Kuki kunywa amazi bihabwa agaciro gake kandi ari yo nkingi y’ubuzima?

Amazi ni cyo kinyobwa cya mbere gifasha ubuzima bw’umuntu gukomeza gukora neza, ariko abantu benshi bayafata nk’ikintu gisanzwe. Hari abamara amasaha menshi cyangwa umunsi wose batanywa amazi ahagije, bamwe bakavuga basetsa ko bazayanywa “barohamye gusa”, nyamara umubiri w’umuntu ubaho kubera amazi. Abahanga mu buzima bavuga ko hagati ya 55% na 60% by’umubiri w’umuntu mukuru bigizwe…

Soma inkuru yose

Menya amateka y’Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Umubyeyi

Buri mwaka mu cyumweru cya kabiri cya Gicurasi, ibihugu byinshi ku Isi byizihiza Mother’s Day, umunsi wahariwe gushimira no guha icyubahiro ababyeyi kubera uruhare rukomeye bagira mu buzima bw’imiryango n’iterambere ry’umuryango mugari. Uyu munsi wizihizwa cyane muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse no mu bindi bihugu byinshi byo ku Isi, aho abantu bafata umwanya…

Soma inkuru yose

Batatu bamaze guhitanwa na Hantavirus yagaragaye mu bwato bw’ubukerarugendo.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, World Health Organization (WHO), ryakajije ingamba zo guhangana n’icyorezo cya Hantavirus cyagaragaye ku bwato bunini butwara ba mukerarugendo bwa MV Hondius, nyuma y’uko abantu umunani bakekwaho kwandura, batatu muri bo bakaba bamaze kwitaba Imana. Iki cyorezo cyateje impungenge kubera ko cyatewe n’ubwoko bwa virusi bwa Andes virus, buzwiho kuba…

Soma inkuru yose

Ibyafasha igitsina gore kongera ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina

Ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina ni kimwe mu bigira uruhare mu mubano mwiza hagati y’abashakanye. Bityo iyo ubu bushake bugabanutse, bishobora gutera impungenge cyangwa kutumvikana hagati y’abakundana. Abahanga mu buzima bagaragaza ko kugabanuka k’ubushake ku bagore akenshi bidaterwa gusa n’impamvu z’umubiri, ahubwo ko bishobora guterwa n’ubuzima bwa buri munsi, imitekerereze cyangwa ibibazo byo mu muryango….

Soma inkuru yose

Uko wagabanya n’uko wakirinda ikirungurira mu buryo bworoshye

Indwara y’ikirungurira ni ikibazo gikunze kubangamira abantu benshi, cyane cyane nyuma yo kurya cyangwa igihe baryamye. Akenshi umuntu yumva ibintu bishyushye cyangwa bisharira bizamuka mu muhogo, rimwe na rimwe bikamurya mu gatuza cyangwa bikamutera kutamererwa neza. Abaganga bavuga ko ikirungurira giterwa n’uko aside yo mu gifu izamuka ikagera mu muhogo, ibintu bizwi nka acid reflux….

Soma inkuru yose

Urukingo rwa Malaria rwagabanyije impfu z’abana muri Afurika – Ubushakashatsi

Ubushakashatsi bushya kandi bwizewe bwashyizwe ahagaragara mu kinyamakuru cya siyansi cya The Lancet, bwemeje ko urukingo rwa Malaria rwa RTS,S rwagize uruhare rukomeye mu kugabanya impfu z’abana mu bihugu bya mbere byatangiye kurutanga muri Afurika. Mu gihe cy’imyaka ine, ubushakashatsi bwagaragaje ko nibura umwana umwe mu bana umunani bapfaga bazize Malaria yarokowe mu bana bari…

Soma inkuru yose

Uburyo bwo kwipima inda ukoresheje ibikoresho byo mu rugo: Ese birizewe?

Hari abantu benshi bakoresha uburyo bwabo bwihariye mu rugo bashaka kumenya niba batwite mbere yo kujya kwa muganga cyangwa gukoresha ‘test de grossesse’. Aho bamwe bifashisha ibikoresho bisanzwe birimo umuti w’amenyo, isukari, isabune cyangwa vinaigre, bavuga ko bishobora kubereka niba batwite. Gusa abaganga n’inzobere mu buzima bagaragaza ko ubu buryo budafite gihamya ya siyansi ibwemeza,…

Soma inkuru yose

Ikihishe Inyuma y’Ubwiyongere bw’Abiyahura

Kwamamaza kw’ikoranabuhanga, ubuzima buhenze, kwigunga, ibibazo by’ubukungu n’ihungabana ryo mu mutwe biri mu bikomeje gushyira benshi mu mwijima wo kwiheba. Mu gihe abantu benshi bakomeza guceceka ku bibazo bibaremereye, imibare mishya yerekana ko ikibazo cyo kwiyahura gikomeje gufata indi ntera ku Isi yose, cyane cyane mu rubyiruko. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, World Health…

Soma inkuru yose

Kaminuza zo muri Afurika zikomeje kuyoboka AI, iza Leta ziri imbere mu kuyikoresha

Ubushakashatsi bwakozwe ku ikoreshwa ry’Ubwenge Buhangano (AI) muri kaminuza zo muri Afurika bwagaragaje ko kaminuza za Leta ari zo zikomeje gukoresha iri koranabuhanga ku rwego rwo hejuru kurusha iza private, cyane cyane mu bikorwa byo kwigisha no kuyobora ibigo. Ibyavuye muri ubu bushakashatsi byatangajwe mu nama ya ELITE Africa Workshop, yahuje ibigo bitandukanye by’amashuri makuru…

Soma inkuru yose

Harimo Imijyi ine yo muri Afrika! Urutonde rw’imijyi 50 myiza ku Isi yo gusura muri 2026-2050.

Urutonde rw’imijyi 50 myiza yo gusura ku Isi mu mwaka wa 2026 rwatangajwe, u Bwongereza bukaba bwagaragaje ko bufite imijyi ihagaze neza muri uru rutonde, mu gihe umugane wa Afrika uhagarariwe n’imijyi ine gusa. Uru rutonde rwakozwe n’ikinyamakuru Time Out gifatanyije na sosiyete ikora ibijyanye n’ingendo yitwa Intrepid Travel, mu bushakashatsi bwiswe “Best Cities of…

Soma inkuru yose

Sobanukirwa ibimenyetso simusiga byakwereka ko uri kugira isukari nyinshi mu mubiri

Isukari ni kimwe mu bintu umubiri ukenera kugira ngo ubashe kubona imbaraga no gukora neza. Iboneka mu biribwa byinshi birimo imbuto, ibinyampeke, imitobe ndetse n’ibindi biribwa bitunganyirizwa mu nganda. Nubwo isukari ari ingenzi, kuyirya mu buryo bukabije bishobora kugira ingaruka zikomeye ku buzima bw’umuntu. Mu myaka yashize, abahanga mu by’imirire n’ubuzima bakomeje kugaragaza ko abantu…

Soma inkuru yose

Abashakanye baba bafite ibyago byinshi byo kurwara ‘Dementia’ kurusha ingaragu

Mu gihe abantu benshi bafata gushaka nk’intambwe ifasha umuntu kugira ubuzima bwiza no kubaho igihe kirekire, ubushakashatsi bushya bwagaragaje ko hari aho gushyingiranwa bishobora no kugira ingaruka ku buzima bwo mu mutwe, cyane cyane ku ndwara yo kwibagirwa izwi nka Dementia. Ubwo bushakashatsi bwakozwe na Florida State University College of Medicine, bwagaragaje ko abantu bashakanye…

Soma inkuru yose

Dore ingaruka ushobora guhura na zo mu gihe wirengagije gusinzira bihagije

Gusinzira ni kimwe mu bintu abantu benshi badaha agaciro cyane, nyamara ni ingenzi nk’uko kurya no kunywa amazi ari ingenzi ku mubiri. Hari abantu bakunda kuvuga bati “kuryama si akazi”, abandi bakajya bamara amajoro bareba filimi, bakora akazi cyangwa bari ku mbuga nkoranyambaga, bibwira ko gusinzira atari ikibazo gikomeye. Ariko se byagenda bite uramutse uretse…

Soma inkuru yose

Sex toys” mu nzira zo gusimbura abantu mu buriri?

Isi irimo kwinjira mu gihe cy’impinduramatwara mu myumvire ku mibIsionano mpuzabitsina, aho ibikoresho byifashishwa mu gushimisha mu buryo bw’ibanga bizwi nka ‘sex toys’ biri kugenda byifashishwa na benshi, by’umwihariko urubyiruko, abagore n’abagabo batandukanye. Ntabwo naje gukangurira abantu kubikoresha munyumve neza, ahubwo ni uko akariho kavugwa! Ubusanzwe, ibi bikoresho byari bimenyerewe cyane mu bihugu byateye imbere…

Soma inkuru yose

Uburyo telefoni igutera umuhangayiko n’uko wawugabanya

Mu buzima bwa buri munsi, telefoni zigendanwa zimaze kuba igikoresho cy’ingenzi ku bantu benshi. Kuko zibafasha mu itumanaho, mu kazi, mu myigire, my myidagaduro n’ahandi hatandukanye henshi hatuma ikomeza kubabera iy’ingenzi cyane. Icyakora, uko ikoreshwa ryazo rikomeza kwiyongera, ninako hagenda hagaragara ingaruka ku buzima bwo mu mutwe, zirimo umuhangayiko uterwa n’ubutumwa buhora bwinjira muri telefoni…

Soma inkuru yose

Kanseri Ntikiri Indwara y’Abakuze Gusa: Uko Iri Kwibasira Urubyiruko

Mu gihe kanseri yari isanzwe ifatwa nk’indwara yibasira cyane abantu bakuze, ubushakashatsi bushya burerekana ko iri no kwiyongera mu rubyiruko, ibintu bikomeje gutera impungenge ku rwego mpuzamahanga. Ubwiyongere bwa kanseri zitandukanye Abashakashatsi bagaragaje ko hari ubwoko bwinshi bwa kanseri bukomeje kwiyongera, burimo: Ndetse n’iyibasira imyanya myibarukiro Muri izo, kanseri yo mu mara n’iy’ibere ni zo…

Soma inkuru yose

Ikigega ‘Aguka Youth Fund’ kimaze kugeramo miliyari 1,5 Frw, cyitezweho gufasha urubyiruko kwiteza imbere

Ikigega cy’Ingwate cy’Urubyiruko kizwi nka Aguka Youth Fund kimaze kugeramo miliyari 1,5 z’amafaranga y’u Rwanda, mu rwego rwo gufasha urubyiruko kubona inguzanyo zoroshye zo guteza imbere imishinga yarwo. Ibi byatangajwe na Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Jean Népo Abdallah Utumatwishima, mu kiganiro yagiranye n’ikigo cy’itangazamakuru cya Rwanda Broadcasting Agency kuri uyu wa Kabiri tariki ya 5…

Soma inkuru yose

Senateri Dr Uwamariya yasabye urubyiruko kwitondera icyemezo cyo gushaka

Senateri Dr Uwamariya yasabye urubyiruko kwitondera icyemezo cyo gushakaValentine Uwamariya yavuze ko urubyiruko rugiye gushinga ingo rukwiye kubanza gufata umwanya uhagije wo kumenyana no kuganira ku buzima ruzabamo, aho kwinjira mu rushako rwihuse rudafite imitegurire ihamye. Yabigarutseho mu kiganiro cyatambutse kuri Rwanda Broadcasting Agency ku wa 4 Gicurasi 2026, aho yagaragazaga ko ikibazo cy’itandukana ry’abashakanye…

Soma inkuru yose

Sobanukirwa byinshi utari uzi ku Idini rya “Baha’i” rikorera mu Rwanda

Mu mfuruka zitandukanye z’u Rwanda, hari amadini n’amatorero menshi afite imyemerere yihariye, ariko iry’aba-Baha’i riracyari mu ngero zigarukwaho cyane kubera amahame yaryo anyuranye n’ay’andi madini menshi asanzwe amenyerewe. Ni idini rimaze imyaka irenga 70 rishinze imizi ku butaka bw’u Rwanda, aho ryatangiye kuhakorera mu buryo bwemewe mu mwaka wa 1953, rikaba riyoborwa n’inyigisho z’Intumwa Bahá’u’lláh….

Soma inkuru yose

Kuki Twambikana Impeta? Amateka n’Ibisobanuro Byihishe Inyuma Yayo

Mu buzima bwa buri munsi, impeta ni ikintu gifite igisobanuro kinini mu bijyanye n’urukundo n’ishyingiranwa, n’umwanya wihariye cyane. Impeta ni igikoresho cy’ubukwe cyangwa ikimenyetso cy’ubusabane bw’umubano, kikaba gikoreshwa cyane mu mibanire hagati y’abashakanye cyangwa abifuza kubana mu buryo bwemewe n’amategeko. Kwambikana impeta si umuhango uje mu myaka micye ishize, ahubwo ni umuco umaze ibinyejana byinshi…

Soma inkuru yose

Umurimo Unoze” ni rwo rufunguzo u Rwanda rukeneye ngo rwinjire mu bukungu bushingiye ku bumenyi

Tariki ya 1 Gicurasi 2026, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umurimo. Mu gihe u Rwanda rukomeje kwagura amarembo y’ishoramari no kwihutisha impinduramatwara mu bukungu, insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti: “Umurimo unoze, umusingi w’iterambere rirambye.” Iyi ntego ntabwo ari intero isanzwe, ahubwo ni umukoro ukomeye ku bakozi, abakoresha, n’inzego zifata ibyemezo mu rugendo…

Soma inkuru yose
abanyeshuri

Abanyeshuri icumi bagiye guhagararira u Rwanda muri Amerika mu irushanwa ry’ikoranabuhanga

Abanyeshuri 10 bo mu ishuri rya Hope Haven Christian Secondary School berekeje muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho bagiye guhagararira u Rwanda mu cyiciro cya nyuma cy’amarushanwa ya Siyansi, kizabera muri George R. Brown Convention Center. Aba bana ni abatsinze irushanwa rya First Lego League mu mwaka wa 2025-2026 ku rwego rw’igihugu. Amarushanwa ya…

Soma inkuru yose
kubeshya

Byagenda bite abantu bose baretse kubeshya?

Ejo bundi nagiye kurya muri restaurant, maze umuseriveri ambwira ko ibyo nari ntumije biri butware iminota 20. Nubwo nari nshonje cyane ariko numvaga gutegereza iminota 20 nta cyo bitwaye. Byarangiye ntegereje koko, ndategereza isaha irashira. Byatumye nibaza nti byagenda bite abantu bose baramutse babyutse kubeshya babyibagiwe? Mbese kubeshya bitakibaho. Birumvikana ko byagira ingaruka nziza hamwe…

Soma inkuru yose
Uwishema

Uwishema yahembwe n’umuryango ukomeye wo muri Amerika wita ku ndwara zifata ubwonko

Umushakashatsi w’Umunyarwanda mu bijyanye n’indwara z’ubwonko n’imyakura, Dr. Olivier Uwishema, yegukanye igihembo gikomeye cy’ubushakashatsi cyatanzwe n’Umuryango wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika uteza imbere ubuvuzi bw’ubwonko n’imyakura uzwi nka ‘American Academy of Neurology: AAN’. AAN yashinzwe mu 1948. Ni umuryango ukomeye mu bijyanye no guteza imbere ubuvuzi bw’imyakura n’ubwonko ku Isi. Mu 2023 AAN…

Soma inkuru yose
inama

Inama y’abaminisitiri yemeje ifungurwa ry’abarenga 1800

Inama y’Abaminisitiri yaraye iteranye iyobowe na perezida wa Repubulika Paul Kagame yemeje ko abantu 1874 bari bafunzwe bazafungurwa by’agateganyo. Mu itangazo ry’ibyemezo by’iyi nama,rigaragaza imyanzuro y’iyo nama, havugwamo ko hashyizweho iteka rya Minisitiri riteganya ifungurwa ry’agateganyo ry’abantu 1874 bari barakatiwe n’inkiko. Gusa kugeza ubu, ntiharashyirwa ahagaragara urutonde rw’abazarekurwa kandi n’impamvu z’iki cyemezo ntizatangajwe. Iki cyemezo…

Soma inkuru yose
ubusitani

Nyagatare: Huzuye ubusitani bugezweho bwa miliyoni 465 Frw burimo internet y’ubuntu

I Nyagatare huzuye ubusitani bugezweho bwatwaye miliyoni 465 Frw, buzafasha abagenda uyu mujyi kubona ahantu heza ho kuruhukira. Ubu busitani bwiswe Nyagatare Urban Eco Park, bwujujwe hafi y’ibitaro bya Nyagatare mu gishanga gihari. Bwubatswe ku buso bungana na hegitari eshatu, aho bwatwaye miliyoni 465 Frw. Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Nyagatare, Kakooza Henry, yabwiye IGIHE ko…

Soma inkuru yose
Abacuruzi

Abacuruzi basabwe kutazamura ibiciro bitwaje izamuka ry’igiciro cya lisansi

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yasabye abacuruzi bo mu Rwanda kutazamura ibiciro by’ibicuruzwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bitwaje izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli. Tariki ya 16 Mata, Urwego Ngenzuramikorere, RURA, rwazamuye igiciro cya litiro ya lisansi, kigera ku 2938 Frw kivuye ku 2303 Frw, icya mazutu cyo kiguma ku 2205 Frw yari asanzweho kuva tariki ya…

Soma inkuru yose
amafunguro

Ubushakashatsi: Kurya amafunguro amwe buri munsi bishobora kugufasha kugabanya ibiro

Kurya amafunguro amwe buri munsi kandi ayo mafunguro akaba arimo ‘Carlories’ zingana , bishobora gufasha abantu kugabanya ibiro byabo ndetse n’umubyibuho ukabije nk’uko ubushakashatsi bubivuga. Bamwe mu bakoreweho ubwo bushakashatsi , batangiye gutakaza ibiro byabo nyuma y’ibyumweru 12 ,uhereye umunsi batangiriyeho gukurikiza  izo nama nk’uko byanditswe muri ‘Health Psychology ahashyizwe ubwo bushakashatsi. “Hari ibimenyetso byinshi…

Soma inkuru yose
Imirimo idahemberwa

Abagabo basabwe gufatanya n’abagore mu gukora imirimo idahemberwa

Abagabo basabwe gutinyuka bagafatanya n’abagore mu gukora imirimo idahemberwa abashakanye bakora mu ngo z’abo kuko bigira uruhare mu iterambere ry’umuryango n’igihugu muri rusange. Mu biganiro byahuje UN Women mu Rwanda n’abayobozi bashinzwe imibereho myiza mu nzego z’ubuyobozi bw’ibanze, hagaragajwe ko imirimo idahemberwa igira uruhare mu iterambere ry’umuryango nubwo hari abo usanga batabiha agaciro. Itegeko rigenga…

Soma inkuru yose
imishinga

Imishinga itanu iri gukoreshwamo miliyari 735 Frw habungwabungwa ibidukikije

Ibidukikije ni ingingo abantu bamwe na bamwe bakerensa, cyangwa ntibayihe agaciro ariko ikaba inkingi mwikorezi mu buzima bwa buri munsi bwa muntu kuko iyo bititaweho biteza ingaruka zikomeye ubuzima bw’abantu n’ibyabo bigatikira. Tekereza mu cyi hamwe abantu baba biteze izuba ryinshi hakagwa imvura y’amahindu, byinshi bikangirika, cya gihe hitezwe imvura abantu barahinze bikomeye hakava izuba…

Soma inkuru yose
Malariya

U Rwanda rwatangije uburyo bushya bwo guhangana na Malaria

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima, RBC, cyatangije uburyo bushya bwo gukoresha imiti igamije guhangana n’indwara ya Malaria, mu rwego rwo kwirinda ko umuti umwe ukomeza gukoreshwa cyane bikagabanya ubushobozi bwawo bwo kuvura iyi ndwara. RBC ivuga ko gukoresha ubwoko bumwe bw’umuti usanzwe umenyerewe nka Coartem igihe kirekire bishobora gutuma agakoko gatera Malaria kagira ubudahangarwa kuri wo….

Soma inkuru yose
Rihanna

Rihanna yagaragaye akenyeye ‘echarpe’ bitungura benshi

Robyn Rihanna Fenty wamamaye nka Rihanna, yongeye kugaragaza umwihariko mu myambarire ye nyuma yo gufotorerwa i Los Angeles, akenyeye ‘echarpe’ bigatungura benshi. Uyu muco wo kwifubika cyangwa gukenyera uyu mwenda woroshye ku mubiri usanzwe uzwi cyane mu bihugu bya Afurika birimo n’u Rwanda, cyane cyane mu buzima bwo mu rugo bw’abagore nko gukora amasuku, guteka…

Soma inkuru yose