverpool FC yatangiye ibiganiro n’umunya- Espagne Andoni Iraola wahoze atoza Bournemouth, mu rugendo rwo gushaka umusimbura wa Arne Slot uherutse gutandukana n’iyi kipe ikinira kuri sitade ya Anfield road.  Aya makuru yatangiye gukwirakwira kuri uyu wa Kabiri agaragaza ko Iraola ari mu bahabwa amahirwe menshi yo guhabwa aka kazi agasimbure Arne Slot watwsye…

Soma inkuru yose

Yampano yisobanuye ku byaha aregwa, Ubushinjacyaha busaba ko afungwa iminsi 30

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano yagejejwe imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa 2 Kamena 2026, aho yaburanye ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo nyuma yo gukurikiranwaho ibyaha bitandukanye bifitanye isano n’amakimbirane yo mu rugo. Mu iburanisha ryamaze amasaha menshi, Ubushinjacyaha bwagaragaje ko hari impamvu zikomeye zituma Yampano akekwaho ibyaha bitandatu birimo gukubita no gukomeretsa…

Soma inkuru yose

Nyamasheke: Bamwe mu baturage babangamiwe n’ibihombo baterwa n’inyamaswa zo muri Pariki ya Nyungwe.

Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyamasheke, umurenge wa Rangiro, bavuga ko bahangayikishijwe n’ibihombo baterwa n’inyamaswa ziva muri pariki ya Nyungwe mu masaha y’ijoro n’igitondo zikabangiriza imyaka. Aba baturage by’umwihariko abo mu tugari twa Banda na Gakenke, bavuga ko uko iminsi ishira ari ko inyamaswa ziva muri pariki ziyongera, zikabangiriza ibyakabatungiye imiryango, bikanishyurira abana…

Soma inkuru yose

Kuri uyu wa Gatatu hazatangira ibizamini bya Leta hirya no hino mu gihugu.

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) irafungura ku mugaragaro ibikorwa by’ibizamini ngiro by’umwaka w’amashuri wa 2025/2026 kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 3 Kamena. Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iratangiza ku mugaragaro ibizamini ngiro by’umwaka w’amashuri wa 2025/2026 kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 3 Kamena 2026, mu muhango uteganyijwe gutangira saa mbiri n’igice za mu gitondo. Ibi bizamini bizakomeza…

Soma inkuru yose

Ibitero bya misile na drones by’u Burusiya byahitanye 18, bikomeretsa abarenga 100 muri Ukraine.

Mu masaha yo mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri, u Burusiya bwagabye ibitero bikomeye bya misile na drones mu bice bitandukanye bya Ukraine, bihitana nibura abantu 18 mu gihe abarenga 100 bakomerekeye muri ibyo bitero. Mu murwa mukuru Kyiv, abayobozi batangaje ko abantu batandatu bishwe naho 79 barakomereka, barimo abana batatu. Mu mujyi wa…

Soma inkuru yose

Dore ibihano bitegereje abahenda abavomyi bitwaje ibura ry’amazi.

WASAC Group yasobanuye ko ibura ry’umuriro ryiyongereye ku kibazo gisanzwe cyo kugabanuka kw’ingano y’amazi mu bihe by’izuba, bituma serivisi yo kugeza amazi ku bafatabuguzi ihungabana. Umuvugizi wa WASAC, Bimenyimana, yavuze ko kugeza ubu ikibazo gikomeye cy’ibura ry’amazi kizwi kiri mu Murenge wa Kigarama mu Karere ka Kicukiro no mu Murenge wa Mageragere mu Karere ka…

Soma inkuru yose

AFC/M23 yavuze ko yiteguye gusubiza yivuye inyuma ibikorwa bya gisirikare bishya bya FARDC.

AFC/M23 yatangaje ko izatanga igisubizo gikomeye kandi gihwanye n’uburemere bw’ibitero byose bishya byagabwa ku bice igenzura mu Burasirazuba bwa RDC. Mu itangazo AFC/M23 yasohoye mu ijoro ryo ku wa 1 Kamena 2026, uyu mutwe watangaje ko mu kwezi kwa Gicurasi 2026 Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abo zifatanyije ibikorwa bya gisirikare byakajijwe,…

Soma inkuru yose

Spiro yashoye miliyoni $215 mu kwagura ibikorwa by’imoto z’amashanyarazi muri Afurika

Sosiyete ya Spiro, ifatwa nk’iya mbere muri Afurika mu gutanga serivisi z’ubwikorezi bukoresha amashanyarazi, yatangaje ko yabonye ishoramari rya miliyoni 215 z’Amadolari ya Amerika rizifashishwa mu kwagura ibikorwa byayo byo gukwirakwiza ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi ndetse n’imiyoboro yo gusimburanya batiri (battery-swapping stations) hirya no hino ku mugabane wa Afurika. Iri shoramari rishya rije rikurikira imyaka myinshi…

Soma inkuru yose

Kabuga Félicien agiye gushyingurwa mu Bubiligi nyuma y’imyaka myinshi ari mu maboko y’ubutabera mpuzamahanga

Kabuga Félicien, umwe mu bantu bakurikiranyweho uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ategerejwe gushyingurwa mu Bubiligi nyuma y’urupfu rwe rwabereye mu Buholandi ku wa 16 Gicurasi 2026. Amakuru aturuka ku bantu bakurikiranira hafi iki kibazo agaragaza ko imyiteguro yo kumushyingura igeze kure, aho biteganyijwe ko umuhango wo kumusezeraho bwa nyuma ushobora kubera mu…

Soma inkuru yose

Menya ibiribwa bishobora guteza ibibazo iyo bivanze nabi

Nubwo ibiribwa byinshi bifitiye umubiri akamaro, abahanga mu buzima bagaragaza ko hari igihe uburyo ibiryo byateguwe, uko byahujwe cyangwa uko byabitswe bushobora gutera ibibazo by’ubuzima. Icyakora, nta bimenyetso bya siyansi bihagije byerekana ko uruvange rwihariye nk’indimu n’amata cyangwa ubunyobwa n’amavuta ya elayo bihita bihinduka “uburozi” ku bantu bose. Ahubwo ikibazo gikunze guturuka ku kwandura ibiribwa,…

Soma inkuru yose

Umuti mushya wongera igihe cyo kubaho k’umurwayi wa kanseri y’urwagashya (Pancreas).

Uyu muti witwa daraxonrasib ugaragara nk’intambwe ikomeye mu guhangana na kanseri y’urwagashya, imwe mu kanseri zica abantu benshi kurusha izindi. Uyu muti ukora uhagarika ikwirakwira rya kanseri binyuze mu gufunga no guhagarika gene ya KRAS yahindutse (mutated KRAS), iboneka mu bibyimba bya kanseri y’urwagashya birenga 90%, kandi ikaba ari yo ituma kanseri ikura vuba. Ubushakashatsi…

Soma inkuru yose

Muhanga: Umusore akurikiranyweho kwica nyina

Umusore witwa Nzayisenga Onesphore wo mu Karere ka Muhanga ari mu maboko y’inzego z’umutekano nyuma yo gukekwaho kwica nyina, Mukampfizi Béatha w’imyaka 66 y’amavuko. Ibi byabereye mu Mudugudu wa Gakomeye, Akagari ka Kanyinya, Umurenge wa Muhanga, aho amakuru y’ibanze agaragaza ko amakimbirane yo mu muryango ashobora kuba yarabaye intandaro y’icyo gikorwa. Bamwe mu baturage bavuga…

Soma inkuru yose

Menya impamvu zituma umuntu yavugira hejuru undi akavugira hasi?

Uburyo abantu bavuga ntibuba bumwe. Hari abavuga ijwi riranguruye ku buryo bumvikanira kure, mu gihe abandi bavuga buhoro bigasaba ko ubegera cyangwa ukabatega amatwi cyane kugira ngo wumve ibyo bavuga. Abahanga bavuga ko ibi biterwa n’impamvu zitandukanye zirimo imiterere y’umuntu, ubuzima bwe ndetse n’aho yakuriye. Imiterere n’imico by’umuntu Hari abantu bavukana cyangwa bakakura bafite imiterere…

Soma inkuru yose

Kamonyi: Umusore yafashwe amaze kwiba ihene eshatu z’umuturage

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo, ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano ndetse n’abaturage, ikomeje ibikorwa bigamije gukumira no kurwanya ubujura bw’amatungo hagamijwe kubungabunga umutekano w’abantu n’ibyabo. Muri urwo rwego, kuri uyu wa 31 Gicurasi 2025, mu Karere ka Kamonyi, Umurenge wa Nyamiyaga, Akagari ka Ngoma, hafatiwe mu cyuho umusore wari umaze kwiba ihene eshatu…

Soma inkuru yose

Nyamasheke: Abaturage batewe impungenge n’umusanzu wa “EjoHeza” bavuga ko batabona muri sisitemu

Mu Karere ka Nyamasheke, Umurenge wa Karambi, hari abaturage bavuga ko batewe impungenge n’imikorere ya gahunda y’ubwizigame bw’igihe kirekire ya “EjoHeza”, nyuma yo gutanga amafaranga y’umusanzu ariko ntibabone ubutumwa bubemeza ko amafaranga yabo yashyizwe muri sisitemu nk’uko bisanzwe bigenda ku banyamuryango b’iyi gahunda. Iki kibazo cyatumye bamwe mu baturage batangira kugira amakenga ku mikorere y’ikusanywa…

Soma inkuru yose

Intsinzi ya PSG muri Champions League yakurikiwe n’imvururu zikomeye i Paris

Mu mujyi wa Paris waraye uranzwe n’akaduruvayo gakomeye nyuma y’uko ikipe ya Paris Saint-Germain (PSG) yegukanye igikombe cya UEFA Champions League itsinze Arsenal ku mukino wa nyuma mu ijoro ryo kuri uyu wa 30 Gicuransi 2026. Mu gihe ibihumbi by’abafana byari byuzuye mu mihanda byishimira iyo ntsinzi y’amateka, bamwe muri bo baje kwisanga mu bikorwa…

Soma inkuru yose

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League yongera gushimangira ubufatanye na Visit Rwanda

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yashimiye ikipe ya Paris Saint-Germain nyuma yo kwegukana Igikombe cya UEFA Champions League cya 2025/26, anashimangira akamaro k’ubufatanye iyi kipe ifitanye na gahunda ya Visit Rwanda. Ibi Perezida Kagame yabigarutseho mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X nyuma y’umukino wa nyuma wabereye muri Puskás Aréna, aho PSG yatsinze…

Soma inkuru yose

Uburyo bwo gutera akabariro bushobora gushyira umugabo mu kaga ko kuvunika igitsina

Abantu benshi bumva ko kuvunika igitsina cy’umugabo ari ibintu bidashoboka cyangwa se bidakunze kubaho. Nyamara, abaganga n’abashakashatsi bagaragaza ko iki kibazo kibaho kandi gishobora guterwa n’impanuka iba mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina. Iyo igitsina cy’umugabo kiri mu mwanya wo gufata umurego, kiba kirimo amaraso menshi atuma gikomera. Iyo habaye kugonga nabi, guhusha cyangwa kugonda igitsina mu…

Soma inkuru yose

RIB isabwe gukurikirana TMP mbere y’uko abaturage benshi bahomba

Mu gihe hirya no hino mu Rwanda hakomeje kumvikana ubucuruzi bw’ikoranabuhanga buzwi nka TMP (The Market Practice), abaturage barasaba inzego zibishinzwe zirimo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) gukurikirana imikorere yabwo mbere y’uko abaturage benshi bahomba amafaranga yabo. TMP ikomeje kwamamara cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga no mu matsinda atandukanye, aho abantu bashishikarizwa gushora amafaranga babwirwa ko…

Soma inkuru yose

Kenneth Law yemeye ibyaha byo gufasha abantu kwiyahura

Kenneth Law, umugabo w’Umunya-Canada ukurikiranyweho kugurisha uburozi ku bantu bo mu bihugu bitandukanye, yemeye ibyaha 14 byo gufasha abantu kwiyahura mu rubanza rwabereye mu Ntara ya Ontario. Uyu mugabo w’imyaka 60 yemeye ibi byaha mu masezerano yagiranye n’Ubushinjacyaha, aho yemeye uruhare rwe mu rupfu rw’abantu batandukanye bo muri Canada. Nyuma y’ayo masezerano, ibirego by’ubwicanyi yari…

Soma inkuru yose

RwandAir yongeye gusubukura ingendo zo muri Qatar na UAE nyuma y’amezi atatu zihagaze

Sosiyete Nyarwanda ikora ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir, yatangaje ko guhera tariki ya 1 Kamena 2026 izongera gukora ingendo zayo zerekeza ndetse ziva mu Mujyi wa Doha muri Qatar no mu Mujyi wa Dubai muri United Arab Emirates, nyuma y’igihe zari zarahagaritswe kubera umutekano muke mu Burasirazuba bwo Hagati. Izi ngendo zari zarahagaritswe kuva tariki…

Soma inkuru yose

Ubushakashatsi: Abagabo benshi bahangayikishwa n’ingano y’ibitsina byabo

Ubushakashatsi bushya bwakozwe n’abahanga ku ndwara z’abagabo bwagaragaje ko umubare munini w’abagabo ku Isi bahura n’ikibazo cy’ihungabana n’ipfunwe bitewe n’ingano y’ibitsina byabo, nubwo benshi mu bagore babo baba banyuzwe n’imibonano mpuzabitsina bagirana. Ubwo bushakashatsi bwashyizwe hanze binyuze mu kinyamakuru mpuzamahanga cya Sexual Medicine, bwagaragaje ko hagati ya 45% na 68% by’abagabo bagira impungenge z’uko ibitsina…

Soma inkuru yose

Ruhango: Polisi yafashe umugabo wari umaze kwiba miliyoni 1.7 Frw

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo, ku bufatanye n’abaturage, ikomeje ibikorwa byo gukumira no kurwanya ibyaha bitandukanye, cyane cyane ubujura buhungabanya umutekano w’abaturage n’ibyabo. Muri urwo rwego, kuwa 27 Gicurasi 2026, Polisi ikorera mu Karere ka Ruhango mu Murenge wa Bweramana yafatiye mu cyuho umugabo wari umaze kwiba umucuruzi amafaranga asaga miliyoni imwe n’ibihumbi…

Soma inkuru yose

Uretse kuba intwaro “Uranium” yifashishwa no mu buvuzi bugezweho

Iyo bavuzwe uranium, abantu benshi bahita batekereza ku ntwaro za nikleyeri n’ibisasu bikomeye byasize amateka akomeye ku Isi. Nyamara, iki kinyabutabire gifite n’uruhare runini mu iterambere ry’ubuvuzi, ubushakashatsi ndetse no gutanga amashanyarazi. Mu ntangiriro z’ikinyejana cya 20, abahanga mu bya siyansi bakomeje kuvumbura amoko atandukanye ya radiation arimo alpha, beta na gamma rays. Ibyo byatumye…

Soma inkuru yose

Gatsibo: Abaturage babiri bafungiwe gutera amazirantoki mu rugo rwa mudugudu

Abaturage babiri bo mu Karere ka Gatsibo, barimo umusore na nyina, batawe muri yombi bakekwaho gutera amazirantoki mu rugo rw’Umuyobozi w’Umudugudu wa Kinunga, uherereye mu Kagari ka Rwimitereri, Umurenge wa Murambi. Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa 28 Gicurasi 2026, aho abo bakekwa bivugwa ko bageze kwa Mudugudu bakamena amazirantoki ku muryango w’inzu ndetse…

Soma inkuru yose

Anthropic iherutse kwinjira mu mikoranire n’u Rwanda irasatira agaciro ka miliyari 1.000$

Ikigo Anthropic kiri mu bizobereye mu bijyanye n’ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano (AI), cyatangaje ko agaciro kacyo kageze kuri miliyari 965$, ica kuri OpenAI bihanganye. Kwiyongera kw’agaciro ka Anthropic kwaturutse kuri miliyari 65$ iherutse gukusanya, hagamijwe kurushaho guteza imbere ibikorwa byacyo. Iki kigo cyamenyekanye cyane kubera porogaramu ya AI cyakoze yitwa Claude. Aya mafaranga yatanzwe n’ibigo bishora…

Soma inkuru yose

Igipfunsi kivuza ubuhuha mu mikino ya UBC cyasize Abanyarwanda batsinze Abanya-Uganda

Abakinnyi b’Abanyarwanda bitwaye neza mu mikino y’iteramakofe ya Universe Boxing Championship (UBC), batsinda Abanya-Uganda mu mikino y’ababigize umwuga. Ni imikino yakinwe mu ijoro ryo ku wa Kane rishyira ku wa Gatanu, tariki ya 29 Gicurasi 2026, ibera muri Kigali Universe yitabirwa n’abakinnyi bo mu makipe yo mu Rwanda ndetse n’abo muri Uganda. Imikino y’abatarabigize umwuga…

Soma inkuru yose

Hasojwe imyitozo y’abahagarariye ibihugu bigize EAPCCO

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu Dr. Vincent Biruta, ku wa Kane tariki ya 28 Gicurasi, yasoje ku mugaragaro imyitozo yo kurwanya iterabwoba, yahuzaga inzego z’umutekano zo mu bihugu bigize Umuryango wa EAPCCO n’ibindi bihugu byo ku mugabane w’Afurika, yaberaga mu Kigo cy’Amahugurwa yo Kurwanya Iterabwoba (CTTC), i Mayange, mu Karere ka Bugesera. Ni imyitozo yakozwe…

Soma inkuru yose

Gatsibo: Umusore na nyina batawe muri yombi nyuma yo gukekwaho gutera amazirantoki kwa Mudugudu

Abaturage babiri bo mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Murambi, barimo umusore na nyina, batawe muri yombi bakekwaho gutera amazirantoki kwa Mudugudu nyuma y’uko bivugwa ko bashakaga kwihimura ku buyobozi bw’inzego z’ibanze. Ibi byabaye mu ijoro rishyira tariki ya 28 Gicurasi 2026, bibera mu Mudugudu wa Kinunga, Akagari ka Rwimitereri, Umurenge wa Murambi. Umuyobozi…

Soma inkuru yose

Impamvu zishobora gutera abana kuvukana ubumuga.

Abana bamwe bavukana cyangwa bakagira ubumuga bakiri bato, ibintu bikunze gutera impaka n’amatsiko mu miryango myinshi. Abaganga bavuga ko ubumuga buturuka ku mpamvu zitandukanye, kandi ko akenshi butaba bushingiye ku makosa y’ababyeyi gusa. Hari ubumuga buterwa n’uruherekane mu muryango aho umwana ashobora kuzungura ikibazo cyihariye kivuye ku babyeyi cyangwa ku ihinduka ry’imiterere y’uturemangingo. Izindi mpamvu…

Soma inkuru yose

Akarere ka Rulindo kavuze ku makimbirane y’umuryango wa Habimana n’umugore we

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rulindo bwatangaje ko buri gukurikirana ikibazo cy’amakimbirane amaze igihe hagati ya Habimana Vincent n’umugore we, buhamya ko hari amakuru yatangajwe adafite ishingiro arimo ayo gufungira abaturage mu biro by’umurenge. Iki kibazo cyakuruye impaka nyuma y’uko Habimana Vincent avuze ko ubuyobozi bw’Akagari ka Karengeri mu Murenge wa Burega bwifatanyije n’umugore we kugurisha imwe…

Soma inkuru yose

Ibimenyetso by’ingaruka mbi zo gukoresha cyane imbuga nkoranyambaga biragenda byiyongera

Muri iyi myaka ya vuba, imbuga nkoranyambaga zabaye kimwe mu bintu abantu benshi badashobora kubaho badafite. Kuva umuntu abyutse kugeza agiye kuryama, telefoni iba iri mu biganza bye, akareba ubutumwa, amashusho, amafoto cyangwa amakuru mashya kuri TikTok, Instagram, Facebook, Snapchat na X. Ku rubyiruko rwo muri iki gihe, gukoresha imbuga nkoranyambaga byabaye nk’igice cy’ubuzima bwa…

Soma inkuru yose